Komiseri Mukuru wungirije w’urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, DCGP Rose Muhisoni, uri muruzinduko rw’akazi kuva kuwa 24 kugeza kuwa 26 Nzeri 2023, ari muri Zimbabwe, mu ruzinduko rw’akazi mu minsi itatu, aho yagiye kureba uko serivise zaho z’Igorora zikora, n’uburyo b’imikoranire myiza mu bijyanye na gahunda z’amahugurwa no gusubiza mu buzima busanzwe urwego rwo kugorora abakoze ibyaha, ibi bikaba biri murwego rwo guhanahana ubumenyi no kubaka ubunyamwuga, aho impande zombi zisangira ubumenyi bushobora gukoreshwa ku mpande zombie, murwego rwo kugorora bategura uwakoze icyaha gusubira mubuzima busanzwe.
Muri urwo ruzinduko, yasuye Gereza ya Mazowa izwiho ibikorwa by’ubuhinzi n’umusaruro, mu rwego rwo kureba uko ibikorwa by’ubuhinzi bikorwa ndetse n’uburyo bwo kuhira imyaka bakoresha mu bikorwa by’umusaruro, bakomereje kuri Gereza ifungiyemo abagore I Marondera, murwego rwo kurebe uko abagore bafunzwe bitabwaho muri gereza.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.