Categories: Amakuru ya RCS

Itsinda riturutse mubwami bwa netherlands bwasuye gereza ya Nyanza

Gereza ya Nyanza kuri uyu wa 27 Mata 2022, yasuwe n’itsinda riturutse mu bwami bwa Netherlands(United Kingdom of Netherlands), mu rwego rwo kureba uko ubutabera bwo mu Rwanda bukora nuko abanyabyaha boherejwe n’icyo gihugu bakiriwe, uburyo bitabwaho no kunoza ubutabera hagati y’ibyo bihugu.

Mu bibazo babajije Ubuyobozi bwa gereza ni ibijyanye nuko abagororwa bahabwa serivisi z’ubuzima n’uburyo abafite ubumuga bitabwaho muri gereza, baboneraho no kubaza niba Gereza ifite ubushobozi bwo kwakira izindi mfungwa za politiki zaba zivuye muri icyo gihugu, bitewe n’uburyo babonye Imfungwa n’Abagororwa bitabwaho.

Nyuma yo kuganira n’ubuyobozi ndetse no gusura ibikorwa bitandukanye, basuye ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro(TVET) rya Gereza ya Nyanza, kuko n’ubundi basanzwe ari abaterankunga b’uy’umushinga wo kwigisha imfungwa n’abagororwa imyuga itandukanye izabafasha kwihangira imirimo basoje ibihano hirindwa ko bakongera kwishora mu byaha kubera kubura icyo bakora ndetse banaganirije abanyeshuri bari kwiga imyuga kuri iyo gereza.

Abanyeshuri biga imyuga n’ubumenyingiro, bashimiye abaterankunga batekereje igikorwa cyiza cyo kubafasha kwiteza imbere nyuma yo gusoza ibihano, kuko ubumenyi bakura muri iryo shuri ugiye kubwiga mu mashuri yo hanze byaguhenda, banavuga ko ibikoresho bigiraho bigezweho kandi ubumenyi bazahakura buzabafasha kwibeshaho, bakabeshaho n’imiryango yabo ndetse bakateza imbere agace batuyemo n’igihugu muri rusange, ari nabyo bizatuma batongera kwijandika mu byaha byatuma basubira muri gereza.

Mu gusoza uruzinduko, batemberejwe icyumba kimurikirwamo ibyo abanyeshuri biga  imyuga n’ubumenyigiro bakora, bishimira intera bagezeho ndetse banabashishikariza kubikora babikunze kuko aribo bizagirira akamaro.https://static.hupso.com/share/js/service.html?r_x=https://rcs.gov.rw/index.php?id=192&w_x=share_toolbar.js&n_x=

rcspet

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.