Categories: Amakuru ya RCS

Hon Sheihk Musa Fazil ari kumwe na CGP George Rwigamba bavuze ko nibura Mu mezi abiri imfungwa n’abagororwa bari muri Gereza ya Gasabo na Nyarugenge izwi nka 1930 bazimurirwa muri Gereza nshya ya Mageragere

Imirimo yo kubaka Gereza nshya ya Mageragere irarimbanyije, abagororwa basaga 600 baturutse muri gereza zitandukanye z’igihugu baje gutanga umuganda wabo kugira ngo izarangire vuba.

Itsinda ry’abakozi ba Minisiteri y’umutekano n’ab’urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa, RCS, bayobowe na Minisitiri Mussa Fazil Harerimana basuye iyo gereza ku wa Kane tariki ya 18 Kanama 2016.

Minisitiri Fazil yavuze ko akurikije aho imirimo igeze uyu munsi, mu mezi abiri abona izimurirwamo abasanzwe bafungiye muri Gereza ya Nyarugenge [1930].

Ati “Urabona ko gereza y’abantu ibihumbi bitatu igiye gusakarwa kandi ihwanye n’umubare w’abafungiye muri gereza ya Nyarugenge. Nko mu mezi abiri bashobora kwimuka, birashoboka.”

Fazil yishimiye umuvuduko iyo mirimo iriho ndetse n’ibikorwa remezo bitandukanye byamaze kugera kuri iyo gereza, birimo umuhanda urimo gukorwa ndetse n’amashanyarazi.

Komiseri Mukuru wa RCS, George Rwigamba, yavuze ko hari n’imbogamizi n’ubwo imirimo ikomeje izo n’nk’ibijyanye no kubona amazi yo kubakisha, kuko bakodesha imodoka ziyavana Kimisagara kandi nta ngengo y’imari RCS ifite yagenewe icyo gikorwa, ba rwiyemezamirimo bagemuraga ibikoresho ariko nyuma bakaza guhagarika imirimo, ubu bakaba barahanwe, ikindi ni umuhanda mubi wakunze kubagora.

kubera imyubakire y’iyi gereza  nta mwanda uva muri gereza uzagera kubaturiye gereza nshya ya Mageragere, kuko hubatswe biogas zizajya zifashisha umwanda uzajya uva mu bwiherero.

Gereza ya Mageragere iza kemura ibibazo cy’ubucucike bw’abagororwa,umwanda ndetse n’umutekano wabo kuko yubatse munsi y’agasozi ndetse no k’umutekano ifite n’urukuta rwa metero umunani.

Muri iyo gereza hateganijwe kubakwa, ibibuga by’umupira w’amaguru n’uw’intoki, ndetse n’aho gusengera ku madini atandukanye.

rcspet

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.