Categories: Amakuru ya RCS

Abarimu bigisha abacungagereza bahawe amahugurwa y’uburyo bugezweho bwo gutegura amasomo.

Mu rwego rwo kongerera ubushobozi abacungagereza, abarimu bigisha mu ishuri rya RCS ritegura abacungagereza b’umwuga  bahawe  amahugurwa y’iminsi 10  n’impuguke ziturutse mu Ishyirahamwe Mpuzamahanga ryo Kugorora ryitwa International Corrections and Prison Associations (ICPA) . Aya mahugurwa yibanze ku kwigishwa uburyo bwo gutegura integanyanyigisho yabereye ku kicaro  gikuru cy’Urwego rw’Igihugu  rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS.

Ubwo yasozaga aya mahugurwa,  Komiseri Mukuru wa RCS CGP George Rwigamba yashimye abakozi ba ICPA bageneye amahugurwa abakozi ba RCS kuko azatuma u Rwanda rugira abacungagereza bafite ubumenyi bwo ku rwego mpuzamahanga. CGP George Rwigamba yasabye kandi abacungareza bigisha mu ishuri rya RCS ritoza abacungagereza gushyira mu bikorwa vuba ibyo bigishijwe.

Abakozi ba ICPA batanze amahugurwa basobanuye ko aya mahugurwa bageneye abacungagereza bo mu Rwanda azatuma bakora nk’abanyamwuga kandi ntibizongere kuba ngombwa ko abacungagereza bagomba kujya kwiga mu mashuri yigisha abacungagereza yo hanze y’u Rwanda.

Aya mahugurwa ku nteganyanyigisho z’igishwa abiga mu mashuri y’abacungagereza yari yatangiye tariki 18 Kamena 2016 asozwa tariki ya 28 Kamena 2016

rcspet

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.