Categories: Amakuru ya RCS

Hafashwe ingamba zo kunoza imicungire y’umutekano wa za Gereza

Mu kiganiro Ubuyobozi bukuru bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) bwagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa gatatu tariki ya 28/08/2013, bwagaragaje uko umutekano muri gereza zo mu Rwanda wifashe neza. Hagaragajwe ko hari ibyaha byo gutoroka byabaye muri uku kwezi kwa Kanama 2013 aho muri Gereza ya Huye hatorotse abagorwa batanu, ariko umwe ubu akaba amaze gutabwa muri yombi ku bufatanye bwa RCS n’izindi nzego z’umutekano.

Komiseri Mukuru wa RCS yabwiye abanyamakuru ko iyo umugororwa atorotse, agafatwa igihano yari yarahawe cyikuba kabiri, kandi n’umucungagereza wari umucunze agakurikiranwa kugirango hamenyekane niba hari uruhare yabigizemo maze na we ahanwe.

Mu nama yabanjirije icyo kiganiro n’abanyamakuru Ubuyobozi Bukuru bwa RCS bwagiranye n’abayobozi ba za gereza hafashwe ingamba zo kunoza akazi ko gucunga umutekano wa za Gereza.

Muri izo ngamba harimo guhita hatangira amahugurwa y’abacungagereza mu rwego rwo kubashishikariza no kubahwiturira inshingano zabo. Abayobozi ba za Gereza basabwe kandi gushyira ingufu mu kugenzura ibishobora guhungabanya umutekano muri Gereza, cyane cyane ibyakwinjira muri Gereza bitemewe n’ibifitanye isano na ruswa byose.

Ikindi ni uko abayobozi ba za Gereza basabwe gukurikirana buri gihe imikorere ya buri mucungagereza ufatiwe mu bikorwa by’ubufatacyaha n’abagororwa agafatirwa ibyemezo hakiri kare.

Abanyamakuru babajije ibivugwa ko ngo hari hari imbabazi zaba zigiye guhabwa abagororwa. Kuri iki kibazo, Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS, DCGP Mary GAHONZIREyabasobanuriye ko ayo makuru atari yo, ko abashobora gufungurwa by’agateganyo ari abarangije kimwe cya kane cy’igihano baritwaye neza nk’uko biteganywa n’itegeko. Yongeyeho kandi ko muri abo bashobora gufungurwa by’agateganyo hatarimo abakoze jenoside, ab’ibyaha byibasira inyokomuntu ndetse n’abakatiwe gufungwa burundu.

DK

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.