Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ibarurura Rusange  ry’Abaturage n’Imiturire ririmokorwa mu Rwanda hose, muri gereza naho ntihasigaye

Nkuko ibarura rireba buri Muturarwanda wese, abari muri za gereza zose mu Gihugu nabo bagomba kwitabira Iki gikorwa kuko nabo ari Abaturarwanda, akaba ariyo mpamvu kuri za Gereza zose hatangiye igikorwa cyo kubarura abazirimo, imibare yabonetse ikazahuzwa n’iyakusanyijwe mu ntara no mu turere dutandukanye hagamijwe kumenya umubare nyakuri w’abaturage igihugu gifite, ibi bikanafasha mu igenamigambi rigamije iterambere ryabo bijyanye n’imibare yakusanyijwe mu ibarura igihe ryakorwaga.

Bamwe mu bagororwa babaruwe baravuga ko bishimiye iki gikorwa cy’ibarura rusange kuko bibereka ko nabo Igihugu kibatekerezaho.

Makuza Anastase  umugororwa wa Gereza ya Rusizi aravuga ko yashimishijwe nuko yabonye baje kubabarura bari muri gereza.

Yagize ati ” Twishimiye kubona abakarani b’ibarura baje kutubarura muri gereza. Twumvaga ko ibarura niritangira bazabarura abo hanze twe bitatureba ariko siko byagenze, batubaruye natwe nk’abandi Banyarwanda bose nubwo twe twumvaga bazabaza amakuru imiryango yacu  twe ntibatugereho ariko twatunguwe, nukuri turishimye cyane.”

Ngirimana Daniel nawe ugororerwa muri gereza ya Rusizi nawe aravuga ko ashimira Leta y’u Rwanda iha agaciro buri muturarwanda wese.

Yagize ati ” Ni iby’agaciro gakomeye kuba buri munyarwanda wese aba agomba guhabwa agaciro akwiriye, mubyukuri nubwo turi muri gereza turi abaturage b’igihugu cy’U Rwanda, ibarura riba rifitiye akamaro buri munyarwanda wese niyo mpamvu Leta yacu iba yatekereje n’abari muri gereza bakabarurwa nk’abandi baturarwanda bose.”

Iki gikorwa cy’abarura rusange biteganyijwe ko kizamara igihe kingana n’ibyumweru bibiri, nyuma yaho hagahuzwa amakuru ku byakusanyijwe muri iri barura ubundi hakamenyekana umubare nyawo w’Abaturarwanda ibi bikaba binoroshya mu igenamigambi ry’igihugu.

Abari muri za gereza bashimishijwe n’uburyo babaruwe nk’abandi banyarwanda bose.

Iri barura rirareba buri Muturarwanda wese, hagamijwe kumenya umubare igihugu gifite.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.