Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abana ba gereza ya Nyagatare bizihije umunsi w’umuganura basangira amafunguro ya Kinyarwanda

Uyu munsi nkuko n’ahandi hose mu gihugu bizihije umunsi w’umuganura kuri gereza y’abana ya Nyagatare, abana bizihije umunsi wahariwe umuganura basangira ibiryo bya Kinyarwanda nkuko bikorwa n’ahandi hose mugihugu, bishimira umusaruro w’ibyo bejeje, aho basangiye umutsima w’amasaka, ibijumba n’imyumbati  bigeretse ku bishyimbo basomeza amata, basangirira no ku ntango yari yateguwe nkuko kuri uwo munsi bigenda biyibutsa uko umunsi w’umuganura wa kera wabaga umeze.

Muri uyu muhango kandi abana bagororerwa muri iyi gereza y’abana ya Nyagatare, bakinnye amakinamico atandukanye yerekana uko umuco wa kera wari ingenzi mu buzima bw’Abanyarwanda, banagaragaza ko umuganura wari ikimenyetso gikomeye cy’ubusabane aho bagasangira ibyo bejeje dore ko mu muganura bazanagamo ibyeze mbere mu byo bise kuganura abantu bagahura bagasabana ndetse bakanatarama bakungurana ibitekerezo, ku iterambere ry’igihugu basenyera umugozi umwe mu kubaka inyabutatu.

Umuyobozi wungirije wa Gereza ya Nyagatare SP Richard Cyubahiro, niwe waganirije abana muri uyu muhango ababwira ko umuganura kuva na kera wizihizwaga abantu bagasabana bagasangira ibyo bejeje.

Yagize ati ” kuva kera uyu mucyo wo kuganura wahozeho, iyo Abanyarwanda bezaga bafataga umunsi bakawuharira umuganura bagasangira kubyo babaga bejeje bagasabana bagasoma ku ntango babaga benze bagasangira ibiryo bya Kinyarwanda birimo umutsima w’amasaka, ibigori, ibijumba, imyumbati, ibirayi ndetse bagasomeza amata byarimba bagasogongera no ku ntango babaga bateguye ubundi bagatarama bakizihirwa. Niyo mpamvu namwe twashatse gutegura ibi birori tugirango mwunguke byinshi ku bijyanye n’umuco Nyarwanda nimujya mwumva umunsi nk’uyu ntimukumve ari bishya kuri mwe.”

Umuganura mu gihe cy’abami wari umuhango mwiza kuko niho umwami yasangiriraga n’abaturage akamenya uko umwero wagenze, uyu munsi mu Rwanda uhabwa agaciro kuko nta kazi kajyanye n’imirimo ya leta gakorwa kuri uwo munsi kuko hatangwa ikiruhuko cy’uwo munsi.

Abana basangiye ibiryo bya kinyarwanda birimo umutsima w’amasaka, ibijumba, imyumbati basomeza amata.
Banasomye ku ntango nkuko kera babigenzaga iyo babaga bari mu muhango wo kuganura.
Umuyobozi wungirije wa gereza y’abana ya Nyagatare SP Richard Cyubahiro yabaganirije byinshi bijyanye n’umuganura.
Muri uyu muhango abana babyinnye ibyino za kinyarwanda bagaragaza uko mu muhango wo kuganura bizihirwaga.
Bakinnye amakinamico atandukanye ajyanye n’uwo munsi mu buryo wabonaga ko bunogeye amaso ababirebaga.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

7 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.