Categories: Amakuru ya RCSSlider

CG Murenzi  yasoje amahugurwa yatangwaga na UNITAR yaberaga ku ishuri rya RCS i Rwamagana

Mu gusoza aya mahugurwa CGP Evariste Murenzi, yashimiye UNITAR kubufatanye bafitanye bwo guhugura abarimu bazahugura abakozi ba RCS bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro.

Yagize ati” Ndabashimira kubw’umusanzu wanyu ku mahugurwa mwahaye abarimu bazahugura abandi bakozi baba bategereje kujya mubutumwa bw’amahoro mubihugu birimo umutekano muke bategurwa kinyamwuga, nkongera kubashimira kandi uburyo bufatika bw’amafaranga yakoreshejwe muri aya mahugurwa, ni ibyigiciro gikomeye, ubumenyi mwabahaye buzabafasha gutoza abandi ibijyanye nuko bazitwara bageze mu bihugu boherejwemo babakesha ibizamini bitandukanye.”

Yasoje abashimira ubufatanye bafitanye nk’u Rwanda murugamba rwo guharanira ko amahoro yagaruka ku isi, anavuga ko RCS, izakomeza gutanga umusanzu wayo aho bishoboka kugira ngo amahoro n’umutekano bikomeze bibungabungwe.

Ni amahugurwa yari amaze iminsi 10 yatangiye kuwa 09 asozwa 20 Ukwakira 2023, akaba yahabwa abarimu bazahugura abakozi ba RCS bitegura kujya mubutumwa bw’amahoro mu bihugu birimo umutekano aho aribo bazajya babanza kubahugura bakanabakoreha ibizamini ababitsinze bakabona gukora ikindi kizamini gitegurwa n’itsinda ry’umuryango w’abibumbye.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.