Categories: Amakuru ya RCSSlider

ADEPR Nyabagendwa yakoze igiterane ku Igororero rya Bugesera habatizwa abizera bashya 21

Ni igiterane cyari gifite intego igira iti “Turacyafite igihe cyo kwakira no gutanga imbabazi” nkuko umushyumba w’ururembo rwa Ngoma Reverand Pastor Kananga Emmanuel yabivuze.

Yagize ati ”Nkuko ijambo ry’Imana ribivuga ngo nubabarira nawe uzababarirwa, turasabwa kugira imbabazi kugira ngo natwe tuzabashye kuzigirirwa, niko umuntu wese ufite kwizera yakabaye ameze kugirango abashye kubera itabaza abo babana bijyanye no kuberera imbuto kandi ibyo tubiba nibyo tuzasarura, nta mahoro y’umunyabyaha niko Ijambo ry’Imana ritubwira, mwihane muzinukwe icyaha kugira ngo muzabashye kubona ubwami bw’ijuru.

Nkuko ijambo ry’Imana ribivuga ngo kwizera kutagira ibikorwa kuba gupfuye, abitabiriye igiterane batanze inkunga y’ibikoresho bitandukanye, bizifashishwa n’abantu bafunzwe bakoze ibyaha bitandukanye mu rwego rwo kubereka ko nubwo bakoze ibyaha bagikunzwe kandi n’Imana ikibakunda, ndetse bizezwa kujya bahabwa inyigisho zijyanye n’ivugabutumwa zibafasha gukura mu gakiza, nabo bakazafasha abandi kuko urugendo rwo gukizwa ari ugufatanya, aho hatanzwe, ibikoresho by’isuku, imyenda n’ibiribwa bigizwe  na 100kg by’ifu ya soya na 50kg by’indagara  byakusanyijwe n’Abakirisito bo muri Paruwase ya Nyabagendwa.

Kuba mu Magororero havugirwamo ijambo ry’Imana ni uburyo bwiza bwo kwita ku muntu wakoze icyaha bamutegura gusubira mu buzima busanzwe ndetse no kwicuza icyaha aba yarakoze bikazamufasha kugororoka.

Abitabiriye baboneyeho n’umwanya wo kumva ijambo ry’Imana.
Habatijwe abayoboke bashya 21 muri iki giterane n’ivugabutumwa.
nkuko ijambo ry’Imana ribivuga ngo kwizera kutagira imirimo kuba gupfuye, hatanzwe ibiribwa ndetse n’imyenda bizajya byifashishwa.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

18 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.