Categories: Amakuru ya RCS

Hafashwe ingamba zo kunoza imicungire y’umutekano wa za Gereza

Mu kiganiro Ubuyobozi bukuru bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) bwagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa gatatu tariki ya 28/08/2013, bwagaragaje uko umutekano muri gereza zo mu Rwanda wifashe neza. Hagaragajwe ko hari ibyaha byo gutoroka byabaye muri uku kwezi kwa Kanama 2013 aho muri Gereza ya Huye hatorotse abagorwa batanu, ariko umwe ubu akaba amaze gutabwa muri yombi ku bufatanye bwa RCS n’izindi nzego z’umutekano.

Komiseri Mukuru wa RCS yabwiye abanyamakuru ko iyo umugororwa atorotse, agafatwa igihano yari yarahawe cyikuba kabiri, kandi n’umucungagereza wari umucunze agakurikiranwa kugirango hamenyekane niba hari uruhare yabigizemo maze na we ahanwe.

Mu nama yabanjirije icyo kiganiro n’abanyamakuru Ubuyobozi Bukuru bwa RCS bwagiranye n’abayobozi ba za gereza hafashwe ingamba zo kunoza akazi ko gucunga umutekano wa za Gereza.

Muri izo ngamba harimo guhita hatangira amahugurwa y’abacungagereza mu rwego rwo kubashishikariza no kubahwiturira inshingano zabo. Abayobozi ba za Gereza basabwe kandi gushyira ingufu mu kugenzura ibishobora guhungabanya umutekano muri Gereza, cyane cyane ibyakwinjira muri Gereza bitemewe n’ibifitanye isano na ruswa byose.

Ikindi ni uko abayobozi ba za Gereza basabwe gukurikirana buri gihe imikorere ya buri mucungagereza ufatiwe mu bikorwa by’ubufatacyaha n’abagororwa agafatirwa ibyemezo hakiri kare.

Abanyamakuru babajije ibivugwa ko ngo hari hari imbabazi zaba zigiye guhabwa abagororwa. Kuri iki kibazo, Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS, DCGP Mary GAHONZIREyabasobanuriye ko ayo makuru atari yo, ko abashobora gufungurwa by’agateganyo ari abarangije kimwe cya kane cy’igihano baritwaye neza nk’uko biteganywa n’itegeko. Yongeyeho kandi ko muri abo bashobora gufungurwa by’agateganyo hatarimo abakoze jenoside, ab’ibyaha byibasira inyokomuntu ndetse n’abakatiwe gufungwa burundu.

DK

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.