Categories: Amakuru ya RCS

Gereza nkuru ya Nyarugenge 1930 izimucyira i Mageragere bitarenze uyu mwaka wa 2016

Mu rwego rwo kumenya aho ibikorwa byokubaka gereza ya Mageragere bigeze ministiri w’umutekanomu mu gihugu  Sheikh Moussa fazil Harelimana yasuye ibikorwa byokubaka gereza mu murenge wa Mageragere izimurirwamo imfungwa n’abagororwa bo muri gereza ya Nyarugenge ndetse n’iya Gasabo. Igice cya  kabiri  cyokubaka iyi gereza kigeze ku kigereranyocya 70% kuko ubu urukuta ruzengurutse iyi gereza rwarangiye kubakwa. Harimo kubakwa kandi inyubako yambere igeze kukigereranyo cya 75% izacumbikira imfungwa n’abagororwa 3.500.

Igikoni ndetse naho kubika ibikoresho  kirimo kubakwa naho imisarani yo yararangiye kubakwa . Iyi gereza izajya ikoresha ingufu za biyogazi mu gutekera imfurnwa n’abagororwa, iyi biyogazi yarangije kubakwa kubufatanye bwa RCS na Tumba College of Technology. Inyubako y’ubuyobozi  buzakoreramo nayo irimo kubakwa igeze  mu  gusakara.

Mu biganiro Minisititiri w’Umutekano mu gihugu Sheikh Musa Fazil Harelimana ya giranye n’izindi nzego zifite ahozihurira no kubaka iyi gereza, bemeranyijwe ko bitarenze ukwezi kwa cumi n’abiri igomba kuba yuzuye, abogororwa bo muri gereza ya Nyarugenge ba kayimurirwamo.

Nk’uko byagaragajwe na Komiseri Mukuruwa RCS CGP George Rwigamba, iyo hatabaho ikibazo cy’amazi, gereza ya gombye kuba yarangiye kubakwa mu kwezi kwa cyenda uyu mwaka wa 2016 .Minisitiri Musa Fazil Harelimana akaba yaragiriye inama ubuyobozi bwa RCS gushyira ingufu mu kubaka ivuriro ry’iyi gereza kugirango imfungwa n’abagororwa bizashoboke kubimura mu mpera z’uyu mwaka wa 2016. Iri vuriro ririkurwego rw’ikigonderabuzima rizagabanya n’ubucucike bw’abarwayi wa sangaga  mu bitaro bya leta nka CHUK.

Ku kibazo cyijyanye n’umuhanda ugera kuri iyi gereza ya Mageragere, ubu uyu muhanda urimo kubakwa kubufatanye n’akarere ka Nyarugenge ndetse n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imihanda RTDA. Ku kibazo cy’amazi ataragera ahubakwa iyi gereza, hafashwe icyemezo ko bagomba kukiganiraho n’abafite  mu nshingano zabo amazi(WASAC) kugirango gicyemuke  mu  magurumashya.

rcspet

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

1 day ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.