Categories: Amakuru ya RCSSlider

CGP Evariste Murenzi, Komiseri Mukuru wa RCS, ari mu Bubiligi aho yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku iterambera ry’Amagereza no Kugorora

Iri huriro mpuzamahanga rishinzwe Kugorora n’Amagereza (ICPA), ridaharanira inyungu rihuriramo inzobere mu magereza ryashinzwe mu 1998, rifite intego yo guteza imbere no gusangira ubunararibonye no kubaka ubunyamwuga mu mwuga wo kugororora, hagamijwe guteza imbere umutekano rusange no kwita kubuzima n’imibereho myiza y’abaturage ku isi, uyu muryango kandi muburyo bwihariye wita kujya inama ku bijyanye n’ubukungu n’imibereho mu muryango w’abibumbye (ECOSOC).

Ihuriro ry’uyu mwaka ryitabiriwe n’inzobere mu Kugorora zigera kuri 800, ziturutse impande zose z’isi, ICPA ni inama rusange ngarukamwaka ibera mubihugu bitandukanye, Kugira ngo ICPA ishyigikire iterambere n’ubudashyikirwa mu bijyanye n’inshingano zo kugorora, cyane cyane ibyagezweho biteza imbere uburenganzira bw’ikiremwamuntu no guteza imbere umwuga wo kugorora, iri huriro rikaba ryarahyizeho ibihembo ngarukamwaka mu kugorora, nkaho mu 2015 mu gihugu cya Ositaraliya, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) rwahawe igikombe mpuzamahanga mu rwego rwo gushimira kurengera ibidukikije hakoreshejwe Biogaz mu mumagororero.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka izibanda ” kukugorora himakazwa ubumuntu no kurushaho kureba ibindi byakorwa byagirira akamaro abari mu magororero byafasha mugukumira ibyaha kuko aribwo buryo bwiza bwo kugorora uwakoze icyaha” u Rwanda ruri mu bihugu byitabira iyo nama, bikaruha amahirwe yo kuhungukira Ubumenyi nubuhanga muburyo bugezweho, kuhungukira ibitekerezo bishya n’ikoranabuhanga bigendanye no gutegura abagiye gusoza ibihano gusubira mu buzima busanzwe.

Kubw’ubufatanye buhoraho hagati y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora n’iri  huriro mpuzamahanga rishinzwe Amagereza no Kugorora (ICPA), u Rwanda rwamenyeshejwe ko ruzakira n’inama rusange ngarukamwaka ya 27 ya ICPA izaba kuwa 26-31 Ukwakira 2025, iri huriro niribera mu Rwanda ruzaba rubaye igihugu cya kabiri cya Afurika kiryakiriye nyuma ya Namibiya yaryakiriye mu 2014.

 

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.