Categories: Amakuru ya RCSSlider

STECOMA yatanze isuzumabushobozi ry’ubwubatsi ku bantu 200 bagororerwa mu  Igororero rya Rwamagana

Ni isuzumabushobozi ryatanzwe na bamwe mu bagize urugaga rw’abubatsi mu Rwanda STECOMA, mu rwego rwo kureba ko ibyo bize bari mu Igororero babizi neza, abazaritsinda bakazahabwa impamyabushobozi izabafasha kubona akazi basoje ibihano by’ibyaha bakoze ndetse urwo rugaga rukanabakorera ubuvugizi kubafite ibigo by’ubwubatsi bikabaha akazi bigendeye ku mpamyabushobozi bazaba bafite kuko iba iri kurwego rw’ikigo gishinzwe imyuga n’ubumenyingiro RTB.

Iryumugabe Narcise, wigiye umwuga w’ubwubatsi mu Igororero, yavuze ko imamyabushobozi azahabwa izamufasha kubona akazi kuko izaba igaragaza ibyo azi kuko benshi usanga bakora uwo mwuga ntakibigaragaza.

Yagize” Izi mpamyabushobozi tuzabona zizadushimisha kuko benshi usanga bakora umwuga w’ubwubatsi nta kibigaragaza bafite, ariko kuba tuzaba dufite ikibigaragaza bizaba ari byiza ndetse ibi bikaba binatuma umuntu ugukoresha akugirira icyizere.”

Muvunnyi Omar aravuga ko mubyamushimishije ari ukuza gufungwa yagera mu Igororero agasanga hari amahirwe ko umuntu ashobora kuba yahigira umwuga uzamufasha kwiteza imbere asoje ibihano.

Yagize ati” Mubyukuri ntabwo niyumvishaga ko umuntu yakora icyaha akongera no kugira amahirwe yo kwiga umwuga ari mu Igororero, uyu mwuga nigiye hano uzamfasha kwiteza imbere ndetse nteze imbere umuryango wanjye n’Igihugu nkaba nshimira Leta y’u Rwanda idahwema kwita kubaturage bayo ntawe ivanguye.”

Fikiri Epaphrodite, umuyobozi mukuru wungirije muri STECOMA ushinzwe amahugurwa n’amasomo, yavuze ko mubyo bakora harimo ubuvugizi kubakozi bakora mu mwuga w’ubwubatsi, amahugurwa ndetse n’isuzumabushobozi ku bize uwo mwuga, abasoje amahugurwa bagatsinda bagahabwa impamyabushobozi abatsinzwe bagahabwa andi mahugurwa.

Yagize ati” Mubyo dukora harimo ubuvugizi kubakozi bize umwuga w’ubwubatsi, tukabahuza n’ibigo bifite imirimo yo kubaka, bakaba babona akazi kuko baba barakorewe isuzumabushobozi, babifitiye n’impamyabushobozi kuko ntawe uyihabwa atarabanje hukorerwa isuzuma, ikindi kuri aba bantu bari mu magaororero nyuma yo gusoza ibihano byabo habaho kubahuza n’abafite imirimo y’ubwubatsi bikabafasha kubona akazi muburyo bworoshye ndetse n’impamyabushobozi bahabwa ziba ziri kurwego rwa RTB.”

SP Janet Bugingo, umuyobozi ushinzwe Diviziyo y’imibereho myiza no Kugorora muri RCS, wari uhagarariye Komiseri mukuru wa RCS, yavuze ko kwigisha abari mu magororero imyuga itandukanye biri muri gahunda yo kugorora.

Yagize ati” kwigisha imyuga n’ubumenyingiro abari mumagororero, ni imwe muri gahunda zitandukanye zigamije kubongerera ubumenyi, dubufatanye na minisiteri y’uburezi , kugirango mugihe bazaba barangije igihano basubiye mubuzima busanzwe bizamufashe kuziteza imbere akanateza imbere n’umuryango we kandi bikanamurinda insubiracyaha kuko azaba afite ikintu cyo gukora, ibi rero bikaba biri muburyo bwiza bwo kugorora uwakoze icyaha.”

Mu magororero hashyizwe imbaraga mukwigisha abayarimo imyuga itandukanye, abayisoje bagahabwa impamyabushobozi ya RTB, ubwo bumenyi bahawe bukazabasha kwiteza imbere nyuma yogusoza ibihano.

Abagororwa bagera kuri 200 bari gukora isuzumabushobozi kubwubatsi bize bari mu Igororero.
Abazatsinda icyo kizamini bazahabwa impamyabushobozi iri kurwego rwa RTB nkizindi zose zitangwa kubize amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro.
Ni isuzuma ry’ubumenyingiro ritangwa na STECOMA ikanakorera ubuvugizi abaze ubwubatsi
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.