Gereza ya Nyanza kuri uyu wa 27 Mata 2022, yasuwe n’itsinda riturutse mu bwami bwa Netherlands(United Kingdom of Netherlands), mu rwego rwo kureba uko ubutabera bwo mu Rwanda bukora nuko abanyabyaha boherejwe n’icyo gihugu bakiriwe, uburyo bitabwaho no kunoza ubutabera hagati y’ibyo bihugu.
Mu bibazo babajije Ubuyobozi bwa gereza ni ibijyanye nuko abagororwa bahabwa serivisi z’ubuzima n’uburyo abafite ubumuga bitabwaho muri gereza, baboneraho no kubaza niba Gereza ifite ubushobozi bwo kwakira izindi mfungwa za politiki zaba zivuye muri icyo gihugu, bitewe n’uburyo babonye Imfungwa n’Abagororwa bitabwaho.
Nyuma yo kuganira n’ubuyobozi ndetse no gusura ibikorwa bitandukanye, basuye ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro(TVET) rya Gereza ya Nyanza, kuko n’ubundi basanzwe ari abaterankunga b’uy’umushinga wo kwigisha imfungwa n’abagororwa imyuga itandukanye izabafasha kwihangira imirimo basoje ibihano hirindwa ko bakongera kwishora mu byaha kubera kubura icyo bakora ndetse banaganirije abanyeshuri bari kwiga imyuga kuri iyo gereza.
Abanyeshuri biga imyuga n’ubumenyingiro, bashimiye abaterankunga batekereje igikorwa cyiza cyo kubafasha kwiteza imbere nyuma yo gusoza ibihano, kuko ubumenyi bakura muri iryo shuri ugiye kubwiga mu mashuri yo hanze byaguhenda, banavuga ko ibikoresho bigiraho bigezweho kandi ubumenyi bazahakura buzabafasha kwibeshaho, bakabeshaho n’imiryango yabo ndetse bakateza imbere agace batuyemo n’igihugu muri rusange, ari nabyo bizatuma batongera kwijandika mu byaha byatuma basubira muri gereza.
Mu gusoza uruzinduko, batemberejwe icyumba kimurikirwamo ibyo abanyeshuri biga imyuga n’ubumenyigiro bakora, bishimira intera bagezeho ndetse banabashishikariza kubikora babikunze kuko aribo bizagirira akamaro.https://static.hupso.com/share/js/service.html?r_x=https://rcs.gov.rw/index.php?id=192&w_x=share_toolbar.js&n_x=
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
This website uses cookies.