Mugikorwa ngaruka kwezi cy’umuganda rusange wimpera z’ukwezi kwa Kanama kuwa25/08/2018, mumurenge wa Nyamabuye hakozwe umuganda witabiriwe n’abacungagereza ,ingabo na police y’u Rwnda
Umuganda wakorewe kuri EP Remera mu Kagari ka Gifumba Umudugudu wa Rugarama
kubufatanye n’abaturage n’ubuyobozi bwinzego zibanze bwa karere ka Muhanga Hashijijwe ikibanza kizubakwamo amashuri y’imbumba 6. Haranduwe ibishyitsi 126.
Umushyitsi mukuru yari Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Madamu UWAMARIYA Beatrice,hari kandi Umuyobozi wa Police mu Karere ka Muhanga n’umubyobozi wa Gereza ya Muhanga Chief supretendent of prison KARANGWA
Uwo muganda witabiriwe n’abaturage ndetse n’abacungareza bari hagati 1,200-1,500. Agaciro k’Umuganda wakozwe ni 1,800,000Frw.
Umuyobozi wa karere ka Muhanga yashimye ubufatanye bw’inzego zose zari zitabiriye icyo gikorwa cy’umuganda ati “ubu twishatsemo igisubizo gihesha akarere kacu agaciro”.
yakangurire abaturage kwitabira gutanga Mituel de sante no kuzitabira gahunda y’amatora yegereje y’abadepite ana nenga bimwe mubikorwa bitagezweho mu mihigo y’umwaka ushize byatumye akarere gasubira inyuma kumwanya kariho ubu.
Gereza ya muhanga ifatwa nk’umufatanyabikorwa ukomeye mubikorwa by’umutekano n ‘iterambere rya karere nk’ubuhinzi,ubworozi,ibikorwa remezo n’isuku.
Abayobozi batandukanye ndetse na b’amadini bo mukarere ka Muhanga bakunze gusura Gereza baje kwigisha imfugwa n’abagororwa inyigisho z’uburere mboneragihugu mu rwego rwo kubahindura abaturage beza.
Umuganda watangiye isambiri za mugitondo urangira isasita z’amanywa.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.