Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abakozi b’Umwuga b’Igororero rya Ngoma bifatanyije n’abadi bakora umuganda rusange

Mu bikorwa byakozwe harimo gutunganya umuhanda ureshya n’ibirometero 2km, wari  warangijwe n’imvura ukaba wari ukenewe gusanwa, ibi bikaba byakozwe nkuko bimaze kumenyerwa ko umuganda rusange ari uburyo bumwe igihugu cyishatsemo ibisubizo, buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi buri munyarwanda wese ategetaswe kwitabira igikorwa cy’umuganda rusange aho hasanwa imihanda, bakubakira abatishoboye, bakubaka ibiraro ndetse n’ibindi biba bikeneye ingengo y’imari ndende, bigakorwa  ntamafaranga ashowemo ariko bigahabwa agaciro mu mafaranga.

Nyuma y’umuganda abayobozi bafashe umwanya baganiriza abaturage kuri gahunda yo gukunda isuku buri munyarwanda wese, akagira uwo muco w’ isuku n’isukura, kuko isuku ari isoko y’ubuzima, babwirwa ko iyo isuku ibuze nta buzima, baganirizwa kandi ku kamaro ka gutanga mituelle de sante no gutanga ubutumwa bujyanye n’ingamba zo kwivana mubukene ndetse bagaragarizwa  gahunda ijyanye no kwibuka ku nshuro ya 29 Jenocide yakorewe Abatutsi mu 1994 tugiye kwinjiramo, basabwa kuzitwara neza muri ibyo bihe, ndetse kurwego rw’ Igororero ry’abagore rya Ngoma naho habayeho kwitabira  igikorwa cy’ umuganda hasiburwa imiringote ndetse no gucukura imiryanyasuri.

Umuganda rusange ukorwa na buriwese mu gihugu kuko nta gikorwa na kimwe kiba cyemewe mbere ya saa sita umuganda utararangira dore ko n’umukuru w’Igihugu akenshi awitabira iyo adafite gahunda zituma ataboneka murwego rwo kuwuha agaciro.

Bahanze umuhanda ureshya na kilometero ebyiri wari warangijwe n’imvura.
Ni umuganda witabiriwe n’inzego zitandukanye z’umutekano ndetse n’abaturage.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.