Abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru ni abaheruka kwemezwa n’inama y’Abaminisitiri yabaye tariki ya 10 Kanama 2016.
Uwo mu muhango wo kubasezerera ku mugaragaro wabereye ku cyicaro gikuru cy’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) ku wa Gatanu tariki ya 19 Kanama 2016.
SP Rusa Gahima, uhagarariye abagiye muri icyo kiruhuko yavuze ko bishimira uburyo leta yazirikanye akazi bakoreye igihugu ikaba ibasezereye mu cyubahiro.
Yagize ati “Tugiye mu kiruhuko ariko ntabwo tunaniwe, tuzakomeza gukorera igihugu, kandi nuko tuzitwara ntawe bizatera ipfunwe.”
Yakomeje asaba ko bashyirirwaho urwego rw’inkeragutabara nk’uko byakorewe abahoze mu ngabo z’u Rwanda bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru.
Komiseri Mukuru wa RCS, CGP George Rwigamba yashimye umusanzu abo bahoze ari abacungagereza batanze, bagafasha igihugu kugorora imfungwa n’abagororwa kuva mu 1996 nyuma y’imyaka ibiri Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 ibaye.
Yagize ati “ Igihugu kirabashimira ubwitange n’umurava mwagize mwubaka RCS n’igihugu muri rusange kikaba kigeze ku rwego rushimishije. Imbaraga mwatanze, ntabwo zarangiriye hano, inama n’ubuhanga byanyu tuzahora tubikeneye igihe cyose.”
CGP Rwigamba yavuze ko bazakomeza kubakira ku bunararibonye bwahanzwe n’ubuyobozi bw’igihugu bufatanyije n’abo bahoze ari abacungagereza bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru.
Ni ubwa mbere abofisiye bakuru n’abato basezerewe muri RCS. Baje bakurikira abahoze ari abacungagereza bo ku rwego rwo hasi 71 basezerewe tariki ya 11 Nyakanga 2016. Muri uyu mwaka abacungagezera bamaze gusezererwa ni 95.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.