Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abakozi b’Umwuga b’Igororero rya Ngoma bifatanyije n’abadi bakora umuganda rusange

Mu bikorwa byakozwe harimo gutunganya umuhanda ureshya n’ibirometero 2km, wari  warangijwe n’imvura ukaba wari ukenewe gusanwa, ibi bikaba byakozwe nkuko bimaze kumenyerwa ko umuganda rusange ari uburyo bumwe igihugu cyishatsemo ibisubizo, buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi buri munyarwanda wese ategetaswe kwitabira igikorwa cy’umuganda rusange aho hasanwa imihanda, bakubakira abatishoboye, bakubaka ibiraro ndetse n’ibindi biba bikeneye ingengo y’imari ndende, bigakorwa  ntamafaranga ashowemo ariko bigahabwa agaciro mu mafaranga.

Nyuma y’umuganda abayobozi bafashe umwanya baganiriza abaturage kuri gahunda yo gukunda isuku buri munyarwanda wese, akagira uwo muco w’ isuku n’isukura, kuko isuku ari isoko y’ubuzima, babwirwa ko iyo isuku ibuze nta buzima, baganirizwa kandi ku kamaro ka gutanga mituelle de sante no gutanga ubutumwa bujyanye n’ingamba zo kwivana mubukene ndetse bagaragarizwa  gahunda ijyanye no kwibuka ku nshuro ya 29 Jenocide yakorewe Abatutsi mu 1994 tugiye kwinjiramo, basabwa kuzitwara neza muri ibyo bihe, ndetse kurwego rw’ Igororero ry’abagore rya Ngoma naho habayeho kwitabira  igikorwa cy’ umuganda hasiburwa imiringote ndetse no gucukura imiryanyasuri.

Umuganda rusange ukorwa na buriwese mu gihugu kuko nta gikorwa na kimwe kiba cyemewe mbere ya saa sita umuganda utararangira dore ko n’umukuru w’Igihugu akenshi awitabira iyo adafite gahunda zituma ataboneka murwego rwo kuwuha agaciro.

Bahanze umuhanda ureshya na kilometero ebyiri wari warangijwe n’imvura.
Ni umuganda witabiriwe n’inzego zitandukanye z’umutekano ndetse n’abaturage.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

3 days ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

6 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

3 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.