Ingabire Marie Silivie umwe muba Komiseri muri iyo komisiyo yabaganirije ku burenganzira bwa muntu, abanza kubibutsa uburenganzira bwabo nk’abandi Banyarwanda bose, aho yababwiye ko bafite uburenganzira bwo kurya, kwambara, kuvuzwa, gusurwa, uburenganzira kumyemerere ndetse nubwo kubona ubutabera ariko abibutsa ko nabo baba bagomba kubaha amategeko abagenga cyane bakirinda ibitemewe byakwinjizwa mu Igororero kuko harimo ibyabangiriza ubuzima, akomeza ababwira ko hagize uwo babangamira uburenganzira bwe yemerewe gutanga ikirego uwamubangamiye agakurikiranwa kandi ko nabo ubwabo bagomba kubahana.
Abagororwa n’abantu bafunze naba bahawe umwanya ngo bagire icyo bavuga, bavuga ko bishimiye ikiganiro bahawe, ariko basaba hari ubuvugizi bakorerwa kubibazo bimwe na bimwe, birimo nko kubavuganira mu nkiko cyane ku gifungo cy’agateganyo usanga bamara igihe kirekire ku minsi 30 bataraburana, banasaba ko mubuvugizi bazakorerwa habamo ko harebwa kubihano bihabwa abakoze ibyaha byoroheje bagashakirwa ubundi buryo bajya bahanwamo atari ugufungwa.
Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu iba ifite inshingano zo kumenyesha abanyarwanda bose uburenganzira bwabo ndetse aho bibaye ngombwa ikanabakorera ubuvugizi ku kibazo kiba cyagaragaye inzego bireba zikabikemura.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.