URWEGO RW'U RWANDA RUSHINZWE IGORORA

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

Amakuru Agezweho

Minisitiri uwamariya, mugusoza ihuriro ry’abakozi b’umwuga b’abagore ba RCS, yabasabye gufatanya na basaza babo kuko ubushobozi babufite

Mu Ihuririro ryabereye muri Kigali Convention center, rikitabirwa n’abakozi b’umwuga b’abagore ba RCS, murwego rwo kurushaho gushakira hamwe ibisubizo by’imbogamizi bahura nazo mukazi, niho Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Dr Uwamariya Valentine yasabiye abitabiriye gufatanya n’abagabo bagenzi babo mukubaka Igihugu.

Abakozi b’umwuga ba RCS b’abagore bari mu mwiherero wiga kuruhare rw’umugore mu iterembere ry’Igihugu

Ni umumwiherero uri bumare umunsi umwe, uri kubera muri Kigali Convention Centre, uhuje abagore bakora mu rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS baturutse impande zose z’Igihugu, mu rwego rwo kwigira hamwe zimwe mu mbogamizi baba bahura nazo mu kazi n’uburyo zakemurwa, aho baganirizwa n’abagore batandukanye bari mu nzego z’ubuyobozi ndetse n’abandi bari muri serivisi zitandukanye.