Categories: Amakuru ya RCS

Brigadier General George RWIGAMBA yatangiye akazi muri RCS nka Komiseri Mukuru

Inama y’abaministre yo kuwa 29 Werurwe 2016 nibwo yemeje ko Brigadier General George Rwigamba agizwe Komiseri mukuru wa RCS asimbuye CGP Paul RWARAKABIJE. Kuri uyu wa mbere nibwo ihererekanyabubasha ku buyobozi bwa RCS ryabaye hagati ya CGP Paul RWARAKABIJE wayoboraga RCS kuva mu mwaka wa 2011 na Brigadier General George RWIGAMBA. Uyu muhango wayobowe na  ministre w’umutekano mu guhugu sheih Moussa Fazil HARELIMANA. Nkuko byatangajwe na Komiseri mukuru wa RCS ucyuye igihe, Major General Paul RWARAKABIJE yifurije akazi keza CGP George RWIGAMBA anamwizeza ubufatanye igihe cyose buzaba bucyenewe. Yagize ati:”RCS ni umuryango, nta muntu uyivamo, tuzahora duharanira icyateza imbere RCS muri rusange aho tuzaba turi hose” Komiseri mukuru wa RCS CGP George Rwigamba yabwayiye abakozi ba RCS bari muri uyu muhango ko aje gukomereza aho abayobozi bacyuye igihe bari bageze. CGP George RWIGAMBA akaba kandi yakanguriye abakozi ba RCS kurushaho kurangwa na discipline kuko ariwo musingi w’akazi kabo. CGP George RWIGAMBA Komiseri mushya wa RCS yatangiranye imirimo yo kuyobora RCS hamwe na DCGP Chantal UJENEZA wasimbuye DCG Mary GAHONZIRE ku mwanya wa Komiseri Mukuru Wungirije

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.