Categories: Amakuru ya RCS

Abana bafungiye i Nyagatare bahawe impamyabumenyi z’imyuga bize

Mu mpera z’iki cyumweru, mu kigo Ngororamuco cya Nyagatare ubwo hizihizwaga umunsi w’umwana w’umunyafurika abana biga imyuga inyuranye  bahawe impamyabumyenyi z’amasomo y’imyuga bize. Iki kigo gifungiyemo abana 270 bahamijwe ibyaha n’inkiko, imyuga bigiswha ni ububaji, ubwubatsi, gusudira, ubudozi ndetse n’ubwogoshi. Biga kandi amashuri yisumbuye kuva ku mashuri abanza kugeza ku yisumbuye.  Ubwo bizihizaga uyu munsi w’umwana w’umunyafurika, aba bana bifatanyije n’ababyeyi babo nabo bari batumiwe, muri ibi birori.

Mu mikino yabo bana, bagaragaje ko ni ubwo bisanze imbere y’inkiko barimo bashijnwa ibyaha bakoze, ngo izi ari ingaruka z’uko ababyeyi babo badohotse mu gutanga uburere bwiza. Abana bafunze basabye kandi ababyeyi ko bakohereza abana mu ishuri kugirango iterambere ryabo rizabashe kugerwaho, ibyo kandi bigakorwa bahabwa uburere bufite ireme

Marie Grace Ugiribambe ni umubyeyi ufite umwana mu Kigo Ngororammuco cya Nyagatare, amaze gutambagira iki kigo, kureba imibereho y’abo bana no kumva ibyagiye bitangazwa n’abana barimo kugororwa yashimye leta y’u Rwanda uburyo irera abana bafunze. Grace Ugiribambe ntiyanahakanye ko ababyeyi bafite uruhare mu kuba abana babo basigaye bafungwa kubera kubera ababyeyi badohotse mu kurera, maze abasaba kwisubiraho bakabyara n’abana bashoboye kurera batazajya bisanga abana babo bafunze kubera ibyaha bakoze

Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS DCGP Jeanne Chantal Ujeneza yakanguriye ababyeyi ko kurushaho kwita ku bana babo, babaha uburera bukwiye umwana w’umunyarwanda. Komiseri mukuru wungirije wa RCS yasobanuye ko ubundi nta mwanaw’u Rwanda wagombye kuba ari mu kigo Ngoramuco afunze, yagombye kuba ari kumwe n’ababyeyi be, maze avuga ko leta y’u Rwanda ikora ibishoboka byose kugirango abo bana bakoze ibyaha bagarurwe mu murongo mwiza. DCG Jeanne Chantal Ujeneza yanabwiye ababyeyi bafite abana bafunze ko umwana wakoze icyaha, agafungwa , atagomba kugirwa igicibwa, ahubwo ababyeyi bagomba kumuba hafi , bakamuremamo ikizere kugirango kumugorora byorohe.

 Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’umutekano mu gihugu Valensi Munyabagisha nawe wari witabiriye iki gikorwa yasabye abana barimo kugororerwa i Nyagatare gukoresha amahirwe bahawe yo kwiga, kugirango uzajya urangiza igihano cye nagera hanze ajye akomeza  hamwe n’abandi bana b’u Rwanda kuzamura igihugu cyabo. Senateri Valensi Munyabagisha yanatangaje ko ubu barimo gukora ibishoboka byose kugirango aba bana bafungiye i Nyagatare, bajye bakora ibizamini bya leta kimwe n’abandi bana.

Abana bafungirwa i Nyagatare ni abana bakora ibyaha batarageza ku myaka y’ubukure bafite hagati y’imyaka 14 na 18. Abana bafungiye i Nyagatare ni 270, ibyaha ashinjwa abenshi ni ugufata ku ngufu, ubwicanyi ndetse n’ubujura.

rcspet

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

23 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.