Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu yavuze ko ari ngombwa gusura za Gereza kenshi kugira ngo arebe ibibazo abazifungiyemo bafite n’uburyo bigomba gukemuka ndetse banagezweho gahunda zinyuranye z’Igihugu. Yongeyeho kandi ko biri no mu nshingano ze we n’abo bafatanya mu kazi ka buri munsi.
Muri uru ruzinduko rwe kuri Gereza ya Muhanga, Minisitiri Mussa Fazil Harerimana yasabye imfungwa n’abagororwa kurangwa n’ubunyarwanda birinda ikintu cyose cyaganisha u Rwanda mu macakubiri y’amoko kuko ari yo yabaye intandaro ya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ministre Fazil yabibukije ko mu muco nyarwanda iyo umuntu wo mu muryango yakosaga, yemeraga icyaha yakoze maze agasaba imbabazi. Ni muri urwo rwego yaasabye abagororwa bo muri Gereza ya Muhanga batarasaba imbabazi abo bahemukiye gutera intambwe zo kubikora kandi bakabikora bibavuye ku mutima.
Ministre Fazil Harerimana yakomeje abwira abagororwa bo muri iyo gereza ko Igihugu gikora byinshi kugira ngo bagire imibereho myiza, bityo abasaba na bo ko bagira uruhare mu iterambere ry’Igihugu bakora ibikorwa nyongeramusaruro.
Abagororwa babajije niba umuntu ufunze ashobora kubona amafaranga ya pansiyo maze Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu abasubiza ko itegeko ryari risanzwe ritabyemera ko ariko ririmo kuvugururwa kugira ngo uwabashije uwabashije kwiteganyiriza ubwo burenganzira abuhabwe.
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…
Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
This website uses cookies.