Categories: Amakuru ya RCSSlider

Korari Saint Augustin yataramiye  Abagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge

Nyandwi Eric Umuyobozi wa korari Saint Augustin yavuze ko bishimiye gukorera Iyogezabutumwa no gutura igitambo cya Misa mu igororero rya Nyarugenge, byakarusho mu gihe cy’Igisibo kuko bituma barushaho kwitagatifuza.

Yagize ati” Njye na korari mbereye umuyobozi turishimye kuri uyu munsi, kuko ari iby’agaciro gusura abantu bafunze tugafatanya gukora Iyogezabutumwa tugatura n’Igitambo cya Misa byakarusho mu gihe cy’Igisibo, ibi bituma barushaho kwitagatifuza no gusanwa kw’imitima cyane cyane ku bahungabanijwe n’inzira z’icyaha baba baranyuzemo bikabafasha kwegerana n’Imana bakayisaba imbabazi imitima yabo ikabohoka kuko ari igihe cyiza cyo kwisuzuma.”

Beatrice Nirere umuyobozi uhagarariye centrale Mutagatifu Tereza Umwana Yezu ikorera mu igororero rya Nyarugenge, yavuze ko bashimishijwe n’iki gitambo cya Misa banasuwemo na Korari Saint Augustin.

Yagize ati” Twashimishijwe nuko iyi korali yaje gutaramana natwe mu Iyogezabubumwa rinyujijwe mu biganiro n’indirimbo zo guhimbaza Imana, ibi biradufasha mu kurushaho kongera kwitekerezaho mu rwego rwo kwiyegeranya n’Imana n’Isanamitima no kwitagatifuza kuko igisibo kidufasha kwisuzuma no kwicisha bugufi imitima yacu ikamenekera Imana.”

SP Christine Mukarukwaya, Umukozi w’Umwuga w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora ushinzwe imibereho myiza y’Abantu bafuzwe mu Igororero rya Nyarugenge, yavuze ko ibi bikorwa byunganira inyigisho zo kugorora.

zitangwa mu rwego rwa guhindura imitima no kurushako kwegera Imana mu isengesho maze bigatuma intego yo kugorora igerwaho mu buryo bwa vuba.

Yagize ati” Ibi bikorwa byunganira inyigisho zo kugorora dusanzwe dutanga bigafasha abazumva guhinduka mu mitima no kurushako kwegera Imana mu isengesho ndetse bikanatuma intego yo kugorora igerwaho, kuko iyo umuntu yumvise ubutumwa bwiza bumuhumuriza bituma yumva ko hari amahirwe menshi yo kubaho kuko no mu Igororero ubuzima bukomeza.”

Ibiganiro byibanzweho muri iki gitambo cya misa ni ibijyanye n’isanamitima, gusoma Ivanjiri n’igitaramo cy’indirimbo zigizwe n’urujyano rw’ibicurangisho n’amajwi meza y’abaririmbyi ba Korari Saint Augustin, igizwe n’abaririmbyi basaga 80, bavuze ko bazakomeza ibikorwa byabo nkuko byakorwaga mbere ya Covid-19.

Bigishijwe n’ijambo ry’Imana ribahumuriza kandi babwirwa ko igisibo ari umwanya mwiza wo kwegerana n’Imana.

Mubyashimishije iyi korari ni uko bataramiye mu Igororero mu gihe cy’Igisibo.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

7 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.