Ibi byabaye mu rwego rwo kwimakaza umuco wo gukunda siporo nkuko leta yigomwe amasaha ya nyuma ya saa sita buri wa gatanu w’icyumweru, abakozi bose bakitabira siporo mu rwego rwo kurushaho kwita ku bakozi bayo, bagakora akazi bafite ubuzima bwiza kuko siporo ku bayikora ari ubuzima, ndetse n’abayobozi bakuru b’Igihugu bafata umwanya bakajyana n’abaturage muri siporo mu rwego rwo kuyibakundisha kuko bazi ibyiza byayo ari nabyo baba bifuriza abaturage bayo.
Abatabiriye uyu mukino impande zombi zawishimiye ndetse bifuza ko gahunda nkiyo yahoraho kuko aba ari n’umwanya wo gusabana hagati y’abakozi ndetse no kurwanya zimwe mu ndwara zandurira mukudakora siporo kandi banifuje ko habaho kongera gutegura undi mukino uzabahuza wafatwa nko kwishyura amakipe akongera agahura, bakongera kwipima ubundi ubusabane bugakomeza.
Umuyobozi w’Igororero rya Nyagatare SP Donatha Mukankuranga yashimangiyeko umukino uhuza abantu kugirango bishime, basabane kandi barusheho kugira ubufatanye mu byo bakora ndetse bashimangira ko ubu busabane buzahoraho.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.