Categories: Amakuru ya RCS

Ku Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa hatanzwe ikiganiro ku munsi w’intwari

Kuri uyu wa gatanu, tariki ya 29 Mutarama 2016 ku kicaro cy’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa hatanzwe ikiganiro ku munsi ngarukamwaka w’Intwari wizihizwa kuya 01 Gashyantare. Ikiganiro kikaba cyatanzwe n’Umunyabanga Mukuru mu Rwego rw’Igihugu Rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’ishimwe Bwana Nkusi Déo.

Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’AbagororwaCGP Paul RWARAKABIJE yatangiye aha ikaze umushyitsi mukuru ndetse anibutsa abitabiriye ikiganiro ko iki kiganiro ari ingirakamaro, anashima ko gitangiwe igihe mu gihe turi kwitegura kwizihiza umunsi mukuru w’intwari wizihizwa tariki ya 01 Gashyantare ngarukamwaka.

Umunyabanga Mukuru mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari z’Igihugu,  Imidari n’Impeta by’ishimwe yatangiye ikiganiro yibutsa ko intego y’uyu mwaka ari: “Duharanire Ubutwari duharanira ejo hazaza” aboneraho asaba ko dukwiye guharanira ubutwari twubaka igihugu (ibikorwa remezo) ariko hubakwa n’ubuntu hashingiwe ku ndangagaciro ndetse na kirazira.

Yakomeje yibutsa bimwe mu biranga intwari harimo; Kugira umutima ukomeye kandi ukeye, gukunda igihugu, kwitanga, kugira ubushishozi, kugira ubwamamare mu butwari, kuba intangarugero, kuba umunyakuri, kugira ubupfura ndetse no kugira ubumuntu.  

Nyuma yo kwibutsa bimwe mu biranga intwari yanavuze kubishingirwaho hatoranywa intwari harimo; ubwitange buhebuje intwari yagize, akamaro intwari yagize, ndetse n’urugero intwari yatanze.umunyabanga mukuru mu rwego rw’Igihugu rushinzwe intwari z’igihugu,  imidari n’impeta by’ishimwe yashoje ageza ku bitabiriye ibiganiro ibyiciro by’intwari tuzirikana; aribyo: Imanzi , Imena, ndetse n’ Ingenzi anasaba ko natwe twazaharinira kuba intwari.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.