Muri iryo vugabutumwa mbemburamitima riba rikenewe ku muntu uri mu Igororero, nubwo aba yarakoze icyaha ryabatirijwemo Abantu bafunzwe n’Abagororwa bose hamwe 71, bigishwa kandi uburyo umukirisitu nyawe agomba kugira imyitwarire imutandukanya n’abandi mu migenzereze ye ya buri munsi mu mibanire ye n’abandi, aho agomba kurangwa no gusenga, kujya Inama, gukora ibikorwa by’urukundo, gufashanya n’abandi ikiruta ibindi byose akubaha abamuyobora kuko ubuyobozi buturuka ku Mana, uba utagetswe kubaha umuntu ukuyobora aho ava akagera.
Mu myemerere ubundi habaho ibikorwa bitandukanye bituma abayoboke biyumvamo ko abanyetorero bafite ubumuntu, aho bisabwa ko hagira ibikorwa by’urukundo bikorwa kugirango bagaragaze kugiraneza kw’Imana, ari nako ku Igororero rya Musanze Itorero rya ADEPR, ryatanze ibikoresho bitandukanye bizafasha Abantu bafunzwe n’Abagororwa bahagororerwa dore ko iryo gororero ririmo n’igice kigororerwamo abagore, hatangwa ibikoresho by’isuku, nk’amasabune, amavuta, ibikoresho byifashishwa n’abagore mu gihe cy’ukwezi, imyambaro y’abagabo, abagore ndetse n’imyenda y’abana babana n’ababyeyi babo batarageza igihe cyo gutandukanywa nabo hiyongeraho n’ibiribwa aho batanze amata, isukari, ifu ya sosoma n’ibisuguti.
Umuyobozi w’Igororero rya Musanze SP Innocent Ngirikiringo, yavuze ko ushize mu gaciro ibikoresho byatanzwe ku Bantu bafunzwe ku Igororero rya Musanze ibyatanzwe bifite agaciro gasaga miliyoni 8 ndetse ishimira iri torero ku musanzu waryo kuko ibikorwa nk’ibi biri mu rwego rwo kugorora.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.