Categories: Amakuru ya RCSSlider

CGP Juvenal Marizamunda ari muri Leta zunze ubumwe za Amerika aho yitabiriye Ihuriro Mpuzamahanga mu kugorora na za gereza (ICPA)

Mu ndimi z’amahanga ni International Corrections And Prisons Association(ICPA)mu itsinda ryaherekeje komiseri Mukuru wa RCS, harimo n’abafatanyabikorwa b’urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora, b’imiryango itegamiye kuri Leta aribo umuyobozi FOUNDATION DIDE, Mukansoro Odette, na Kayitare Frank umuyobozi w’umuryango INTERPEACE kuko hari byinshi bafatanya mu rugendo rwo gutegura umuntu ufunzwe bamutegura gusubira mu buzima busanzwe.

Ni uhuriro mpuzamahanga ridaharanira inyungu ryashinzwe mu mwaka wa 1998, rifite intego yo guteza imbere no gusangira imikorere n’imyitwarire mu kugorora mu rwego guteza imbere umutekano mu baturage no gutuma barushaho kugira ubuzima bwiza ku isi yose. Ukaba ari umuryango utegamiye kuri Leta ufite aho uhurira n’umuryango w’ibibumbye kuko ariwo uwugira inama kubijyanye n’ubukungu (ECOSOC), ihuriro ry’uyu mwaka rifite insanganyamatsiko igira iti”kuba indashyikirwa kurenza uko byahoze tugorora nyuma y’icyorezo cyibasiye isi yose.”

Muri iri huriro biteganyijwe ko rizitabirwa n’inzobere zisaga 1000 mu kugorora, ziturutse mu bihugu bitandukanye ku isi yose, aho abitabiriye iryo huriro bazaganira ndetse bagasangizanya imikorere n’ingamba zitandukanye, amavugurura mu rwego rwo guhangana n’icyorezo, guhanga udushya mu kugorora, gushyiraho ingamba zo kugabanya ubucucike, gushyiraho uburyo bwiza bwo kugorora, gutegura neza abarangiza ibihano bagiye gusubira mu buzima busanzwe, kwita kuri za gereza no kurengera uburenganzira bwa muntu mu bandi.

ICPA ni ihuriro riba burimwaka mu gihugu kiba cyatoranyijwe kugira ngo harebwe ndetse hanishimirwe n’iterambere byagezweho mu guteza imbere uburenganzira bw’ikiremwamuntu no kugorora kinyamwuga, aho iryo huriro ryashizeho ibihembo ngarukamwaka ku gihugu cyahize ibindi mu kugorora, Igihugu cya Ositaraliya cyahawe icyo gihembo mu mwaka wa 2015 n’u Rwanda (RCS) ruzakugihabwa kubera uruhare rwagize mu kurengera ibidukikije bakoresha Biogaz mu gutunganya amafunguro y’abantu bafunzwe.

Ubusanzwe iri huriro ryagombaga kubera mu Rwanda muri uyu mwaka wa 2022, ariko bitewe n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19, yababangamiye imyiteguro y’iri huriro bituma itaba, gusa mu ijambo rya Perezida w’iri huriro Peter Severin yavuze ko u Rwanda ruzakira iri huriro rusange ICPA AGM, mu mwaka wa 2025 rukazaba rubaye igihugu cya kabiri cyo muri Afurika nyuma ya Namibiya yaryakiriye mu mwaka wa 2014. Kwakira iri huriro bizaba ari amahirwe kuri RCS yo kugira umwanya wo kuganira n’abafatanyabikorwa batadukanye bo mu karere ndetse n’isi muri rwego rwo kugorora ndetse n’iterambere ry’amagororero yo mu Rwanda.

CGP Juvenal Marizamunda komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora RCS, arikumwe n’itsinda ryamuherekeje mu ihuriro ry’Ibihugu bifite inshingano zo kugorora na za gereza.
CGP Marizamunda yahawe umwanya muri iryo huriro ageza kubari baryitabiriye aho u Rwanda rugeze mu ri gahunda nziza yo kugorora.
Ni Ihuriro ryari ryitabiriwe n’abasaga 1000 baturutse mu bihugu bitandukanye bifite aho bihurira no kugorora na za Gereza.
Aba ari umwanya wo kungurana ibitekerezo ku iterambere rya za gutuma za gereza no kugorora bijyanye n’icyerekezo muri rusange.
DK

Recent Posts

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

4 weeks ago

This website uses cookies.