Categories: Amakuru ya RCS

CGP George Rwigamba arasaba abagororwa kuzarangwa n’ituze mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 22 genoside yakorewe abatutsi

Kimwe n’abandi banyarwanda, imfungwa n’abagororwa kuri uyu wa kane batangiye icyumweru cyo kwibuka genoside yakorewe abatutsi mu Rwanda. Uyu muhango wabereye muri gereza ya Nyarugenge witabiriwe n’Ubuyobozi bukuru bw’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS barangajwe imbere na Komiseri Mukuru CGP George Rwigamba. Kwibuka genoside yakorewe abatutsi muri gereza ya Nyarugenge byatangijwe no gucana urumuri rw’ikizere, bisobanuye ko imbere ari heza hazira genoside. Komiseri mukuru wa RCS CGP George Rwigamba mu ijambo yagejeje ku mfungwa n’abagororwa, yababwiye ko bagomba kuzarangwa n’umutuzo muri iki cyumweru kandi bakirinda amagambo mabi ashobora gukomeretsa bagenzi babo ndetse narimo ay’ingengabitekerezo ya genoside.

CGP Rwigamba yanakanguriye abagororwa kuzitabira ibiganiro byose bizatangwa muri iki cyumweru cyo kwibuka genoside yakorewe abatutsi dore ko nabajyaga mu mirimo hanze ya gereza ubu nayo yabaye ihagaritswe kugirango hatazagira ucikanwa n’ibi biganiro.

 Uhagarariye abandi bagororwa ba gereza ya Nyarugenge, we yavuze ko muri ibi bihe bongera kwibuka ingaruka mbi genoside yasize, aboneraho gusaba bagenzi be bazi ahari imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro kuvuga aho iherereye ngo ishyingurwe. Israheli Dusingizimana wemera uruhare yagize muri genoside yakorewe abatutsi mu karere ka Nyanza, kuri we ngo iki cyumweru nk’abantu bakoze genoside nabo baribuka, kuko bibafasha gusubiza amaso inyuma, bakicuza ibyo bakoze kandi bakanabisabira imbabazi.  Israheli wari umuyobozi wa segiteri Rwabicuma mu cyahoze ari komine Nyabisindu i Nyanza, asaba bagenzi be guhindura imyumvire bakitabira gahunda z’ubumwe n’ubwiyunge bakangurirwa na leta y’u Rwanda.

Ibikorwa byo kwibuka muri gereza ya Nyarugenge, bitegurwa n’ubuyobozi bwa gereza bufatanyije n’itsinda ry’abagororwa ryitwa “Ikizere” rihuriyemo abarokotse genoside ndetse n’abandi biyemeje kuyirwanya. Kugeza ubu ubu muri gereza ya Nyarugenge abagororwa  65 bandikiye imiryango bahemukiye kugirango bayisabe imbazi ku byaha bayikoreye.

rcspet

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.