Ingabire Marie Silivie umwe muba Komiseri muri iyo komisiyo yabaganirije ku burenganzira bwa muntu, abanza kubibutsa uburenganzira bwabo nk’abandi Banyarwanda bose, aho yababwiye ko bafite uburenganzira bwo kurya, kwambara, kuvuzwa, gusurwa, uburenganzira kumyemerere ndetse nubwo kubona ubutabera ariko abibutsa ko nabo baba bagomba kubaha amategeko abagenga cyane bakirinda ibitemewe byakwinjizwa mu Igororero kuko harimo ibyabangiriza ubuzima, akomeza ababwira ko hagize uwo babangamira uburenganzira bwe yemerewe gutanga ikirego uwamubangamiye agakurikiranwa kandi ko nabo ubwabo bagomba kubahana.
Abagororwa n’abantu bafunze naba bahawe umwanya ngo bagire icyo bavuga, bavuga ko bishimiye ikiganiro bahawe, ariko basaba hari ubuvugizi bakorerwa kubibazo bimwe na bimwe, birimo nko kubavuganira mu nkiko cyane ku gifungo cy’agateganyo usanga bamara igihe kirekire ku minsi 30 bataraburana, banasaba ko mubuvugizi bazakorerwa habamo ko harebwa kubihano bihabwa abakoze ibyaha byoroheje bagashakirwa ubundi buryo bajya bahanwamo atari ugufungwa.
Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu iba ifite inshingano zo kumenyesha abanyarwanda bose uburenganzira bwabo ndetse aho bibaye ngombwa ikanabakorera ubuvugizi ku kibazo kiba cyagaragaye inzego bireba zikabikemura.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
This website uses cookies.