Inama y’abaministre yo kuwa 29 Werurwe 2016 nibwo yemeje ko Brigadier General George Rwigamba agizwe Komiseri mukuru wa RCS asimbuye CGP Paul RWARAKABIJE. Kuri uyu wa mbere nibwo ihererekanyabubasha ku buyobozi bwa RCS ryabaye hagati ya CGP Paul RWARAKABIJE wayoboraga RCS kuva mu mwaka wa 2011 na Brigadier General George RWIGAMBA. Uyu muhango wayobowe na ministre w’umutekano mu guhugu sheih Moussa Fazil HARELIMANA. Nkuko byatangajwe na Komiseri mukuru wa RCS ucyuye igihe, Major General Paul RWARAKABIJE yifurije akazi keza CGP George RWIGAMBA anamwizeza ubufatanye igihe cyose buzaba bucyenewe. Yagize ati:”RCS ni umuryango, nta muntu uyivamo, tuzahora duharanira icyateza imbere RCS muri rusange aho tuzaba turi hose” Komiseri mukuru wa RCS CGP George Rwigamba yabwayiye abakozi ba RCS bari muri uyu muhango ko aje gukomereza aho abayobozi bacyuye igihe bari bageze. CGP George RWIGAMBA akaba kandi yakanguriye abakozi ba RCS kurushaho kurangwa na discipline kuko ariwo musingi w’akazi kabo. CGP George RWIGAMBA Komiseri mushya wa RCS yatangiranye imirimo yo kuyobora RCS hamwe na DCGP Chantal UJENEZA wasimbuye DCG Mary GAHONZIRE ku mwanya wa Komiseri Mukuru Wungirije
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.