Mu bikorwa byakozwe harimo gutunganya umuhanda ureshya n’ibirometero 2km, wari warangijwe n’imvura ukaba wari ukenewe gusanwa, ibi bikaba byakozwe nkuko bimaze kumenyerwa ko umuganda rusange ari uburyo bumwe igihugu cyishatsemo ibisubizo, buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi buri munyarwanda wese ategetaswe kwitabira igikorwa cy’umuganda rusange aho hasanwa imihanda, bakubakira abatishoboye, bakubaka ibiraro ndetse n’ibindi biba bikeneye ingengo y’imari ndende, bigakorwa ntamafaranga ashowemo ariko bigahabwa agaciro mu mafaranga.
Nyuma y’umuganda abayobozi bafashe umwanya baganiriza abaturage kuri gahunda yo gukunda isuku buri munyarwanda wese, akagira uwo muco w’ isuku n’isukura, kuko isuku ari isoko y’ubuzima, babwirwa ko iyo isuku ibuze nta buzima, baganirizwa kandi ku kamaro ka gutanga mituelle de sante no gutanga ubutumwa bujyanye n’ingamba zo kwivana mubukene ndetse bagaragarizwa gahunda ijyanye no kwibuka ku nshuro ya 29 Jenocide yakorewe Abatutsi mu 1994 tugiye kwinjiramo, basabwa kuzitwara neza muri ibyo bihe, ndetse kurwego rw’ Igororero ry’abagore rya Ngoma naho habayeho kwitabira igikorwa cy’ umuganda hasiburwa imiringote ndetse no gucukura imiryanyasuri.
Umuganda rusange ukorwa na buriwese mu gihugu kuko nta gikorwa na kimwe kiba cyemewe mbere ya saa sita umuganda utararangira dore ko n’umukuru w’Igihugu akenshi awitabira iyo adafite gahunda zituma ataboneka murwego rwo kuwuha agaciro.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.