Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ibarurura Rusange  ry’Abaturage n’Imiturire ririmokorwa mu Rwanda hose, muri gereza naho ntihasigaye

Nkuko ibarura rireba buri Muturarwanda wese, abari muri za gereza zose mu Gihugu nabo bagomba kwitabira Iki gikorwa kuko nabo ari Abaturarwanda, akaba ariyo mpamvu kuri za Gereza zose hatangiye igikorwa cyo kubarura abazirimo, imibare yabonetse ikazahuzwa n’iyakusanyijwe mu ntara no mu turere dutandukanye hagamijwe kumenya umubare nyakuri w’abaturage igihugu gifite, ibi bikanafasha mu igenamigambi rigamije iterambere ryabo bijyanye n’imibare yakusanyijwe mu ibarura igihe ryakorwaga.

Bamwe mu bagororwa babaruwe baravuga ko bishimiye iki gikorwa cy’ibarura rusange kuko bibereka ko nabo Igihugu kibatekerezaho.

Makuza Anastase  umugororwa wa Gereza ya Rusizi aravuga ko yashimishijwe nuko yabonye baje kubabarura bari muri gereza.

Yagize ati ” Twishimiye kubona abakarani b’ibarura baje kutubarura muri gereza. Twumvaga ko ibarura niritangira bazabarura abo hanze twe bitatureba ariko siko byagenze, batubaruye natwe nk’abandi Banyarwanda bose nubwo twe twumvaga bazabaza amakuru imiryango yacu  twe ntibatugereho ariko twatunguwe, nukuri turishimye cyane.”

Ngirimana Daniel nawe ugororerwa muri gereza ya Rusizi nawe aravuga ko ashimira Leta y’u Rwanda iha agaciro buri muturarwanda wese.

Yagize ati ” Ni iby’agaciro gakomeye kuba buri munyarwanda wese aba agomba guhabwa agaciro akwiriye, mubyukuri nubwo turi muri gereza turi abaturage b’igihugu cy’U Rwanda, ibarura riba rifitiye akamaro buri munyarwanda wese niyo mpamvu Leta yacu iba yatekereje n’abari muri gereza bakabarurwa nk’abandi baturarwanda bose.”

Iki gikorwa cy’abarura rusange biteganyijwe ko kizamara igihe kingana n’ibyumweru bibiri, nyuma yaho hagahuzwa amakuru ku byakusanyijwe muri iri barura ubundi hakamenyekana umubare nyawo w’Abaturarwanda ibi bikaba binoroshya mu igenamigambi ry’igihugu.

Abari muri za gereza bashimishijwe n’uburyo babaruwe nk’abandi banyarwanda bose.

Iri barura rirareba buri Muturarwanda wese, hagamijwe kumenya umubare igihugu gifite.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

7 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.