Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ku ishuri rya RCS i Rwamagana, UNITAR yatangije amahugurwa ku barimu bazahugura abandi

CP Bosco Kabanda, Komiseri ushinzwe imyitwarire n’ubureremboneragihugu muri RCS, niwe watangije aya mahugurwa kumugaragaro, atangira ashimira itsinda ry’abitabiriye bazahugurwa ndetse nabo bakazahugura abandi, n’itsinda rizatanga ayo amahugurwa riturutse mu ishami ritanga amahugurwa n’ubushakashatsi mu muryango w’abibumbye UNITAR, mu rwego rwo gukemura amakimbirane no kugarura amahoro mu bihugu birimo intambara, nkuko bimaze kumenyerwa ko hari abakozi ba RCS, bajya gutanga umusanzu wabo muri ibyo bihugu.

Uwari uhagarariye UNITAR ni Claude Kaberuka, yavuze ko amahugurwa ku kumenya imiterere y’igihugu runaka abagiye kujyayo mu kugarura amahoro aba akaenewe.
Yagize ati” mu izina rya UNITAR na RCS nkabafatanyabaikorwa, nejejwe no kuba turi hano muri aya mahugurwa, mubyukuri amahugurwa nk’aya kubijyanye no kumenya imiterere y’ubutumwa bwo kugarura amahoro buba buteye aba akenewe, ni ahantu haba hagoye kuhakorera mubihugu biba birimo amakimbirane, niyo mpamvu tugomba kubanza kubategura mbere yo kujya muri ubwo butumwa kugira ngo bazagereye hari byinshi bazi biborohere gukora akazi kabo, niyo mpamvu y’aya mahugurwa mu rwego rwo gutegura abarimu bazigisha abandi.”

Aya mahugurwa yatangiye kuwa 09 azarangira kuwa 20 Ukwakira 2023. Akaba agamije kongerera ubumenyi abarimu 11 bazahugura abandi mu kuzamura ubushobozi bw’abakozi ba RCS bitegura koherezwa mu butumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro no gukemura amakimbirane.
Abitabiriye aya mahugurwa nabo bazahugura abandi bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro.
CP Bosco Kabanda niwe watangije aya mahugurwa kumugaragaro.
Claude Kaberuka, umwe mu bajyanama ba UNITAR mu Rwanda nawe yavuze impamvu z’aya mahugurwa.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.