Categories: Amakuru ya RCS

Ku Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa hatanzwe ikiganiro ku munsi w’intwari

Kuri uyu wa gatanu, tariki ya 29 Mutarama 2016 ku kicaro cy’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa hatanzwe ikiganiro ku munsi ngarukamwaka w’Intwari wizihizwa kuya 01 Gashyantare. Ikiganiro kikaba cyatanzwe n’Umunyabanga Mukuru mu Rwego rw’Igihugu Rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’ishimwe Bwana Nkusi Déo.

Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’AbagororwaCGP Paul RWARAKABIJE yatangiye aha ikaze umushyitsi mukuru ndetse anibutsa abitabiriye ikiganiro ko iki kiganiro ari ingirakamaro, anashima ko gitangiwe igihe mu gihe turi kwitegura kwizihiza umunsi mukuru w’intwari wizihizwa tariki ya 01 Gashyantare ngarukamwaka.

Umunyabanga Mukuru mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari z’Igihugu,  Imidari n’Impeta by’ishimwe yatangiye ikiganiro yibutsa ko intego y’uyu mwaka ari: “Duharanire Ubutwari duharanira ejo hazaza” aboneraho asaba ko dukwiye guharanira ubutwari twubaka igihugu (ibikorwa remezo) ariko hubakwa n’ubuntu hashingiwe ku ndangagaciro ndetse na kirazira.

Yakomeje yibutsa bimwe mu biranga intwari harimo; Kugira umutima ukomeye kandi ukeye, gukunda igihugu, kwitanga, kugira ubushishozi, kugira ubwamamare mu butwari, kuba intangarugero, kuba umunyakuri, kugira ubupfura ndetse no kugira ubumuntu.  

Nyuma yo kwibutsa bimwe mu biranga intwari yanavuze kubishingirwaho hatoranywa intwari harimo; ubwitange buhebuje intwari yagize, akamaro intwari yagize, ndetse n’urugero intwari yatanze.umunyabanga mukuru mu rwego rw’Igihugu rushinzwe intwari z’igihugu,  imidari n’impeta by’ishimwe yashoje ageza ku bitabiriye ibiganiro ibyiciro by’intwari tuzirikana; aribyo: Imanzi , Imena, ndetse n’ Ingenzi anasaba ko natwe twazaharinira kuba intwari.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.