Ni umushinga wa Leta y’u Rwanda, uzagirwamo uruhare na kaminuza yigisha amategeko yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Pepperdine Caruso School of Law, aho kuwa 11 Kanama 2022, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr Faustin Ntezilyayo na Scott F. Leist wari uhagarariye Kaminuza ya Pepperdine bashyize umukono kuri aya masezerano, abandi bagakurikira uwo muhango hifashishijwe ikoranabuhanga, ayo masezerano akaba azamara imyaka itanu nibiba ngombwa akanongerwa, aho azibanda ku kwirega no kwemera icyaha ku munyabyaha bizwi nka ‘Plea bargaining procedure’ aho umucamanza mu bushishozi bwe ashobora kugabanya igihano bitewe nuko uregwa yorohereje ubutabera.
Muri iri geragezwa uwakoze icyaha biba ngombwa ko agirana amasezerano n’Ubushinjacyaha, abifashijwemo n’umwavoka, bakumvikana ko igihano yari guhabwa gishobora kugirwa igice cyangwa se kigakurwaho ubundi ayo masezerano akemezwa n’urukiko mu rwego rwo kugabanya kohereza muri gereza umuntu wese wakoze icyaha kuko ibyo byaha biri mu bikunda gukorwa cyane ugasanga biri mu bya mbere byongera ubucucike muri za gereza.
Umusaruro witezwe muri aya masezerano bijyanye n’uburyo yateguwemo bigizwemo uruhare n’inzego zose zifite aho zihurira n’ubutabera, nuko ikintu cy’ingenzi ari uko uwakoze icyaha agira uruhare mu kubaka umuryango Nyarwanda binyuze mu gukosora amakosa yakoze, gufasha cyangwa kumvikana n’inzego zikurikirana uwakoze icyaha agahuzwa nuwo yagikoreye akamusaba imbabazi akanamwereka ko yicujije atazagisubiramo kandi twizeye ko bizatanga umusaruro kandi bikazanafasha kwihutisha ubutabera no kugabanya umubare w’ibirego biri mu bugenzacyaha, ubushinjacyaha, mu nkiko ndetse n’umubare w’abinjira muri za gereza aho umubare w’abinjira ukomeza kwiyongera umunsi ku munsi.
Uyu mushinga nutangira uzafasha mu kubaka uburyo butuma icyemezo cyo gufunga kiba amahitamo ya nyuma ku muntu uzaba wakoze icyaha runaka kandi binafashe impande zombi haba kuwakorewe icyaha n’uwagikoze, akaba ari n’uburyo bwiza bwo kunga Abanyarwanda bikaba biteganyijwe ko uzatangira kugeragerezwa mu Nkiko zisumbuye za Gasabo, Nyarugenge, Muhanga, Gicumbi na Musanze.
Mu gutangira hazatangwa amahugurwa ku bagenzacyaha, abashinjacyaha, abavoka n’abakozi ba za gereza mu gusobanurirwa neza imikorere y’uyu mushinga n’umusaruro witezwemo.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.