Categories: Amakuru ya RCSSlider

Itorerero rya ADEPR  ryakoze ivugabutumwa ku Igororero rya Musanze rinabatiza bamwe mu bayoboke baryo bahagororerwa

Muri iryo vugabutumwa mbemburamitima riba rikenewe ku muntu uri mu Igororero, nubwo aba yarakoze icyaha ryabatirijwemo Abantu bafunzwe n’Abagororwa bose hamwe 71, bigishwa kandi uburyo umukirisitu nyawe agomba kugira imyitwarire imutandukanya n’abandi mu migenzereze ye ya buri munsi mu mibanire ye n’abandi, aho agomba kurangwa no gusenga, kujya Inama, gukora ibikorwa by’urukundo, gufashanya n’abandi ikiruta ibindi byose akubaha abamuyobora kuko ubuyobozi buturuka ku Mana, uba utagetswe kubaha umuntu ukuyobora aho ava akagera.

Mu myemerere ubundi habaho ibikorwa bitandukanye bituma abayoboke biyumvamo ko abanyetorero bafite ubumuntu, aho bisabwa ko hagira ibikorwa by’urukundo bikorwa kugirango bagaragaze kugiraneza kw’Imana, ari nako ku Igororero rya Musanze Itorero rya ADEPR, ryatanze ibikoresho bitandukanye bizafasha Abantu bafunzwe n’Abagororwa bahagororerwa dore ko iryo gororero ririmo n’igice kigororerwamo abagore, hatangwa ibikoresho by’isuku, nk’amasabune, amavuta, ibikoresho byifashishwa n’abagore mu gihe cy’ukwezi, imyambaro y’abagabo, abagore ndetse n’imyenda y’abana babana n’ababyeyi babo batarageza igihe cyo gutandukanywa nabo hiyongeraho n’ibiribwa aho batanze amata, isukari, ifu ya sosoma n’ibisuguti.

Umuyobozi w’Igororero rya Musanze SP Innocent Ngirikiringo, yavuze ko ushize mu gaciro ibikoresho byatanzwe ku Bantu bafunzwe ku Igororero rya Musanze ibyatanzwe bifite agaciro gasaga miliyoni 8 ndetse ishimira iri torero ku musanzu waryo kuko ibikorwa nk’ibi biri mu rwego rwo kugorora.

Habaye umubatizo habatizwa abayoboke b’iryo torero 71.
Mu ivugabutumwa ryatanzwe ku bantu bafunzwe bigishijwe uburyo umukirisitu agomba gutandukana n’abandi mu myitwarire.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

4 weeks ago

This website uses cookies.