Categories: Amakuru ya RCS

Gereza nkuru ya Nyarugenge 1930 izimucyira i Mageragere bitarenze uyu mwaka wa 2016

Mu rwego rwo kumenya aho ibikorwa byokubaka gereza ya Mageragere bigeze ministiri w’umutekanomu mu gihugu  Sheikh Moussa fazil Harelimana yasuye ibikorwa byokubaka gereza mu murenge wa Mageragere izimurirwamo imfungwa n’abagororwa bo muri gereza ya Nyarugenge ndetse n’iya Gasabo. Igice cya  kabiri  cyokubaka iyi gereza kigeze ku kigereranyocya 70% kuko ubu urukuta ruzengurutse iyi gereza rwarangiye kubakwa. Harimo kubakwa kandi inyubako yambere igeze kukigereranyo cya 75% izacumbikira imfungwa n’abagororwa 3.500.

Igikoni ndetse naho kubika ibikoresho  kirimo kubakwa naho imisarani yo yararangiye kubakwa . Iyi gereza izajya ikoresha ingufu za biyogazi mu gutekera imfurnwa n’abagororwa, iyi biyogazi yarangije kubakwa kubufatanye bwa RCS na Tumba College of Technology. Inyubako y’ubuyobozi  buzakoreramo nayo irimo kubakwa igeze  mu  gusakara.

Mu biganiro Minisititiri w’Umutekano mu gihugu Sheikh Musa Fazil Harelimana ya giranye n’izindi nzego zifite ahozihurira no kubaka iyi gereza, bemeranyijwe ko bitarenze ukwezi kwa cumi n’abiri igomba kuba yuzuye, abogororwa bo muri gereza ya Nyarugenge ba kayimurirwamo.

Nk’uko byagaragajwe na Komiseri Mukuruwa RCS CGP George Rwigamba, iyo hatabaho ikibazo cy’amazi, gereza ya gombye kuba yarangiye kubakwa mu kwezi kwa cyenda uyu mwaka wa 2016 .Minisitiri Musa Fazil Harelimana akaba yaragiriye inama ubuyobozi bwa RCS gushyira ingufu mu kubaka ivuriro ry’iyi gereza kugirango imfungwa n’abagororwa bizashoboke kubimura mu mpera z’uyu mwaka wa 2016. Iri vuriro ririkurwego rw’ikigonderabuzima rizagabanya n’ubucucike bw’abarwayi wa sangaga  mu bitaro bya leta nka CHUK.

Ku kibazo cyijyanye n’umuhanda ugera kuri iyi gereza ya Mageragere, ubu uyu muhanda urimo kubakwa kubufatanye n’akarere ka Nyarugenge ndetse n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imihanda RTDA. Ku kibazo cy’amazi ataragera ahubakwa iyi gereza, hafashwe icyemezo ko bagomba kukiganiraho n’abafite  mu nshingano zabo amazi(WASAC) kugirango gicyemuke  mu  magurumashya.

rcspet

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.