Categories: Amakuru ya RCS

Brigadier General George RWIGAMBA yatangiye akazi muri RCS nka Komiseri Mukuru

Inama y’abaministre yo kuwa 29 Werurwe 2016 nibwo yemeje ko Brigadier General George Rwigamba agizwe Komiseri mukuru wa RCS asimbuye CGP Paul RWARAKABIJE. Kuri uyu wa mbere nibwo ihererekanyabubasha ku buyobozi bwa RCS ryabaye hagati ya CGP Paul RWARAKABIJE wayoboraga RCS kuva mu mwaka wa 2011 na Brigadier General George RWIGAMBA. Uyu muhango wayobowe na  ministre w’umutekano mu guhugu sheih Moussa Fazil HARELIMANA. Nkuko byatangajwe na Komiseri mukuru wa RCS ucyuye igihe, Major General Paul RWARAKABIJE yifurije akazi keza CGP George RWIGAMBA anamwizeza ubufatanye igihe cyose buzaba bucyenewe. Yagize ati:”RCS ni umuryango, nta muntu uyivamo, tuzahora duharanira icyateza imbere RCS muri rusange aho tuzaba turi hose” Komiseri mukuru wa RCS CGP George Rwigamba yabwayiye abakozi ba RCS bari muri uyu muhango ko aje gukomereza aho abayobozi bacyuye igihe bari bageze. CGP George RWIGAMBA akaba kandi yakanguriye abakozi ba RCS kurushaho kurangwa na discipline kuko ariwo musingi w’akazi kabo. CGP George RWIGAMBA Komiseri mushya wa RCS yatangiranye imirimo yo kuyobora RCS hamwe na DCGP Chantal UJENEZA wasimbuye DCG Mary GAHONZIRE ku mwanya wa Komiseri Mukuru Wungirije

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.