Categories: Amakuru ya RCS

Warder Jean Claude NGARUKIYINKA yahembwe nk’umukozi w’indashyikirwa muri RCS

Ubwo abakozi ba RCS bizihizaga Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo kuri uyu wa gatandatu  umukozi w’indashyikirwa wahize abandi muri uyu mwaka wa 2016 yarashimiwe. Ibi birori byaranzwe n’ubusabane bwabereye I Rwamagana ku ishuri rya RCS ryigisha abacungagereza b’umwuga. Ubu busabane bwahuje abakozi ba RCS bo mu byiciro bitandukanye, abayobozi b’amagereza ndetse n’abacungagereza bakorera ku ishuri RCS ryigisha abacungagereza

Kwizihiza uyu munsi  mpuzamahanga w’umurimo muri RCS icyari kigamijwe ni ugushakira hamwe icyateza imbere akazi nkuko byasobanuwe na SSP Alex Kimenyi uyobora ishami rishinzwe Imari n’abakozi muri RCS . Muri ubu busabane bwo kwihiza umunsi mukuru w’Umurimo muri RCS, hashimwe abakozi bakanoza umurimo wabo., Umucungagereza wahize abandi warder Jean Claude Ngarukiyinka wahawe igihembo cy’indashyikirwa ndetse n’ ishimwe ry’amafaranga ibihumbi ijana (100.000 frw)

Komiseri Mukuru wa RCS CGP George Rwigamba  mu ijambo yagejeje bacungagereza  bari bitamiriye ubusabane bwo kwizihiza umunsi w’umurimo i Rwamagana, yagarutse ku mateka y’uyu munsi maze abakangurira guharanira kuba indashyikirwa mu murimo wabo. Avuga ku gihembo cyahawe umukozi w’indashyishyirwa , CGP Paul Rwigamba yavuze ko abakozi bose bakoze neza muri uyu mwaka , ariko igihembo cyari giteganirijwe umuntu umwe : “….. Mu bantu benshi iteka habamo uwa mbere ndashimira Ngarukiyinka ndetse n’abandi bakozi bitwaye neza. Ibi (guhemba umukozi w’indashyikirwa) hari isomo tubikuramo, kuko bituma n’abandi  bakozi bashyira mu gaciro akazi bakagakorana ishyaka”

Kugirango akazi gakorwe neza, imibereho y’abakozi igomba kwitabwaho ni muri urwo rwego abacungagereza batecyerejweho, CGP George Rwigamba kuri uyu munsi wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umurimo muri RCS yatangaje ko mu kwezi kwa karindwi uyu mwaka wa 2016  abakozi ba RCS bazongererwa umushahara yaragize ati : “…  ikindi kibazo n’imishahara yagiye iguma ahantu hamwe, nagirango mbabwire ko icyo ri kimwe mucyo twabashije kugobotora ,  kirangirana n’uyu mwaka w’ingengo y’imari.  Ni ukuvuga ngo mu ngengo y’imari y’umwaka itaha kimwe mu bibazo byacyemutse ni ukongera umushara w’abakozi.”    CGP Rwigamba yemeje ko mu kwezi kwa karindwi uyu mwaka wa 2016 abakozi ba RCS bazaba bazamurwa umushahara

bijyanye no kongerera ubumenyi abakozi, CGP Rwigamba yavuze ko ishuri rya RCS ryigisha abacungagereza  riri I Rwamagana rizongererwa ubushobozi ku buryo rizajya ryigisha abacungagereza b’ibibyiciro bitandukanye. Mu bindi bibazo byagaragajwe n’abakozi , harimo ikijyanye no kuzamurwa mu ntera, Komiseri Mukuru wa RCS yijeje abacungagereza ko iki kirimo gutecyerezwaho hakurikijwe igenamigambi. Kwizihiza umusi mpuzamahanga w’umurimo byahuriranye n’Umwiherero w’abakozi bo muri RCS ndetse n’abayobozi b’amagereza.  Uyu mwiherero wabereye I Rwamagana ni uwa mbere ubayeho kuva RCS yashingwa

rcspet

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

21 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.