Categories: Amakuru ya RCS

Abagororwakazi bakoze igitaramo kirimo no kwiyerekana bigezweho (defile de mode)

Abagororwa bo muri Gereza yihariye y’abagore ya Ngoma bakoze igitaramo  cyo gusezera kuri mugenzi wabo Murekatete  Vestine wari urangije igihano cye cy’imyaka itanu . Iki gitaramo  cyaranzwe n’imikino itandukanye nk’amakinamico indirimbo zirekana intambwe abo bagororwa bamaze kugeraho bagororoka, iz’ivuga k’ubumwe n’ubwiyunge ndetse  banakora umwiyerekano (defile de mode) aho berekanaga umuco uranga umunyarwandakazi warezwe neza ndetse n’aho iterambere rigeze. Iki gitaramo cyari cyitabiriwe n’umuyobozi ushinzwe kugorora , imibereho myiza n’uburenganzira bwabagororwa SP Vianney MUGISHA ndetse n’umuyobozi wa Gereza ya Ngoma SIP Mari Grace NDWANYI

Murekatete Vestine  ni umugororwa warangije igihano cye muri Gereza ya Ngoma kuri uyu wa gatanu, nawe akaba ari mu bakoze imyiyereko (defile de mode) atangaza ko mwene iyi mikino yo kwiyerekena defile de mode iri mu rwego rw’imikino ibafasha mu kugororoka. Murekatete avuga ko defile de mode muri Gereza, yungura ubwenge abakobwa n’abagore bafunzwe ku bijyanye n’imyambarire ndetse n’umuco wa kinyarwanda. Ku bwa Vestine ngo atarajya mu myidagaduro iba muri Gereza , ngo yahoraga yigunze ariko ngo aho yegereye bagenzi be bibumbiye mu itorero Indangamirwa byatumye abohoka, asobanukirwa ububi bw’icyaha ndetse n’inzira zose zamugusha mu bishuko.

Marie Grace Mukamuhizi ni umugore ushesha akanguhe w’imyaka 55 akaba ashima Leta yabahaye uburenganzira bwo gutunga umusatsi: mbere umugororwa yarangwaga no kogosha umusatsi akamaraho none ubu batwemereye gutunga umusatsi, turishimye cyane kuko ubwiza bw’umugore burangwa n’umusatsi. Ni ikimenyesto ko Leta y’ubumwe utwitayeho. Marie Grace avuga ko kwirekena bikorwa n’abakobwa bakiri bato, n’abantu bakuru nabo babyishimira kuko bibereka iterambere igihugu kigezeho. 

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.