Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abanya Botswana basuye RCS basobanurirwa uburyo bwo gucunga dosiye z’abafunzwe hifashishijwe ikoranabuhanga rya IECMS

U Rwanda rugeze kure mu butabera, aho rukoresha ikoranabuhanga mu gucunga amadosiye y’abantu bafunzwe, inkiko zigakorana n’abakora magororero, kuburyo iyo winjiye muri iyo sisitemu ubifitiye ubushobozi uhita umenya ibijyanye na dosiye ukeneye kumenya, ndetse ikaba inoroshya akazi bitandukanye na mbere aho ibintu byose byabikwaga mu mpapuro waba ushaka kumenya amakuru bikagutwara umwanya munini ushaka aho iyo dosiye ibitse ariko ubu iyo winjiyemo ushiramo nimero ya Dosiye ubundi ugahita ubona ibyo ukeneye.

Mu byagenzaga iri tsinda ni ukumenya uburyo uburyo iryo koranabuhanga rikora kugira ngo nabo bazarijyane iwabo batangire kurikoresha, ni uburyo bwiza bufasha mu kwita ku madosiye y’abakoze ibyaha ariko ritaragera henshi, benshi bamaze kurimenya bitewe n’uburyo rikora ndetse n’uburyo ryoroshya mu kugera ku makuru aba akenewe, iryo tsinda ryasobanuriwe uko iyo sisitemu ikorana n’inkiko ndetse nuko usoje ibihano ahita agaragara, bitandukanye nuko mbere wabanzaga kujya guhiga dosiye ye ngo ategurirwe urupapuro rumwemera ko yasoje ibihano.

Abagize iri tsinda bashimye uko u Rwanda rumaze gukataza mu ikoranabuhanga, nabo biyemeza ko iyi gahunda bagiye kuyitangiza iwabo bitewe nuko babonye ari nziza kandi inoroshya akazi mu butabera.

Basobanuriwe imikorere ya IECMS mu gucunga amadosiye y’Abantu bafunzwe mu magororero atandukanye.
Hon.Justice Mthomiwa Perezida w’Urukiko rwa Maun High court, wari uyoboye itsinda asinya mu gitabo cy’abashyitsi.
DCGP Rose Muhisoni na Hon.Justice Mthomiwa mu gihe hasobanurwaga imikorere ya IECMS.
Bahawe impano mu rwego rwo kubereka ko U Rwanda rukunda abashitsi.
Umuvugizi w’Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora SSP Pelly Uwera Gakwaya niwe wari umusangiza w’amagambo.
Nyuma yo gusoza iryo tsinda ryafashe ifoto y’urwibutso hamwe n’abandi bakora muri RCS.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

17 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.