Mu gusoza aya mahugurwa CGP Evariste Murenzi, yashimiye UNITAR kubufatanye bafitanye bwo guhugura abarimu bazahugura abakozi ba RCS bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro.
Yagize ati” Ndabashimira kubw’umusanzu wanyu ku mahugurwa mwahaye abarimu bazahugura abandi bakozi baba bategereje kujya mubutumwa bw’amahoro mubihugu birimo umutekano muke bategurwa kinyamwuga, nkongera kubashimira kandi uburyo bufatika bw’amafaranga yakoreshejwe muri aya mahugurwa, ni ibyigiciro gikomeye, ubumenyi mwabahaye buzabafasha gutoza abandi ibijyanye nuko bazitwara bageze mu bihugu boherejwemo babakesha ibizamini bitandukanye.”
Yasoje abashimira ubufatanye bafitanye nk’u Rwanda murugamba rwo guharanira ko amahoro yagaruka ku isi, anavuga ko RCS, izakomeza gutanga umusanzu wayo aho bishoboka kugira ngo amahoro n’umutekano bikomeze bibungabungwe.
Ni amahugurwa yari amaze iminsi 10 yatangiye kuwa 09 asozwa 20 Ukwakira 2023, akaba yahabwa abarimu bazahugura abakozi ba RCS bitegura kujya mubutumwa bw’amahoro mu bihugu birimo umutekano aho aribo bazajya babanza kubahugura bakanabakoreha ibizamini ababitsinze bakabona gukora ikindi kizamini gitegurwa n’itsinda ry’umuryango w’abibumbye.
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
This website uses cookies.