Mu kiganiro Ubuyobozi bukuru bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) bwagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa gatatu tariki ya 28/08/2013, bwagaragaje uko umutekano muri gereza zo mu Rwanda wifashe neza. Hagaragajwe ko hari ibyaha byo gutoroka byabaye muri uku kwezi kwa Kanama 2013 aho muri Gereza ya Huye hatorotse abagorwa batanu, ariko umwe ubu akaba amaze gutabwa muri yombi ku bufatanye bwa RCS n’izindi nzego z’umutekano.
Komiseri Mukuru wa RCS yabwiye abanyamakuru ko iyo umugororwa atorotse, agafatwa igihano yari yarahawe cyikuba kabiri, kandi n’umucungagereza wari umucunze agakurikiranwa kugirango hamenyekane niba hari uruhare yabigizemo maze na we ahanwe.
Mu nama yabanjirije icyo kiganiro n’abanyamakuru Ubuyobozi Bukuru bwa RCS bwagiranye n’abayobozi ba za gereza hafashwe ingamba zo kunoza akazi ko gucunga umutekano wa za Gereza.
Muri izo ngamba harimo guhita hatangira amahugurwa y’abacungagereza mu rwego rwo kubashishikariza no kubahwiturira inshingano zabo. Abayobozi ba za Gereza basabwe kandi gushyira ingufu mu kugenzura ibishobora guhungabanya umutekano muri Gereza, cyane cyane ibyakwinjira muri Gereza bitemewe n’ibifitanye isano na ruswa byose.
Ikindi ni uko abayobozi ba za Gereza basabwe gukurikirana buri gihe imikorere ya buri mucungagereza ufatiwe mu bikorwa by’ubufatacyaha n’abagororwa agafatirwa ibyemezo hakiri kare.
Abanyamakuru babajije ibivugwa ko ngo hari hari imbabazi zaba zigiye guhabwa abagororwa. Kuri iki kibazo, Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS, DCGP Mary GAHONZIREyabasobanuriye ko ayo makuru atari yo, ko abashobora gufungurwa by’agateganyo ari abarangije kimwe cya kane cy’igihano baritwaye neza nk’uko biteganywa n’itegeko. Yongeyeho kandi ko muri abo bashobora gufungurwa by’agateganyo hatarimo abakoze jenoside, ab’ibyaha byibasira inyokomuntu ndetse n’abakatiwe gufungwa burundu.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.