Categories: Amakuru ya RCS

CGP George Rwigamba arasaba abagororwa kuzarangwa n’ituze mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 22 genoside yakorewe abatutsi

Kimwe n’abandi banyarwanda, imfungwa n’abagororwa kuri uyu wa kane batangiye icyumweru cyo kwibuka genoside yakorewe abatutsi mu Rwanda. Uyu muhango wabereye muri gereza ya Nyarugenge witabiriwe n’Ubuyobozi bukuru bw’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS barangajwe imbere na Komiseri Mukuru CGP George Rwigamba. Kwibuka genoside yakorewe abatutsi muri gereza ya Nyarugenge byatangijwe no gucana urumuri rw’ikizere, bisobanuye ko imbere ari heza hazira genoside. Komiseri mukuru wa RCS CGP George Rwigamba mu ijambo yagejeje ku mfungwa n’abagororwa, yababwiye ko bagomba kuzarangwa n’umutuzo muri iki cyumweru kandi bakirinda amagambo mabi ashobora gukomeretsa bagenzi babo ndetse narimo ay’ingengabitekerezo ya genoside.

CGP Rwigamba yanakanguriye abagororwa kuzitabira ibiganiro byose bizatangwa muri iki cyumweru cyo kwibuka genoside yakorewe abatutsi dore ko nabajyaga mu mirimo hanze ya gereza ubu nayo yabaye ihagaritswe kugirango hatazagira ucikanwa n’ibi biganiro.

 Uhagarariye abandi bagororwa ba gereza ya Nyarugenge, we yavuze ko muri ibi bihe bongera kwibuka ingaruka mbi genoside yasize, aboneraho gusaba bagenzi be bazi ahari imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro kuvuga aho iherereye ngo ishyingurwe. Israheli Dusingizimana wemera uruhare yagize muri genoside yakorewe abatutsi mu karere ka Nyanza, kuri we ngo iki cyumweru nk’abantu bakoze genoside nabo baribuka, kuko bibafasha gusubiza amaso inyuma, bakicuza ibyo bakoze kandi bakanabisabira imbabazi.  Israheli wari umuyobozi wa segiteri Rwabicuma mu cyahoze ari komine Nyabisindu i Nyanza, asaba bagenzi be guhindura imyumvire bakitabira gahunda z’ubumwe n’ubwiyunge bakangurirwa na leta y’u Rwanda.

Ibikorwa byo kwibuka muri gereza ya Nyarugenge, bitegurwa n’ubuyobozi bwa gereza bufatanyije n’itsinda ry’abagororwa ryitwa “Ikizere” rihuriyemo abarokotse genoside ndetse n’abandi biyemeje kuyirwanya. Kugeza ubu ubu muri gereza ya Nyarugenge abagororwa  65 bandikiye imiryango bahemukiye kugirango bayisabe imbazi ku byaha bayikoreye.

rcspet

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

22 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.