Categories: Amakuru ya RCSSlider

CG Murenzi  yasoje amahugurwa yatangwaga na UNITAR yaberaga ku ishuri rya RCS i Rwamagana

Mu gusoza aya mahugurwa CGP Evariste Murenzi, yashimiye UNITAR kubufatanye bafitanye bwo guhugura abarimu bazahugura abakozi ba RCS bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro.

Yagize ati” Ndabashimira kubw’umusanzu wanyu ku mahugurwa mwahaye abarimu bazahugura abandi bakozi baba bategereje kujya mubutumwa bw’amahoro mubihugu birimo umutekano muke bategurwa kinyamwuga, nkongera kubashimira kandi uburyo bufatika bw’amafaranga yakoreshejwe muri aya mahugurwa, ni ibyigiciro gikomeye, ubumenyi mwabahaye buzabafasha gutoza abandi ibijyanye nuko bazitwara bageze mu bihugu boherejwemo babakesha ibizamini bitandukanye.”

Yasoje abashimira ubufatanye bafitanye nk’u Rwanda murugamba rwo guharanira ko amahoro yagaruka ku isi, anavuga ko RCS, izakomeza gutanga umusanzu wayo aho bishoboka kugira ngo amahoro n’umutekano bikomeze bibungabungwe.

Ni amahugurwa yari amaze iminsi 10 yatangiye kuwa 09 asozwa 20 Ukwakira 2023, akaba yahabwa abarimu bazahugura abakozi ba RCS bitegura kujya mubutumwa bw’amahoro mu bihugu birimo umutekano aho aribo bazajya babanza kubahugura bakanabakoreha ibizamini ababitsinze bakabona gukora ikindi kizamini gitegurwa n’itsinda ry’umuryango w’abibumbye.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.