Kuri uyu wa gatandatu muri gereza ya Nyarugenge ihererereye mu murenge wa Mageragere habereye igikorwa cyo gufungura abagororwa bahawe imbabazi na perezida wa repubulika ndetse n’abandi bafunguwe by’agateganyo kuko bitwaye neza muri gereza.
Iki cyemezo kikaba gishyira mu bikorwa umwanzuro w’inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa gatanu ikemeza ko abagororwa 8168 bafungurwa by’agateganyo. Abagororwa 447 bo muri gereza ya Nyarugenge nibo bafunguwe harimo na Victoire Ingabire Umuhoza ndetse na Kizito Mihigo bahawe imbazi na perezida wa Repubulika.
Ingabire Victoire yari yarakatiwe imyaka 15 n’Urukiko rw’Ikirenga muri 2013, Kizito Mihigo yari yarakatiwe imyaka 10 n’Urukiko Rukuru muri 2015.
Komiseri mukuru w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa CG George RWIGAMBA yasabye abarekuwe kwitwara neza mumiryango bagiyemo ndetse no kubana neza n’abagenzibabo birinda amakosa yatuma bongera gufungwa.
Ingabire ni umunyapoliti utavuga rumwe na Leta wari wahamwe n’ibyaha birimo gupfobya Jenoside naho Kizito Mihigo akaba umuhanzi wari wahamwe n’ibyaha bine birimo ubugambanyi no kugirira nabi ubutegetsi buriho.
Yaba Kizito cyangwa se Victoire Ingabire bose bashimiye perezida wa Repuburika y’u Rwanda ku mbabazi yabahaye , ndsetse n’abantu bose bababaaye hafi igihe cyose bamaze muri gereza.
Gereza ya Nyarugenge ifite imfungwa n’abagororwa 8168, abarekuwe ni abagororwa 447
Urutonde rw’abagororwa bafunguwe ku magereza yose.
§ Bugesera: 23
§ Nyarugenge: 447
§ Musanze: 149
§ Gicumbi: 65
§ Nyanza: 63
§ Rubavu: 158
§ Rwamagana: 455
§ Nyagatare: 24
§ Huye: 484
§ Muhanga: 207
§ Ngoma: 35
§ Rusizi: 7
§ Nyamagabe: 23
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
This website uses cookies.