Ryari rifite insanganyamatsiko igira iti” Ibaruze kuko uri uwagaciro” nkuko byari biteganyijwe ko rizasozwa kuwa 30 kanama 2022, niko byagenze mu Gihugu hose haraye hasojwe icyo gikorwa ndetse no muri gereza rirasozwa kuko abarimo nabo bagombaga kubarurwa nk’abandi baturarwanda bose bari mu gihugu, aho hari abakarani b’ibarura b’abacungagereza babihuguriwe akaba aribo bakoze icyo gikorwa muri za gereza.
Muri gereza zose abarimo bose barabaruwe kandi bose wabonaga ko ari ikikorwa bishimiye, ko Leta ibatekerezaho mu igenamigambi iteganya ryose itajya ibibagirwa ko nubwo umuntu aba ari muri gereza aba agifite agaciro nk’akundi munyarwanda wese kuko ari gahunda ya Leta yo kumenya abaturage igihugu gifite bikanoroshya igena mugambi mu gihe hari gutegurwa ibikorwa bigenewe abaturage.
Iki gikorwa cy’ibarura rusange gikorwa buri myaka icumi, imibare ivuyemo ikaba igaragaza abaturage igihugu gifite aho kugeza ubu ibarura ryakorwaga ari irya gatanu.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.