Categories: Amakuru ya RCS

Hon Sheihk Musa Fazil ari kumwe na CGP George Rwigamba bavuze ko nibura Mu mezi abiri imfungwa n’abagororwa bari muri Gereza ya Gasabo na Nyarugenge izwi nka 1930 bazimurirwa muri Gereza nshya ya Mageragere

Imirimo yo kubaka Gereza nshya ya Mageragere irarimbanyije, abagororwa basaga 600 baturutse muri gereza zitandukanye z’igihugu baje gutanga umuganda wabo kugira ngo izarangire vuba.

Itsinda ry’abakozi ba Minisiteri y’umutekano n’ab’urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa, RCS, bayobowe na Minisitiri Mussa Fazil Harerimana basuye iyo gereza ku wa Kane tariki ya 18 Kanama 2016.

Minisitiri Fazil yavuze ko akurikije aho imirimo igeze uyu munsi, mu mezi abiri abona izimurirwamo abasanzwe bafungiye muri Gereza ya Nyarugenge [1930].

Ati “Urabona ko gereza y’abantu ibihumbi bitatu igiye gusakarwa kandi ihwanye n’umubare w’abafungiye muri gereza ya Nyarugenge. Nko mu mezi abiri bashobora kwimuka, birashoboka.”

Fazil yishimiye umuvuduko iyo mirimo iriho ndetse n’ibikorwa remezo bitandukanye byamaze kugera kuri iyo gereza, birimo umuhanda urimo gukorwa ndetse n’amashanyarazi.

Komiseri Mukuru wa RCS, George Rwigamba, yavuze ko hari n’imbogamizi n’ubwo imirimo ikomeje izo n’nk’ibijyanye no kubona amazi yo kubakisha, kuko bakodesha imodoka ziyavana Kimisagara kandi nta ngengo y’imari RCS ifite yagenewe icyo gikorwa, ba rwiyemezamirimo bagemuraga ibikoresho ariko nyuma bakaza guhagarika imirimo, ubu bakaba barahanwe, ikindi ni umuhanda mubi wakunze kubagora.

kubera imyubakire y’iyi gereza  nta mwanda uva muri gereza uzagera kubaturiye gereza nshya ya Mageragere, kuko hubatswe biogas zizajya zifashisha umwanda uzajya uva mu bwiherero.

Gereza ya Mageragere iza kemura ibibazo cy’ubucucike bw’abagororwa,umwanda ndetse n’umutekano wabo kuko yubatse munsi y’agasozi ndetse no k’umutekano ifite n’urukuta rwa metero umunani.

Muri iyo gereza hateganijwe kubakwa, ibibuga by’umupira w’amaguru n’uw’intoki, ndetse n’aho gusengera ku madini atandukanye.

rcspet

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

24 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.