Categories: Amakuru ya RCS

Gusura imfungwa n’abagororwa ni inshingano zacu- Minisitiri w’umutekano mu Gihugu

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu yavuze ko ari ngombwa gusura za Gereza kenshi kugira ngo arebe ibibazo abazifungiyemo bafite n’uburyo bigomba gukemuka ndetse banagezweho gahunda zinyuranye z’Igihugu. Yongeyeho kandi ko biri no mu nshingano ze we n’abo bafatanya mu kazi ka buri munsi.

Muri uru ruzinduko rwe kuri Gereza ya Muhanga, Minisitiri Mussa Fazil Harerimana yasabye imfungwa n’abagororwa kurangwa n’ubunyarwanda birinda ikintu cyose cyaganisha u Rwanda mu macakubiri y’amoko kuko ari yo yabaye intandaro ya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ministre Fazil yabibukije ko mu muco nyarwanda iyo umuntu wo mu muryango yakosaga, yemeraga icyaha yakoze maze agasaba imbabazi. Ni muri urwo rwego yaasabye abagororwa bo muri Gereza ya Muhanga batarasaba imbabazi abo bahemukiye gutera intambwe zo kubikora kandi bakabikora bibavuye ku mutima.

Ministre Fazil Harerimana yakomeje abwira abagororwa bo muri iyo gereza ko Igihugu gikora byinshi kugira ngo bagire imibereho myiza, bityo abasaba na bo ko bagira uruhare mu iterambere ry’Igihugu bakora ibikorwa nyongeramusaruro.

Abagororwa babajije niba umuntu ufunze ashobora kubona amafaranga ya pansiyo maze Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu abasubiza ko itegeko ryari risanzwe ritabyemera ko ariko ririmo kuvugururwa kugira ngo uwabashije uwabashije kwiteganyiriza ubwo burenganzira abuhabwe.

DK

Recent Posts

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

7 days ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

1 week ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

2 weeks ago

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

3 weeks ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

4 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

1 month ago

This website uses cookies.