Categories: Amakuru ya RCS

Gahunda ya leta ntabwo ari ugufunga uhubwo ni ukugorora uwahamwe n’icyaha

Nkuko Nyakubahwa Alfred Gasana, Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu yabigarutseho mu kiganiro aheruka gukorana n’ikinyamakuru IGIHE mu cyumweru gishize, yavuze ko gahunda ya leta atari ugufunga ahubwo ari ukugorora bategura uwakoze icyaha kuzasubira mu buzima busanzwe yarahindutse.

Mu mushinga uri gutegurwa wo guhindurira izina Urwego rw’Igihigu rushinzwe imfungwa n’abagororwa, kikaba Ikigo cy’Igihugu cy’Igorora,  bijyanye na gahunda ya Leta yo kugorora abahamijwe ibyaha n’inkiko aho kubafunga gusa kuko gufunga aho yatanze urugero ko ushobora gufunga umuntu wibye inkoko akazasohoka yarabaye umwicanyi ruharwa, niyo mpamvu hari gutekerezwa uko uwahamijwe ibyaha n’inkiko bikaba ngombwa ko ajya gukora igihano cy’icyaha yakoze muri gereza yazajya afashwa akahava hari impinduka agaragaza  mu gihe asoje ibihano.

Mu buryo bwo kugorora buzajya bukoreshwa, harimo kwigisha imfungwa n’abagororwa amasomo yiganjemo imyuga n’ubumenyingiro byafasha usoje igihano kwihangira umurimo no kwiteza imbere, ufite umuryango nawe akawuteza imbere hagamijwe gukumira insubiracyaha, kuko iyo abantu benshi basozaga ibihano ugasanga bagarutse muri gereza vuba bitewe n’uko yasanze iterembere ryamusize agahita yishora mu byaha bitandukanye byatumaga yisanga yagarutse gufungwa.

Kugeza ubu kuri za gereza zitandukanye hamaze kubakwa  amashuri n’ibikorwa remezo  bitandukanye, byigirwamo imyuga itandukanye  byanatangiye gukoreshwa, aho bamwe mu batangiranye nabyo banasoje bahabwa impamyabushobozi zitangwa na WDA ikigo cy’Igihugu gishinzwe amashuri yigisha imyuga n’ubumenyingiro ndetse abasoje ibihano bagasubira mu buzima busanzwe ni abatangabuhamya bavuga ko byabagiriye akamaro.

Ni umushinga uri munyigo ndetse mu minsi ishize hari inkuru zatambutse zivuga ko hagiye kuzashyirwaho kaminuza muri gereza abari muri gereza bakajya bakomerezamo amashuri nk’abandi Banyarwanda bose.

                                                                                                   Aba ni bamwe mu bari basoje kwiga imyuga n’ubumenyingiro bahawe impamyabushobozi(certificat)

                                                                             Umuhango wo gutanga impamyabumenyi ku basoje amasomo witabirwa n’inzego zitandukanye.

rcspet

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.