Categories: Amakuru ya RCS

Itsinda riturutse mubwami bwa netherlands bwasuye gereza ya Nyanza

Gereza ya Nyanza kuri uyu wa 27 Mata 2022, yasuwe n’itsinda riturutse mu bwami bwa Netherlands(United Kingdom of Netherlands), mu rwego rwo kureba uko ubutabera bwo mu Rwanda bukora nuko abanyabyaha boherejwe n’icyo gihugu bakiriwe, uburyo bitabwaho no kunoza ubutabera hagati y’ibyo bihugu.

Mu bibazo babajije Ubuyobozi bwa gereza ni ibijyanye nuko abagororwa bahabwa serivisi z’ubuzima n’uburyo abafite ubumuga bitabwaho muri gereza, baboneraho no kubaza niba Gereza ifite ubushobozi bwo kwakira izindi mfungwa za politiki zaba zivuye muri icyo gihugu, bitewe n’uburyo babonye Imfungwa n’Abagororwa bitabwaho.

Nyuma yo kuganira n’ubuyobozi ndetse no gusura ibikorwa bitandukanye, basuye ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro(TVET) rya Gereza ya Nyanza, kuko n’ubundi basanzwe ari abaterankunga b’uy’umushinga wo kwigisha imfungwa n’abagororwa imyuga itandukanye izabafasha kwihangira imirimo basoje ibihano hirindwa ko bakongera kwishora mu byaha kubera kubura icyo bakora ndetse banaganirije abanyeshuri bari kwiga imyuga kuri iyo gereza.

Abanyeshuri biga imyuga n’ubumenyingiro, bashimiye abaterankunga batekereje igikorwa cyiza cyo kubafasha kwiteza imbere nyuma yo gusoza ibihano, kuko ubumenyi bakura muri iryo shuri ugiye kubwiga mu mashuri yo hanze byaguhenda, banavuga ko ibikoresho bigiraho bigezweho kandi ubumenyi bazahakura buzabafasha kwibeshaho, bakabeshaho n’imiryango yabo ndetse bakateza imbere agace batuyemo n’igihugu muri rusange, ari nabyo bizatuma batongera kwijandika mu byaha byatuma basubira muri gereza.

Mu gusoza uruzinduko, batemberejwe icyumba kimurikirwamo ibyo abanyeshuri biga  imyuga n’ubumenyigiro bakora, bishimira intera bagezeho ndetse banabashishikariza kubikora babikunze kuko aribo bizagirira akamaro.https://static.hupso.com/share/js/service.html?r_x=https://rcs.gov.rw/index.php?id=192&w_x=share_toolbar.js&n_x=

rcspet

Recent Posts

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

7 days ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

1 week ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

2 weeks ago

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

3 weeks ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

4 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

1 month ago

This website uses cookies.