Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abakozi b’urwego b’umwuga b’Igororero rya Huye bafatanyije n’abaturage n’inzego z’umutekano bakora umuganda rusange

Ni ibihuru biri iruhande rwa Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, aho byari bimaze gukura, ndetse bikaba byaba indiri yo kuba byakwihishamo abagizi ba nabi, bikagira ingaruka ku baturage kandi aribo bakabaye bikemurira ibibazo, umuganda witabiriwe n’inzego zitandukanye, harimo izibane, iz’umutekano nk’ingabo ndetse na Polisi bafatanya n’Abakozi b’Umwuga b’Urwego nkuko inzego z’umutekano arizo zigomba gufata iyambere mugushakira abaturage umutekano, hatemwe ibihuru byari byaramaze gukura mu rwego rwo gutunganya ahatameze neza.

Nkuko bimaze kumenyerwa ko umuganda rusange ari uburyo bumwe igihugu cyishatsemo ibisubizo, buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi buri munyarwanda wese ategetaswe kwitabiraicyo gikorwa hagakorwa ibikorwa bitandukanye nko gusana  imihanda, kubakira abatishoboye, bakubaka ibiraro byasenyutse ndetse n’ibindi biba bikeneye ingengo y’imari ndende, bigakorwa  ntamafaranga ashowemo ariko bigahabwa agaciro mu mafaranga, ni muri urwo rwego iki gikorwa cyakozwe kuko gihuza inzego zose haba abaturage n’inzego zitandukanye.

Nyuma y’umuganda hatanzwe ubutumwa butandukanye kubitabiriye umuganda burimo kubashishikariza buriwese gukora cyane akiteza imbere ndetse no gukunda igihugu birinda icyahungabanya umutekano wacyo.

Umuganda witabiriwe n’inzego zitandukanye nkuko mu gihugu hose bigenda.
Umuganda wokozwe kwari ugutema ibihuru biri iruhande rwa Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye.
Nyuma y’umuganda abawitabiriye baganirijwe kuri gahunda zo gukunda Igihugu.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

17 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.