Mbere yo gusuzumwa indwara zandurira mu kanwa Abantu bafunze ndetse n’abagororwa bahawe ikiganiro ku isuku yo mukanwa ndetse n’uburyo yakorwa neza, kuko iyo idakozwe neza itera uburwayi ndetse ubwo burwayi bukaba bwakurikirana n’urupfu, basabwa kwitwararika mubyo bakora byose kuko isuku ari isoko y’ubuzima, kandi amagara aseseka ntayorwe buriwese akwiriye kugira isuku iye.
Muri icyo gikorwa cyo gusuzuma Abagororwa n’Abantu bafunzwe, hasuzumwe abagera kuri 200, basuzumwa indwara zo mukanwa ndetse banahabwa ibikoresho by’isuku bizabafasha kwita ku isuku yo mu kanwa, mu rwego rwo kurushaho guhangana n’izo ndwara zituruka mu kudakora isuku y’akanwa, bahabwa umuti w’amamenyo n’uburoso bukoreshwa mu gukora isuku yo mu kanwa, ndetse mu basuzumwe basanzemo abagera kuri 87 bafite uburwayi bwo mu kanwa busabwa kwihutishwa kuvuzwa vuba kuko bidakozwe byabateza ibibazo.
Abatanze ubufasha bwo gusuzuma bashimiwe kubwo igikorwa bakoze, banavuga ko ari igikorwa ngarukamwaka ndetse nabo bashimira RCS, kuba yarabemereye ko iki gikorwa gikorerwa mu magororero kuko kireba abanyarwanda bose.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
This website uses cookies.