Ni ibihuru biri iruhande rwa Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, aho byari bimaze gukura, ndetse bikaba byaba indiri yo kuba byakwihishamo abagizi ba nabi, bikagira ingaruka ku baturage kandi aribo bakabaye bikemurira ibibazo, umuganda witabiriwe n’inzego zitandukanye, harimo izibane, iz’umutekano nk’ingabo ndetse na Polisi bafatanya n’Abakozi b’Umwuga b’Urwego nkuko inzego z’umutekano arizo zigomba gufata iyambere mugushakira abaturage umutekano, hatemwe ibihuru byari byaramaze gukura mu rwego rwo gutunganya ahatameze neza.
Nkuko bimaze kumenyerwa ko umuganda rusange ari uburyo bumwe igihugu cyishatsemo ibisubizo, buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi buri munyarwanda wese ategetaswe kwitabiraicyo gikorwa hagakorwa ibikorwa bitandukanye nko gusana imihanda, kubakira abatishoboye, bakubaka ibiraro byasenyutse ndetse n’ibindi biba bikeneye ingengo y’imari ndende, bigakorwa ntamafaranga ashowemo ariko bigahabwa agaciro mu mafaranga, ni muri urwo rwego iki gikorwa cyakozwe kuko gihuza inzego zose haba abaturage n’inzego zitandukanye.
Nyuma y’umuganda hatanzwe ubutumwa butandukanye kubitabiriye umuganda burimo kubashishikariza buriwese gukora cyane akiteza imbere ndetse no gukunda igihugu birinda icyahungabanya umutekano wacyo.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
This website uses cookies.