Kuri uyu wa gatandatu muri gereza ya Nyarugenge ihererereye mu murenge wa Mageragere habereye igikorwa cyo gufungura abagororwa bahawe imbabazi na perezida wa repubulika ndetse n’abandi bafunguwe by’agateganyo kuko bitwaye neza muri gereza.
Iki cyemezo kikaba gishyira mu bikorwa umwanzuro w’inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa gatanu ikemeza ko abagororwa 8168 bafungurwa by’agateganyo. Abagororwa 447 bo muri gereza ya Nyarugenge nibo bafunguwe harimo na Victoire Ingabire Umuhoza ndetse na Kizito Mihigo bahawe imbazi na perezida wa Repubulika.
Ingabire Victoire yari yarakatiwe imyaka 15 n’Urukiko rw’Ikirenga muri 2013, Kizito Mihigo yari yarakatiwe imyaka 10 n’Urukiko Rukuru muri 2015.
Komiseri mukuru w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa CG George RWIGAMBA yasabye abarekuwe kwitwara neza mumiryango bagiyemo ndetse no kubana neza n’abagenzibabo birinda amakosa yatuma bongera gufungwa.
Ingabire ni umunyapoliti utavuga rumwe na Leta wari wahamwe n’ibyaha birimo gupfobya Jenoside naho Kizito Mihigo akaba umuhanzi wari wahamwe n’ibyaha bine birimo ubugambanyi no kugirira nabi ubutegetsi buriho.
Yaba Kizito cyangwa se Victoire Ingabire bose bashimiye perezida wa Repuburika y’u Rwanda ku mbabazi yabahaye , ndsetse n’abantu bose bababaaye hafi igihe cyose bamaze muri gereza.
Gereza ya Nyarugenge ifite imfungwa n’abagororwa 8168, abarekuwe ni abagororwa 447
Urutonde rw’abagororwa bafunguwe ku magereza yose.
§ Bugesera: 23
§ Nyarugenge: 447
§ Musanze: 149
§ Gicumbi: 65
§ Nyanza: 63
§ Rubavu: 158
§ Rwamagana: 455
§ Nyagatare: 24
§ Huye: 484
§ Muhanga: 207
§ Ngoma: 35
§ Rusizi: 7
§ Nyamagabe: 23
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.