Categories: Amakuru ya RCSSlider

Hari abagira amahirwe bakungukira mu gifungo, bakiga gusoma no kwandika bari muri gereza

Aba ni bamwe mu bagororwa bo kuri gereza ya Rusizi, bavuga ko nubwo ntawishimira igifungo  ariko hari igihe bamwe babigiriramo amahirwe bakungukira ubumenyi batari kuzabona iyo bataza gufungwa, bakavuga ko aribwo buryo bwiza bwo kugorora kuko ngo na nyuma yo gusoza ibihano ibyo bize bazabibyaza umusaruro bitandukanye na mbere aho benshi bajyaga mu bidafite umumaro aho kwiga ibyabageza ku iterambere, bakanavuga ko bashima leta y’U Rwanda idahwema kubitaho kuko na nyuma yo kwiga gusoma, kubara ndetse no Kwandika hari abahita bakomerezaho bakiga imyuga itandukanye izabafasha kwiteza imbere n’imiryango yabo.

Muhire Aphrodis ni umwe mu bagororwa ba gereza ya Rusizi, aravuga ko nubwo yisanze yaguye mu cyaha kimuzana muri gereza, yabaye n’amahirwe yo kwiga gusoma no kwandika.

Yagize ati” Mubyukuri ntawe ushimishwa n’igihano cyo gufungwa, gusa hari aho biba amahirwe kuri bamwe muri twe, nkanjye naje muri gereza ntazi gusoma no kwandika, ariko maze kugera ku rugero rwiza rushimishije aho nakwisomera ikinyamakuru cyangwa se urwandiko umuryango wanyandikiye, ni ibintu byanshimishije cyane kandi ubu nkomeje kwiga indimi zitandukanye kuko nabonye ko uyu ari umwanya mwiza nakoresha aho kwirirwa mu bidafite umumaro.”

Kayiranga Emmanuel nawe yunze mu rye avuga ko mu byamushimishije ari ubumenyi yakuye muri gereza mu gihe yabonaga muri gereza ari aho kwigungira gusa ahubwo yahigiye byinshi.

Yagize ati ” Niba hari ibintu nakwita ko ari amahirwe nagize ni ubumenyi nungukiye muri gereza, ntabwo nari naragize amahirwe yo kujya mu ishuri ngeze hano nsanga bafasha abantu badafite icyo bazi ku bijyanye n’amashuri nanjye narindi muri abo, natangiye kwiga gusoma, kubara ndetse no Kwandika ubu nkaba ngeze ku rwego rwiza kandi ndateganya kuzakomeza kwiga izindi ndimi kuko navuga ko ari umwanya mwiza mbonye wo kwiga ntabindi bimpugije.”

Murenzi Emile umwe mu barimu bafasha bamwe mu bataragize amahirwe yo kugana ishuri aravuga ko bagira ibyiciro bitandukanye ku bantu bifuza kwiga bari muri gereza.

Yagize ati” Muri gereza tugira abantu bifuza kwiga bari mu byiciro bitandukanye, aribyo abatangizi, abari hagati ndetse n’abandi bafite ikigero runaka bagezeho bakeneye kwiyungura ubumenyi butandukanye cyane nk’abashaka kwiga ikidage, igishinwa n’izindi ndimi, ibyo byiciro rero mu kubyigisha ahanini twibanda ku batangizi n’abandi baba bataragize amahirwe yo gukandagira mu ishuri bakenera kwitabwaho byumwihariko, kandi usanga ari ibintu byiza kuko benshi basoza ibihano baramenye gusoma no kwandika ibi tukaba tubishimira leta yacu kuko n’’ibikoresho dukoresha ahanini nibo babiduha ndetse bakanaduha umwanya wo kubikora twisanzuye ntawe babangamiye.”

Nkuko leta y’u Rwanda yashize imbaraga mu burezi no muri gereza naho hatekerejweho aho ababishaka biga amasomo atandukanye ndetse hakiyongeraho imyuga n’ubumenyingiro  bihabwa abageze ku rwego runaka kuko kugira ngo wige umwuga bisaba kuba uzi gusoma no kwandika.

Muri gereza bagiramo ibibaho byo kwigiraho ndetse n’ibikoresho byo kwifashisha bari kwiga.
Abigira muri gereza usanga bashishikaye kuko aba ari amahirwe bagize yo kunguka ubumenyi.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.