Ni igiterane cyari gifite intego igira iti “Turacyafite igihe cyo kwakira no gutanga imbabazi” nkuko umushyumba w’ururembo rwa Ngoma Reverand Pastor Kananga Emmanuel yabivuze.
Yagize ati ”Nkuko ijambo ry’Imana ribivuga ngo nubabarira nawe uzababarirwa, turasabwa kugira imbabazi kugira ngo natwe tuzabashye kuzigirirwa, niko umuntu wese ufite kwizera yakabaye ameze kugirango abashye kubera itabaza abo babana bijyanye no kuberera imbuto kandi ibyo tubiba nibyo tuzasarura, nta mahoro y’umunyabyaha niko Ijambo ry’Imana ritubwira, mwihane muzinukwe icyaha kugira ngo muzabashye kubona ubwami bw’ijuru.
Nkuko ijambo ry’Imana ribivuga ngo kwizera kutagira ibikorwa kuba gupfuye, abitabiriye igiterane batanze inkunga y’ibikoresho bitandukanye, bizifashishwa n’abantu bafunzwe bakoze ibyaha bitandukanye mu rwego rwo kubereka ko nubwo bakoze ibyaha bagikunzwe kandi n’Imana ikibakunda, ndetse bizezwa kujya bahabwa inyigisho zijyanye n’ivugabutumwa zibafasha gukura mu gakiza, nabo bakazafasha abandi kuko urugendo rwo gukizwa ari ugufatanya, aho hatanzwe, ibikoresho by’isuku, imyenda n’ibiribwa bigizwe na 100kg by’ifu ya soya na 50kg by’indagara byakusanyijwe n’Abakirisito bo muri Paruwase ya Nyabagendwa.
Kuba mu Magororero havugirwamo ijambo ry’Imana ni uburyo bwiza bwo kwita ku muntu wakoze icyaha bamutegura gusubira mu buzima busanzwe ndetse no kwicuza icyaha aba yarakoze bikazamufasha kugororoka.
Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…
Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
This website uses cookies.