Categories: Amakuru ya RCSSlider

CGP Juvenal Marizamunda ari muri Leta zunze ubumwe za Amerika aho yitabiriye Ihuriro Mpuzamahanga mu kugorora na za gereza (ICPA)

Mu ndimi z’amahanga ni International Corrections And Prisons Association(ICPA)mu itsinda ryaherekeje komiseri Mukuru wa RCS, harimo n’abafatanyabikorwa b’urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora, b’imiryango itegamiye kuri Leta aribo umuyobozi FOUNDATION DIDE, Mukansoro Odette, na Kayitare Frank umuyobozi w’umuryango INTERPEACE kuko hari byinshi bafatanya mu rugendo rwo gutegura umuntu ufunzwe bamutegura gusubira mu buzima busanzwe.

Ni uhuriro mpuzamahanga ridaharanira inyungu ryashinzwe mu mwaka wa 1998, rifite intego yo guteza imbere no gusangira imikorere n’imyitwarire mu kugorora mu rwego guteza imbere umutekano mu baturage no gutuma barushaho kugira ubuzima bwiza ku isi yose. Ukaba ari umuryango utegamiye kuri Leta ufite aho uhurira n’umuryango w’ibibumbye kuko ariwo uwugira inama kubijyanye n’ubukungu (ECOSOC), ihuriro ry’uyu mwaka rifite insanganyamatsiko igira iti”kuba indashyikirwa kurenza uko byahoze tugorora nyuma y’icyorezo cyibasiye isi yose.”

Muri iri huriro biteganyijwe ko rizitabirwa n’inzobere zisaga 1000 mu kugorora, ziturutse mu bihugu bitandukanye ku isi yose, aho abitabiriye iryo huriro bazaganira ndetse bagasangizanya imikorere n’ingamba zitandukanye, amavugurura mu rwego rwo guhangana n’icyorezo, guhanga udushya mu kugorora, gushyiraho ingamba zo kugabanya ubucucike, gushyiraho uburyo bwiza bwo kugorora, gutegura neza abarangiza ibihano bagiye gusubira mu buzima busanzwe, kwita kuri za gereza no kurengera uburenganzira bwa muntu mu bandi.

ICPA ni ihuriro riba burimwaka mu gihugu kiba cyatoranyijwe kugira ngo harebwe ndetse hanishimirwe n’iterambere byagezweho mu guteza imbere uburenganzira bw’ikiremwamuntu no kugorora kinyamwuga, aho iryo huriro ryashizeho ibihembo ngarukamwaka ku gihugu cyahize ibindi mu kugorora, Igihugu cya Ositaraliya cyahawe icyo gihembo mu mwaka wa 2015 n’u Rwanda (RCS) ruzakugihabwa kubera uruhare rwagize mu kurengera ibidukikije bakoresha Biogaz mu gutunganya amafunguro y’abantu bafunzwe.

Ubusanzwe iri huriro ryagombaga kubera mu Rwanda muri uyu mwaka wa 2022, ariko bitewe n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19, yababangamiye imyiteguro y’iri huriro bituma itaba, gusa mu ijambo rya Perezida w’iri huriro Peter Severin yavuze ko u Rwanda ruzakira iri huriro rusange ICPA AGM, mu mwaka wa 2025 rukazaba rubaye igihugu cya kabiri cyo muri Afurika nyuma ya Namibiya yaryakiriye mu mwaka wa 2014. Kwakira iri huriro bizaba ari amahirwe kuri RCS yo kugira umwanya wo kuganira n’abafatanyabikorwa batadukanye bo mu karere ndetse n’isi muri rwego rwo kugorora ndetse n’iterambere ry’amagororero yo mu Rwanda.

CGP Juvenal Marizamunda komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora RCS, arikumwe n’itsinda ryamuherekeje mu ihuriro ry’Ibihugu bifite inshingano zo kugorora na za gereza.
CGP Marizamunda yahawe umwanya muri iryo huriro ageza kubari baryitabiriye aho u Rwanda rugeze mu ri gahunda nziza yo kugorora.
Ni Ihuriro ryari ryitabiriwe n’abasaga 1000 baturutse mu bihugu bitandukanye bifite aho bihurira no kugorora na za Gereza.
Aba ari umwanya wo kungurana ibitekerezo ku iterambere rya za gutuma za gereza no kugorora bijyanye n’icyerekezo muri rusange.
DK

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.