Categories: Amakuru ya RCSSlider

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Iyi Misa yari yitabiriwe abagororwa batari bacye, yitabiriwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS CSUPT Hillary E. Sengabo ari nawe wari uhagariye Komiseri Mukuru wa RCS, Abapadiri, A babikira, abahagarariye CARTAS muri Diyoseze ya Kabgayi ndetse n’abakozi ba RCS bakorera ku Igororero rya Muhanga.

Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa yatambagiye Igororero ryose aha Umugisha abagororwa.

Musenyeri Ntivuguruzwa, watangiye amasakaramentu muri Gororero, yifurije amahoro abari baje muri iki gitambo cya misa, asaba abagororwa  kujya bahumurizanya, abibutsa ko n’ubwo ari abanyabyaha imbere y’amategeko ariko mu maso y’Imana bakiri abana bayo.

Ati” Mbifurije amahoro ya Kristu wapfuye akazuka. Ni mukomere, mukomere mu kwemera, nimukomere mu buzima murimo bwa buri munsi. Nimwegere Yezu Kristu.  Nimwandike amateka kandi meza.”

Yakomeje ashimira Ubuyobozi bwa RCS n’ubw’Igororero rya Muhanga ku bufatanye bagira ngo basohoze umurimo w’iyogezabutumwa ku bantu bari mu magororero.  Yashimiye abahawe amasakaramentu, abasaba kutazadohoka mu nzira nziza bahisemo yo kugana Imana, abibutsa ko amasakaramentu adahabwa intugane, ahubwo  ari ahabwa abafunguriye Imana umutima wabo kugirango iwuzuzemo Ingabire zayo maze iberekeze inzira yo kwitagatifuza.

Kiliziya Gatolika igira uruhare rukomeye mu bikorwa by’igorora ibicishije mu ivugabutumwa ikorera mu magororero yose mu gihugu no mu bikorwa by’urukundo bitandukanye bakorera abagororwa.  Ibi bifasha abagororwa mu by’isanamitima, abafite intimba bakaruhuka  n’abagiraga ipfunwe bakabohoka.

Abagororwa bahawe amasakarementu muri iyi misa, bashimiye Musenyeri wabasuye uyu munsi, bavuga ko umunsi nk’uyu udasanzwe. Bavuze iyo bahawe Misa bibafasha kwegerana n’Imana, bikabereka ko n’ubwo bakoze ibyaha ariko batajugunywe ndetse bagifite agaciro mu muryango mugari. 

Nyuma y’iki gitambo cya Misa, Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa yashyikirije Igororero rya Muhanga inkunga y’abagororwa igizwe  n’ibiribwa n’imyambaro bifite agaciro k’asaga Miliyoni 9, bikaba byatanzwe na CARTAS ya Diyoseze ya Kabgayi ari nayo iri Gororero riherereyemo.

Mu Igororero rya Muhanga, Abakiristu Gatolika bibumbiye muri Homonori yisunze Mutagatifu Mariya Madalina, ikaba igizwe n’Abakiristu 1318 bisanga mu miryangoremezo 46, uturere 5 n’inama nkuru. Muri iyi miryangoremezo niho Abakristu bigira inyigisho zitandukanye za Kiliziya, ni naho hakorerwa amasengesho atandukanye bakanungurana ibitekerezo.

Umuvugizi wa RCS, CSUPT Hillary E. Sengabo yari ahagarariye Komiseri Mukuru wa RCS muri ibi birori.

Placide MUTABAZI

Recent Posts

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 month ago

This website uses cookies.