Categories: Amakuru ya RCS

Itsinda riturutse mubwami bwa netherlands bwasuye gereza ya Nyanza

Gereza ya Nyanza kuri uyu wa 27 Mata 2022, yasuwe n’itsinda riturutse mu bwami bwa Netherlands(United Kingdom of Netherlands), mu rwego rwo kureba uko ubutabera bwo mu Rwanda bukora nuko abanyabyaha boherejwe n’icyo gihugu bakiriwe, uburyo bitabwaho no kunoza ubutabera hagati y’ibyo bihugu.

Mu bibazo babajije Ubuyobozi bwa gereza ni ibijyanye nuko abagororwa bahabwa serivisi z’ubuzima n’uburyo abafite ubumuga bitabwaho muri gereza, baboneraho no kubaza niba Gereza ifite ubushobozi bwo kwakira izindi mfungwa za politiki zaba zivuye muri icyo gihugu, bitewe n’uburyo babonye Imfungwa n’Abagororwa bitabwaho.

Nyuma yo kuganira n’ubuyobozi ndetse no gusura ibikorwa bitandukanye, basuye ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro(TVET) rya Gereza ya Nyanza, kuko n’ubundi basanzwe ari abaterankunga b’uy’umushinga wo kwigisha imfungwa n’abagororwa imyuga itandukanye izabafasha kwihangira imirimo basoje ibihano hirindwa ko bakongera kwishora mu byaha kubera kubura icyo bakora ndetse banaganirije abanyeshuri bari kwiga imyuga kuri iyo gereza.

Abanyeshuri biga imyuga n’ubumenyingiro, bashimiye abaterankunga batekereje igikorwa cyiza cyo kubafasha kwiteza imbere nyuma yo gusoza ibihano, kuko ubumenyi bakura muri iryo shuri ugiye kubwiga mu mashuri yo hanze byaguhenda, banavuga ko ibikoresho bigiraho bigezweho kandi ubumenyi bazahakura buzabafasha kwibeshaho, bakabeshaho n’imiryango yabo ndetse bakateza imbere agace batuyemo n’igihugu muri rusange, ari nabyo bizatuma batongera kwijandika mu byaha byatuma basubira muri gereza.

Mu gusoza uruzinduko, batemberejwe icyumba kimurikirwamo ibyo abanyeshuri biga  imyuga n’ubumenyigiro bakora, bishimira intera bagezeho ndetse banabashishikariza kubikora babikunze kuko aribo bizagirira akamaro.https://static.hupso.com/share/js/service.html?r_x=https://rcs.gov.rw/index.php?id=192&w_x=share_toolbar.js&n_x=

rcspet

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

19 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.