Categories: Amakuru ya RCS

CG George RWIGAMBA komiseri mukuru wa RCS ,yakiriye ba Ofisiye 17 barangije amahugurwa ya cadette ya 2018.

Kuruyu wa kabiri taliki ya 14 Kanama 2018 mubirobye komiseri mukuru w’Urwego Rw’igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS, yakiriye ba ofisiye cumi nabarindwi (17) muribo harimo  2 babagore ,

Muri iyo nama komiseri mukuru  wa RCS CG George RWIGAMBA, yatangiye ahamagara buri wese mumazinaye anashima  imyitwarire  bagaragaje  mugihe cyumwaka bamaze igishari mumahugurwa.

Yakomeje  abibutsa  ko urugendo  rutangiye  rwo  kuba ba ofisiye ko kandi bagomba kuzirikana ko binjiye murundi  rwego  bitryo  ko  imyitwarie igomba  guhinduka babera urugero rwiza abacungagereza bato,bagaragaza ibyo bize mwisura nshya ya RCS.

Komiseri mukuru wungirije wa RCS DCG Jeanne Chantal UJENEZA nawe yunzemo ashimira abanyeshuri uburyo bitwaye mumasomo bahawe, akomeza avuga ko abayobozi  babahisemo babizeye hakurikijwe imyifatire bari basanganwe mukazi.

yakomeza abakangurira gusoma ndetse nogusura  imbuga  nkoranyambaga  nkurwa  RCS  www.rcs.gov.rw ,www.twitter.com,www.youtube.com , kuko ariho bazajya basanga ibikorwa bitandukanye bya RCS yasoje  ijambo rye abifuriza nawe ishya nihirwe  mukazi .

Uhagarariye abandi AIP Otis NGOBOKA yatangiye ashimira ubuyubizi icyizere babagiriye cyo kubohereza kumasomo anizeza abayobozi umusaruro munshingano bazabashinga zose, ndetse anavuga ko baje kwisonga  ry’abandi  banyeshuri  bitabiriye  amahugurwa .

Umwe mubakobwa basoje iyi cadet AIP Yvette MUTAMURIZA, yemejeko ntakibazo kidasanzwe bahuye nacyo nkabagore cyumwihariko ko ibyo basaza bababo bakoraga nabo babikoze kandi neza.

Iyi cadet yatangiye kuwa 10 ukwakira 2018 asozwa 10 kanama 2018  I Gishari Ku ishuri rikuru rwa police, mu izina rya presida wa repablika y’urwanda, Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta Johnstom Busigye niwe wabahaye ipeti rya assistant inspector of prison (AIP).

Komiseri mukuru CG George RWIGAMBA, yasoje  abasaba discipline  mukazi  bagiyemo, anashima ko mumasomo bize harimo amategeko bitryo bakwiye kuyakurikiza nkuko status ya RCS yasohotse ibigena, bakava  muri  traditional RCS bakagendana naho RCS igeze yiyubaka,yasoje abifuriza akazi keza.

rcspet

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 hours ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

1 month ago

This website uses cookies.