Iri tsinda ryaje ku Igororero rya Nyamagabe rigizwe na komite Nyobozi y’ako karere n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge yose yo mu karere ka Nyamagabe, aho bari muri gahunda yo kumenya imibereho y’abaturage babo bari mu Igororero abafite ibibazo mu miryango bigashakirwa ibisubizo ndetse bakarushaho no gusobanurirwa zimwe muri gahunda za Leta zigezweho kugirango nibasoza ibihano byabo batazasanga hari gahunda zabasize batigeze bamenya.
Mubyo baganirijweho harimo kubamenyesha ko nabo bafite uruhare rukomeye mu iterambere ry’Igihugu, ko imyuga bigira mu Igororero bagomba kuyikurikirana neza, bazasoza ibihano byabo bakaba abambere mu kwishakamo ibisubizo no guhanga imirimo mishya mu duce bakomokamo, ari nayo mpamvu baba bafashe umwanya ngo baze baganire nabo mu rwego rwo kubereka ko nubwo bari mu Igororero bakiri abanyarwanda nk’abandi bose nabo baba batekerezwaho.
Mu bagororwa basuwe bahawe umwanya wo kubaza ibibazo mu matsinda agendeye ku mirenge baturukamo, abafite ibibazo biri ku rwego rw’akarere bakegera komite Nyobozi y’akarere bigahabwa umurongo, birangira biyemeje kuzajya babasura buri gihembwe.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.