Categories: Amakuru ya RCS

KOMISERI MUKURU WA RCS, CG George RWIGAMBA yasuye Gereza ya Rubavu ASHIMIRA IMFUNGWA N’ABAGORORWA.

Kuwa 08/08/2018  Komiseri mukuru w’Urwego  Rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa  CG George  Rwigamba  yasuye  Gereza ya  Rubavu aganira n’abagororwa ndetse n’abacungagereza.  

CG George  Rwigamba  yashimiye cyane ubuyobozi bwa gereza ya Rubavu n’abagororwa cyane cyane ku ibikorwa  bamaze  kugeraho  nko  kwiyubakira  zimwe munyubako z’agereza ndetse  nimirimo  nyongera  musaruro.

Umugorwa  wavuze mu izinza ry’uhagarariye  abandi  muri  Gereza witwa  Ndererimana  Gaitan  yashimiye  komiseri mukuru wa RCS anamusaba ko yabakorera  ubuvugizi mumategeko  kubagororwa  bireze  bakemera  icyaha cya Genocide,kobajya bafungurwa nabo byagatenyo.

Abagororwa bagera bahamwe nicyaha cya Genocide yakorewe abatusti kuri Gereza ya Rubavu ubu bagera  ku 1,186 bamaze  kwibumbira mu itsinda ry’ubumwe n’ubwiyunge  kandi banifuza ko bajya bafashwa kugera muyandi magereza gutanga ubuhamya buhindura bagenzi babo.

Akomeza atanga urugero kuri Gereza ya Gicumbi ko bagiyeyo gukangurira bagenzi babo bafungiyeyo    kwirega no kwemera icyaha bakoze  cya  Genocide yakorewe  Abatuntsi no kugisabira imbabazi basoje abagera kuri 50 bamaze guhinduka.

Ndererimana yakomeje asaba bimwe mubikoresho nka radio rusange yo gukoresha imbere muri Gereza kugirango bajye bumviraho amakuru yo hanze kandi bamenye niterambere ryo mugihugu.

Komiseri mukuru wa RCS  mugosoza uruzinduko rwe yahaye Imfungwa n’abagororwa Ikimas cyo kurya.

rcspet

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.