Mu rwego rwo kongerera ubushobozi abacungagereza, abarimu bigisha mu ishuri rya RCS ritegura abacungagereza b’umwuga bahawe amahugurwa y’iminsi 10 n’impuguke ziturutse mu Ishyirahamwe Mpuzamahanga ryo Kugorora ryitwa International Corrections and Prison Associations (ICPA) . Aya mahugurwa yibanze ku kwigishwa uburyo bwo gutegura integanyanyigisho yabereye ku kicaro gikuru cy’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS.
Ubwo yasozaga aya mahugurwa, Komiseri Mukuru wa RCS CGP George Rwigamba yashimye abakozi ba ICPA bageneye amahugurwa abakozi ba RCS kuko azatuma u Rwanda rugira abacungagereza bafite ubumenyi bwo ku rwego mpuzamahanga. CGP George Rwigamba yasabye kandi abacungareza bigisha mu ishuri rya RCS ritoza abacungagereza gushyira mu bikorwa vuba ibyo bigishijwe.
Abakozi ba ICPA batanze amahugurwa basobanuye ko aya mahugurwa bageneye abacungagereza bo mu Rwanda azatuma bakora nk’abanyamwuga kandi ntibizongere kuba ngombwa ko abacungagereza bagomba kujya kwiga mu mashuri yigisha abacungagereza yo hanze y’u Rwanda.
Aya mahugurwa ku nteganyanyigisho z’igishwa abiga mu mashuri y’abacungagereza yari yatangiye tariki 18 Kamena 2016 asozwa tariki ya 28 Kamena 2016
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.