Mu rwego rwo kongerera ubushobozi abacungagereza, abarimu bigisha mu ishuri rya RCS ritegura abacungagereza b’umwuga bahawe amahugurwa y’iminsi 10 n’impuguke ziturutse mu Ishyirahamwe Mpuzamahanga ryo Kugorora ryitwa International Corrections and Prison Associations (ICPA) . Aya mahugurwa yibanze ku kwigishwa uburyo bwo gutegura integanyanyigisho yabereye ku kicaro gikuru cy’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS.
Ubwo yasozaga aya mahugurwa, Komiseri Mukuru wa RCS CGP George Rwigamba yashimye abakozi ba ICPA bageneye amahugurwa abakozi ba RCS kuko azatuma u Rwanda rugira abacungagereza bafite ubumenyi bwo ku rwego mpuzamahanga. CGP George Rwigamba yasabye kandi abacungareza bigisha mu ishuri rya RCS ritoza abacungagereza gushyira mu bikorwa vuba ibyo bigishijwe.
Abakozi ba ICPA batanze amahugurwa basobanuye ko aya mahugurwa bageneye abacungagereza bo mu Rwanda azatuma bakora nk’abanyamwuga kandi ntibizongere kuba ngombwa ko abacungagereza bagomba kujya kwiga mu mashuri yigisha abacungagereza yo hanze y’u Rwanda.
Aya mahugurwa ku nteganyanyigisho z’igishwa abiga mu mashuri y’abacungagereza yari yatangiye tariki 18 Kamena 2016 asozwa tariki ya 28 Kamena 2016
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.