Categories: Amakuru ya RCS

Abana bafungiye i Nyagatare bahawe impamyabumenyi z’imyuga bize

Mu mpera z’iki cyumweru, mu kigo Ngororamuco cya Nyagatare ubwo hizihizwaga umunsi w’umwana w’umunyafurika abana biga imyuga inyuranye  bahawe impamyabumyenyi z’amasomo y’imyuga bize. Iki kigo gifungiyemo abana 270 bahamijwe ibyaha n’inkiko, imyuga bigiswha ni ububaji, ubwubatsi, gusudira, ubudozi ndetse n’ubwogoshi. Biga kandi amashuri yisumbuye kuva ku mashuri abanza kugeza ku yisumbuye.  Ubwo bizihizaga uyu munsi w’umwana w’umunyafurika, aba bana bifatanyije n’ababyeyi babo nabo bari batumiwe, muri ibi birori.

Mu mikino yabo bana, bagaragaje ko ni ubwo bisanze imbere y’inkiko barimo bashijnwa ibyaha bakoze, ngo izi ari ingaruka z’uko ababyeyi babo badohotse mu gutanga uburere bwiza. Abana bafunze basabye kandi ababyeyi ko bakohereza abana mu ishuri kugirango iterambere ryabo rizabashe kugerwaho, ibyo kandi bigakorwa bahabwa uburere bufite ireme

Marie Grace Ugiribambe ni umubyeyi ufite umwana mu Kigo Ngororammuco cya Nyagatare, amaze gutambagira iki kigo, kureba imibereho y’abo bana no kumva ibyagiye bitangazwa n’abana barimo kugororwa yashimye leta y’u Rwanda uburyo irera abana bafunze. Grace Ugiribambe ntiyanahakanye ko ababyeyi bafite uruhare mu kuba abana babo basigaye bafungwa kubera kubera ababyeyi badohotse mu kurera, maze abasaba kwisubiraho bakabyara n’abana bashoboye kurera batazajya bisanga abana babo bafunze kubera ibyaha bakoze

Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS DCGP Jeanne Chantal Ujeneza yakanguriye ababyeyi ko kurushaho kwita ku bana babo, babaha uburera bukwiye umwana w’umunyarwanda. Komiseri mukuru wungirije wa RCS yasobanuye ko ubundi nta mwanaw’u Rwanda wagombye kuba ari mu kigo Ngoramuco afunze, yagombye kuba ari kumwe n’ababyeyi be, maze avuga ko leta y’u Rwanda ikora ibishoboka byose kugirango abo bana bakoze ibyaha bagarurwe mu murongo mwiza. DCG Jeanne Chantal Ujeneza yanabwiye ababyeyi bafite abana bafunze ko umwana wakoze icyaha, agafungwa , atagomba kugirwa igicibwa, ahubwo ababyeyi bagomba kumuba hafi , bakamuremamo ikizere kugirango kumugorora byorohe.

 Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’umutekano mu gihugu Valensi Munyabagisha nawe wari witabiriye iki gikorwa yasabye abana barimo kugororerwa i Nyagatare gukoresha amahirwe bahawe yo kwiga, kugirango uzajya urangiza igihano cye nagera hanze ajye akomeza  hamwe n’abandi bana b’u Rwanda kuzamura igihugu cyabo. Senateri Valensi Munyabagisha yanatangaje ko ubu barimo gukora ibishoboka byose kugirango aba bana bafungiye i Nyagatare, bajye bakora ibizamini bya leta kimwe n’abandi bana.

Abana bafungirwa i Nyagatare ni abana bakora ibyaha batarageza ku myaka y’ubukure bafite hagati y’imyaka 14 na 18. Abana bafungiye i Nyagatare ni 270, ibyaha ashinjwa abenshi ni ugufata ku ngufu, ubwicanyi ndetse n’ubujura.

rcspet

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

1 hour ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

1 month ago

This website uses cookies.