Categories: Amakuru ya RCS

Ku Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa hatanzwe ikiganiro ku munsi w’intwari

Kuri uyu wa gatanu, tariki ya 29 Mutarama 2016 ku kicaro cy’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa hatanzwe ikiganiro ku munsi ngarukamwaka w’Intwari wizihizwa kuya 01 Gashyantare. Ikiganiro kikaba cyatanzwe n’Umunyabanga Mukuru mu Rwego rw’Igihugu Rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’ishimwe Bwana Nkusi Déo.

Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’AbagororwaCGP Paul RWARAKABIJE yatangiye aha ikaze umushyitsi mukuru ndetse anibutsa abitabiriye ikiganiro ko iki kiganiro ari ingirakamaro, anashima ko gitangiwe igihe mu gihe turi kwitegura kwizihiza umunsi mukuru w’intwari wizihizwa tariki ya 01 Gashyantare ngarukamwaka.

Umunyabanga Mukuru mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari z’Igihugu,  Imidari n’Impeta by’ishimwe yatangiye ikiganiro yibutsa ko intego y’uyu mwaka ari: “Duharanire Ubutwari duharanira ejo hazaza” aboneraho asaba ko dukwiye guharanira ubutwari twubaka igihugu (ibikorwa remezo) ariko hubakwa n’ubuntu hashingiwe ku ndangagaciro ndetse na kirazira.

Yakomeje yibutsa bimwe mu biranga intwari harimo; Kugira umutima ukomeye kandi ukeye, gukunda igihugu, kwitanga, kugira ubushishozi, kugira ubwamamare mu butwari, kuba intangarugero, kuba umunyakuri, kugira ubupfura ndetse no kugira ubumuntu.  

Nyuma yo kwibutsa bimwe mu biranga intwari yanavuze kubishingirwaho hatoranywa intwari harimo; ubwitange buhebuje intwari yagize, akamaro intwari yagize, ndetse n’urugero intwari yatanze.umunyabanga mukuru mu rwego rw’Igihugu rushinzwe intwari z’igihugu,  imidari n’impeta by’ishimwe yashoje ageza ku bitabiriye ibiganiro ibyiciro by’intwari tuzirikana; aribyo: Imanzi , Imena, ndetse n’ Ingenzi anasaba ko natwe twazaharinira kuba intwari.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

22 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.