Nkuko ibarura rireba buri Muturarwanda wese, abari muri za gereza zose mu Gihugu nabo bagomba kwitabira Iki gikorwa kuko nabo ari Abaturarwanda, akaba ariyo mpamvu kuri za Gereza zose hatangiye igikorwa cyo kubarura abazirimo, imibare yabonetse ikazahuzwa n’iyakusanyijwe mu ntara no mu turere dutandukanye hagamijwe kumenya umubare nyakuri w’abaturage igihugu gifite, ibi bikanafasha mu igenamigambi rigamije iterambere ryabo bijyanye n’imibare yakusanyijwe mu ibarura igihe ryakorwaga.
Bamwe mu bagororwa babaruwe baravuga ko bishimiye iki gikorwa cy’ibarura rusange kuko bibereka ko nabo Igihugu kibatekerezaho.
Makuza Anastase umugororwa wa Gereza ya Rusizi aravuga ko yashimishijwe nuko yabonye baje kubabarura bari muri gereza.
Yagize ati ” Twishimiye kubona abakarani b’ibarura baje kutubarura muri gereza. Twumvaga ko ibarura niritangira bazabarura abo hanze twe bitatureba ariko siko byagenze, batubaruye natwe nk’abandi Banyarwanda bose nubwo twe twumvaga bazabaza amakuru imiryango yacu twe ntibatugereho ariko twatunguwe, nukuri turishimye cyane.”
Ngirimana Daniel nawe ugororerwa muri gereza ya Rusizi nawe aravuga ko ashimira Leta y’u Rwanda iha agaciro buri muturarwanda wese.
Yagize ati ” Ni iby’agaciro gakomeye kuba buri munyarwanda wese aba agomba guhabwa agaciro akwiriye, mubyukuri nubwo turi muri gereza turi abaturage b’igihugu cy’U Rwanda, ibarura riba rifitiye akamaro buri munyarwanda wese niyo mpamvu Leta yacu iba yatekereje n’abari muri gereza bakabarurwa nk’abandi baturarwanda bose.”
Iki gikorwa cy’abarura rusange biteganyijwe ko kizamara igihe kingana n’ibyumweru bibiri, nyuma yaho hagahuzwa amakuru ku byakusanyijwe muri iri barura ubundi hakamenyekana umubare nyawo w’Abaturarwanda ibi bikaba binoroshya mu igenamigambi ry’igihugu.
Abari muri za gereza bashimishijwe n’uburyo babaruwe nk’abandi banyarwanda bose.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
This website uses cookies.