Mu ruzinduko yagiriye ku Igororero rya Ngoma aganira n’abagore bahagororerwa yababwiye ko basabwa kurangwa n’ikinyabupfura no kwirinda icyateza umutekano muke mu Igororero.
Yagize ati” aha muri mugomba kugaragaza imyitwarire myiza, mukarangwa n’ikinyabupfura, mukirinda ibintu byose byabateza umutekano muke mu Igororero, ibyo birimo kwinjiza ibitemewe n’amakosa atandukanye yatuma hari ikibazo cyagaragara hagati yanyu ugasanga bibabibyemo umwiryane, niyo mpamvu mugomba gukurikiza amabwiriza yose abagenga muba mwahawe.”
Yakomereje mu murenge wa Zaza, akagari ka Ruhembe, umudugudu wa Makoma aherekejwe n’umuyobozi w’akarere ka Ngoma Niyonagira Nathalie, bataha ivomero rusange ry’amazi ryubakiwe abaturage murwego rw’imikoranire myiza no gushyigikira iterambere ryabo.
CGP Evariste Murenzi yabwiye abaturage b’I Zaza ko ari abaturanyi kandi abaturanyi basangira byose, abasaba kuzabungabunga icyo gikorwa remezo bahawe kandi ababwira ko bazakomeza gufatanya mu ku babaka igihugu mu bikorwa bitandukanye harimo no gutangira abaturage batishoboye bo mumudugudu wa Makoma. ubwishingizi mu kwivuza.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.