Categories: Amakuru ya RCS

CGP George Rwigamba arasaba abagororwa kuzarangwa n’ituze mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 22 genoside yakorewe abatutsi

Kimwe n’abandi banyarwanda, imfungwa n’abagororwa kuri uyu wa kane batangiye icyumweru cyo kwibuka genoside yakorewe abatutsi mu Rwanda. Uyu muhango wabereye muri gereza ya Nyarugenge witabiriwe n’Ubuyobozi bukuru bw’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS barangajwe imbere na Komiseri Mukuru CGP George Rwigamba. Kwibuka genoside yakorewe abatutsi muri gereza ya Nyarugenge byatangijwe no gucana urumuri rw’ikizere, bisobanuye ko imbere ari heza hazira genoside. Komiseri mukuru wa RCS CGP George Rwigamba mu ijambo yagejeje ku mfungwa n’abagororwa, yababwiye ko bagomba kuzarangwa n’umutuzo muri iki cyumweru kandi bakirinda amagambo mabi ashobora gukomeretsa bagenzi babo ndetse narimo ay’ingengabitekerezo ya genoside.

CGP Rwigamba yanakanguriye abagororwa kuzitabira ibiganiro byose bizatangwa muri iki cyumweru cyo kwibuka genoside yakorewe abatutsi dore ko nabajyaga mu mirimo hanze ya gereza ubu nayo yabaye ihagaritswe kugirango hatazagira ucikanwa n’ibi biganiro.

 Uhagarariye abandi bagororwa ba gereza ya Nyarugenge, we yavuze ko muri ibi bihe bongera kwibuka ingaruka mbi genoside yasize, aboneraho gusaba bagenzi be bazi ahari imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro kuvuga aho iherereye ngo ishyingurwe. Israheli Dusingizimana wemera uruhare yagize muri genoside yakorewe abatutsi mu karere ka Nyanza, kuri we ngo iki cyumweru nk’abantu bakoze genoside nabo baribuka, kuko bibafasha gusubiza amaso inyuma, bakicuza ibyo bakoze kandi bakanabisabira imbabazi.  Israheli wari umuyobozi wa segiteri Rwabicuma mu cyahoze ari komine Nyabisindu i Nyanza, asaba bagenzi be guhindura imyumvire bakitabira gahunda z’ubumwe n’ubwiyunge bakangurirwa na leta y’u Rwanda.

Ibikorwa byo kwibuka muri gereza ya Nyarugenge, bitegurwa n’ubuyobozi bwa gereza bufatanyije n’itsinda ry’abagororwa ryitwa “Ikizere” rihuriyemo abarokotse genoside ndetse n’abandi biyemeje kuyirwanya. Kugeza ubu ubu muri gereza ya Nyarugenge abagororwa  65 bandikiye imiryango bahemukiye kugirango bayisabe imbazi ku byaha bayikoreye.

rcspet

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.