Categories: Amakuru ya RCSSlider

Minisitiri Gasana yitabiriye umuhango wo gusezerera mu cyubahiro bacungagereza 86 bagiye kiruhuko cy’izabukuru

(Rtd) CP Peter kagarama wavuze mu izina ry’abaserewe yavuze ko bishimira akazi bakoze bakaba basezerewe mu cyubahiro ko ari iby’agaciro kuri bo.

Yagize ati ” kugirango RCS igere aho igeze ubu byasabye imbaraga nyinshi ubwitange, urukundo n’umurava hari byinshi byagezweho tubigizemo uruhare arinabyo twishimira uyumunsi, gusa ibi ntibyari kugerwaho hatabayeho ubufatanye hagati yacu ndetse n’izindi nzego n’abafatanyabikorwa, ndashimira buri wese ku musanzu yatanze kugirango bigerweho, ndashimira kandi Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ku buyobozi bwe bwiza bureba kure.”

Yakomeje asaba kandi abasigaye mu kazi gukomeza gukorera hamwe mu Rukundo, umurava n’ubwitange kuko aribyo bizatuma hakomeza kubaho iterambere ry’urwego muri rusange kandi anasaba abasezerewe bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru  kuzitwara neza baheshya igihugu ishema.

Minisitiri Gasana mu ijambo yavuze muri uyu muhango yabwiye abasezerewe ko nubwo basoje inshingano batavuye mu muryango mugari wa RCS, ababwira ko bagomba kwiyumva mu nshingano igihe cyose.

Yagize ati”Mbanje gushimira mwese mwitabiriye uyu muhango wo gusezerera abacungagereza bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru harimo ba Komiseri, ofisiye n’abacungagereza bato, ibi ni gahunda yo gushyira mu bikorwa imyanzuro y’Inama y’abaminisitiri yateranye kuwa 29/07/2022, ikemeza ko abacungagereza 86 bagomba kujya mu kiruhuko cy’izabukuru, ibi kandi bikaba biteganywa na sitati yihariye Igenga Abacungagereza mu ngingo yayo ya 73, nkaba mbashimira imbaraga, ubwitange n’umurava mwagaragaje mu gihe cyose mwakoreye uru rwego, Ndabibutsa kandi ko nubwo mugiye mu kiruhuko cy’izabukuru, muzakomeza kuba mu muryango mugari wa RCS, Kandi na RCS ntabwo izabibagirwa.”

Yakomeje abasaba kandi ko bijyanye n’uburambe bafite mu by’umutekano bazafatanya n’inzego z’umutekano ndetse n’inzego z’ibanze  bagira uruhare mu iterambere ry’igihugu ndetse anababwira ko hari igihe bakongera kwitabazwa bibaye ngombwa, ko ntakuzuyaza bazitabana ibakwe.

Uyu ni umuhango ukorwa hasezererwa abakozi baba bageze mu zabukuru, bagasezererwa mucyubahiro mu rwego rwe kubashimira umusanzu wabo baba baratanze igihe bari bakiri mu kazi, ibi bikaba bikorwa mu nzego zose iyo umuntu ageze mu kigero cy’imyaka kiba cyarashizweho n’ikigo runaka.

Hon. Min. Gasana Alfred aha urupapuro rw’ishimwe (Certificat) CP Peter Kagarama wari komiseri ukuriye Diviziyo y’umusaruro muri RCS.
ACP John Karasira nawe ari mubaserewe bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru.
CSP John Murara ubwo yahabwaga na komiseri Mukuru urupapuro rw’ishimwe ku bwitange n’umurava yagaragaje igihe yari ari mukazi.
(Rtd) CP Peter Kagarama niwe wavuze mumwanya wabaserewe bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru.
Hon. Gasana yavuze ko abasezerewe nubwo bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru bakibarirwa mu muryango mugari wa RCS.
Ubwo Minisitiri Gasana yageraga ku cyicaro gikuru yahawe ikaze na ba komiseri bombi ba RCS, na porokereri mukuru w’urukiko rwa Gasabo Mushimiyimana Francoise.
Abitabiriye uyu muhango basangiye n’abaserewe mu buryo bwo kubereka ko ari abagaciro.
Abaserewe n’abakiri mu kazi bara banezerewe bigaragarira amaso kubabareba.
Bari banezerewe baganira ku mvune bagiye bahura nazo mukazi ariko bakagaragaza ubwitange n’umurava no gukunda igihugu bigatuma bagera ku ntego.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

7 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.