Ingabire Marie Silivie umwe muba Komiseri muri iyo komisiyo yabaganirije ku burenganzira bwa muntu, abanza kubibutsa uburenganzira bwabo nk’abandi Banyarwanda bose, aho yababwiye ko bafite uburenganzira bwo kurya, kwambara, kuvuzwa, gusurwa, uburenganzira kumyemerere ndetse nubwo kubona ubutabera ariko abibutsa ko nabo baba bagomba kubaha amategeko abagenga cyane bakirinda ibitemewe byakwinjizwa mu Igororero kuko harimo ibyabangiriza ubuzima, akomeza ababwira ko hagize uwo babangamira uburenganzira bwe yemerewe gutanga ikirego uwamubangamiye agakurikiranwa kandi ko nabo ubwabo bagomba kubahana.
Abagororwa n’abantu bafunze naba bahawe umwanya ngo bagire icyo bavuga, bavuga ko bishimiye ikiganiro bahawe, ariko basaba hari ubuvugizi bakorerwa kubibazo bimwe na bimwe, birimo nko kubavuganira mu nkiko cyane ku gifungo cy’agateganyo usanga bamara igihe kirekire ku minsi 30 bataraburana, banasaba ko mubuvugizi bazakorerwa habamo ko harebwa kubihano bihabwa abakoze ibyaha byoroheje bagashakirwa ubundi buryo bajya bahanwamo atari ugufungwa.
Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu iba ifite inshingano zo kumenyesha abanyarwanda bose uburenganzira bwabo ndetse aho bibaye ngombwa ikanabakorera ubuvugizi ku kibazo kiba cyagaragaye inzego bireba zikabikemura.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.