Categories: Amakuru ya RCSSlider

Itsinda riturutse mu Gihugu cya Jamaica  ryasuye RCS baje kwiga uburyo amadosiye y’abafunzwe acungwa hifashishijwe ikoranabuhanga rya IECMS

Mu butabera u Rwanda, rugeze kure mu ikoranabuhanga aho rusigaye rukoreshya uburyo bushya mu gucunga amadosiye y’abantu bafunzwe IECMS, ni uburyo bwiza bwo gukunga amadosiye hifashishijwe ikoranabuhanga, bikanoroshya mu mikoranire n’inkiko n’abakora mu magororero, kuburyo iyo winjiye muri iyo sisitemu ubifitiye ubushobozi, uhita umenya ibijyanye na dosiye ukeneye kumenya, ndetse ikaba inoroshya akazi bitandukanye na mbere aho ibintu byose byabikwaga mu mpapuro waba ushaka kumenya amakuru bikagutwara umwanya munini ushaka aho iyo dosiye ibitse ariko ubu iyo winjiyemo ushiramo nimero ya Dosiye ubundi ugahita ubona ibyo ukeneye.

Mu byagenzaga iri tsinda ni ukumenya uburyo uburyo iryo koranabuhanga rikora kugira ngo nabo bazarijyane iwabo batangire kurikoresha, ni uburyo bwiza bufasha mu kwita ku madosiye y’abakoze ibyaha ariko ritaragera henshi, benshi bamaze kurimenya bitewe n’uburyo rikora ndetse n’uburyo ryoroshya mu kugera ku makuru aba akenewe, iryo tsinda ryasobanuriwe uko iyo sisitemu ikorana n’inkiko ndetse nuko usoje ibihano ahita agaragara, bitandukanye nuko mbere wabanzaga kujya guhiga dosiye ye ngo ategurirwe urupapuro rumwemera ko yasoje ibihano. Iryo tsinda ryashimye uko u Rwanda rumaze gutera imbere mu ikoranabuhanga, biyemeza ko nabo bagiye kuyitangiza iwabo bitewe nuko babonye ari nziza kandi inoroshya akazi mu butabera no gucunga amadosiye y’Abantu bafunzwe

Hon.Mr.Delroy Chuck,QC, MP Minisitiri w’ubutabera muri Jamaica na Komiseri Mukuru wa RCS bari gukurikirana uko IECMS ikoreshwa.
Itsinda ryaturutse muri Jamaica ryagize umwanya wo gusobanurirwa uko IECMS ikora mu Rwanda
Abakozi b’Urwego b’umwuga bari bitabiriye iki gikorwa cyo gusangiza abanya Jamaica uko IECMS ikora.
DK

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.