Categories: Amakuru ya RCSSlider

Gusura kuri za gereza bigiye kuzajya biba kuwa gatandatu aho kuba kuwa gatanu nkuko byari bisanzwe

Ni gahunda itaratangira kuko biteganyijwe ko gusura ku munsi wa gatandatu wa buri cyumweru, bizatangira muri uku kwezi taliki ya 20 Kanama 2022, ibi bigiye gukorwa mu rwego rwo gufasha abantu bafite imirimo itandukanye baburaga uburyo bwo gusura ababo bari muri gereza kubera impamvu z’igihe bijyanye n’imiterere y’akazi, kuko nk’abakozi ba leta kuwa gatanu bikunze kubagora bitewe nuko iba ari iminsi y’akazi, ugasanga abakoresha babo bakunda kubimpa impushya bitewe n’akazi gahari, ibi bikaba bizabafasha gusura bisanzuye kuko uwa gatandatu uba uri mu minsi yabo y’ikiruhuko (weekend).

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS, ruramenyesha abafite ababo muri gereza zitandukanye ko guhera ku itariki yavuzwe haruguru gusura bizajya biba ku munsi wa gatandatu bigakorwa nkuko byari bisanzwe bikorwa ntacyahindutse ahubwo ari uburyo bwo gufasha n’abari bafite imbogamizi zo kubona uko bagera ku nshuti n’imiryango yabo bari muri gereza zitandukanye mu gihugu.

Ni gahunda izakomeza kandi byitezwe ko izatanga ibisubizo ku bantu benshi batabonaga umwanya cyangwa se bakabeshya izindi mpamvu zituma babona uko bava kukazi ngo babone uko bagera ku bavandimwe babo bari muri gereza.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.