Categories: Amakuru ya RCS

Abacungagereza 24 bagejeje igihe cyo kujya muzabukuru basezerewe mu cyubahiro, basabye gushyirirwaho urwego rw’inkeragutabara za RCS.

Abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru ni abaheruka kwemezwa n’inama y’Abaminisitiri yabaye tariki ya 10 Kanama 2016.

Uwo mu muhango wo kubasezerera ku mugaragaro wabereye ku cyicaro gikuru cy’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) ku wa Gatanu tariki ya 19 Kanama 2016.

SP Rusa Gahima, uhagarariye abagiye muri icyo kiruhuko yavuze ko bishimira uburyo leta yazirikanye akazi bakoreye igihugu ikaba ibasezereye mu cyubahiro.

Yagize ati “Tugiye mu kiruhuko ariko ntabwo tunaniwe, tuzakomeza gukorera igihugu, kandi nuko tuzitwara ntawe bizatera ipfunwe.”

Yakomeje asaba ko bashyirirwaho urwego rw’inkeragutabara nk’uko byakorewe abahoze mu ngabo z’u Rwanda bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru.

Komiseri Mukuru wa RCS, CGP George Rwigamba yashimye umusanzu abo bahoze ari abacungagereza batanze, bagafasha igihugu kugorora imfungwa n’abagororwa kuva mu 1996 nyuma y’imyaka ibiri Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 ibaye.

Yagize ati “ Igihugu kirabashimira ubwitange n’umurava mwagize mwubaka RCS n’igihugu muri rusange kikaba kigeze ku rwego rushimishije. Imbaraga mwatanze, ntabwo zarangiriye hano, inama n’ubuhanga byanyu tuzahora tubikeneye igihe cyose.”

CGP Rwigamba yavuze ko bazakomeza kubakira ku bunararibonye bwahanzwe n’ubuyobozi bw’igihugu bufatanyije n’abo bahoze ari abacungagereza bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru.

Ni ubwa mbere abofisiye bakuru n’abato basezerewe muri RCS. Baje bakurikira abahoze ari abacungagereza bo ku rwego rwo hasi 71 basezerewe tariki ya 11 Nyakanga 2016. Muri uyu mwaka abacungagezera bamaze gusezererwa ni 95.

rcspet

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

23 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.