U Rwanda rugeze kure mu butabera, aho rukoresha ikoranabuhanga mu gucunga amadosiye y’abantu bafunzwe, inkiko zigakorana n’abakora magororero, kuburyo iyo winjiye muri iyo sisitemu ubifitiye ubushobozi uhita umenya ibijyanye na dosiye ukeneye kumenya, ndetse ikaba inoroshya akazi bitandukanye na mbere aho ibintu byose byabikwaga mu mpapuro waba ushaka kumenya amakuru bikagutwara umwanya munini ushaka aho iyo dosiye ibitse ariko ubu iyo winjiyemo ushiramo nimero ya Dosiye ubundi ugahita ubona ibyo ukeneye.
Mu byagenzaga iri tsinda ni ukumenya uburyo uburyo iryo koranabuhanga rikora kugira ngo nabo bazarijyane iwabo batangire kurikoresha, ni uburyo bwiza bufasha mu kwita ku madosiye y’abakoze ibyaha ariko ritaragera henshi, benshi bamaze kurimenya bitewe n’uburyo rikora ndetse n’uburyo ryoroshya mu kugera ku makuru aba akenewe, iryo tsinda ryasobanuriwe uko iyo sisitemu ikorana n’inkiko ndetse nuko usoje ibihano ahita agaragara, bitandukanye nuko mbere wabanzaga kujya guhiga dosiye ye ngo ategurirwe urupapuro rumwemera ko yasoje ibihano.
Abagize iri tsinda bashimye uko u Rwanda rumaze gukataza mu ikoranabuhanga, nabo biyemeza ko iyi gahunda bagiye kuyitangiza iwabo bitewe nuko babonye ari nziza kandi inoroshya akazi mu butabera.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
This website uses cookies.