Mu rwego rwo kumenya aho ibikorwa byokubaka gereza ya Mageragere bigeze ministiri w’umutekanomu mu gihugu Sheikh Moussa fazil Harelimana yasuye ibikorwa byokubaka gereza mu murenge wa Mageragere izimurirwamo imfungwa n’abagororwa bo muri gereza ya Nyarugenge ndetse n’iya Gasabo. Igice cya kabiri cyokubaka iyi gereza kigeze ku kigereranyocya 70% kuko ubu urukuta ruzengurutse iyi gereza rwarangiye kubakwa. Harimo kubakwa kandi inyubako yambere igeze kukigereranyo cya 75% izacumbikira imfungwa n’abagororwa 3.500.
Igikoni ndetse naho kubika ibikoresho kirimo kubakwa naho imisarani yo yararangiye kubakwa . Iyi gereza izajya ikoresha ingufu za biyogazi mu gutekera imfurnwa n’abagororwa, iyi biyogazi yarangije kubakwa kubufatanye bwa RCS na Tumba College of Technology. Inyubako y’ubuyobozi buzakoreramo nayo irimo kubakwa igeze mu gusakara.
Mu biganiro Minisititiri w’Umutekano mu gihugu Sheikh Musa Fazil Harelimana ya giranye n’izindi nzego zifite ahozihurira no kubaka iyi gereza, bemeranyijwe ko bitarenze ukwezi kwa cumi n’abiri igomba kuba yuzuye, abogororwa bo muri gereza ya Nyarugenge ba kayimurirwamo.
Nk’uko byagaragajwe na Komiseri Mukuruwa RCS CGP George Rwigamba, iyo hatabaho ikibazo cy’amazi, gereza ya gombye kuba yarangiye kubakwa mu kwezi kwa cyenda uyu mwaka wa 2016 .Minisitiri Musa Fazil Harelimana akaba yaragiriye inama ubuyobozi bwa RCS gushyira ingufu mu kubaka ivuriro ry’iyi gereza kugirango imfungwa n’abagororwa bizashoboke kubimura mu mpera z’uyu mwaka wa 2016. Iri vuriro ririkurwego rw’ikigonderabuzima rizagabanya n’ubucucike bw’abarwayi wa sangaga mu bitaro bya leta nka CHUK.
Ku kibazo cyijyanye n’umuhanda ugera kuri iyi gereza ya Mageragere, ubu uyu muhanda urimo kubakwa kubufatanye n’akarere ka Nyarugenge ndetse n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imihanda RTDA. Ku kibazo cy’amazi ataragera ahubakwa iyi gereza, hafashwe icyemezo ko bagomba kukiganiraho n’abafite mu nshingano zabo amazi(WASAC) kugirango gicyemuke mu magurumashya.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
This website uses cookies.