Muri iki gikorwa, abakozi b’imiryango ya DiDe,HAGURUKA na Prison fellowship Rwanda bitabiriye iki gikorwa cyo gusuzuma urwego n’umusaruro w’ibiganiro bya mvurankuvure muri ayo magororero, aho abagororwa b’abayoborabiganiro banabihuguriwe bagaragaje ko inyigisho za Mvurankuvure zikomeje kubohora imitima yabo.
Nyiransabimana Josiane ugororerwa mu igororero ry’abagore rya Ngoma akaba n’umuyoborabiganiro wabihuguriwe, avuga ko ibiganiro bya mvurankuvure byafashije cyane mu gukora ku Mutima y’abantu bafunzwe kibageza ku kwihana no gusaba imbabazi ikintu giteza imbere ubumwe n’ubwiyunge.
Kayisire Benigne Umufashamyumvire n’umwarimu wahuguye aba bagororwa yavuze ko “Amasomo yatanzwe mu rwego rwo gufasha abagororwa kongera kwiyubaka kugira ngo na nyuma yo gusoza ibihano byabo bazabe barahindutse kdi bashobora kubana neza n’abandi no kwiyubaka muri rusange
Yagize ati” Amasomo twatanze ni afasha mu gukira ibikomere by’umutima, kugira ubushobozi bushingiye ku bumenyi bigafasha kandi abagororwa kwiyubaka kugira ngo na nyuma yo gusubira mu miryango yabo bazabane neza n’abandi, kwiteza imbere, guteza imbere imiryango yabo n’Igihugu Muri Rusange”
Umuyobozi w’Igororero rya Ngoma SP Roselyne Uwamahoro Magera,avuga ko izi nyigisho zifasha mu rwego rwo kugorora no guhashya Isubiracyaha.
Yagize ati” Izi nyigisho za Mvurankuvure zifasha abagororwa n’abantu bafunzwe kugororoka kuko zituma barushaho kongera gutecyereza ku byaha bakoze,hanyuma bigatuma bicuza bakanafata umwanzuro wo kutazongera kwishora mu byabatera isubiracyaha.”
Iki gikorwa kizamara imyaka ibiri aho hamaze guhugurwa abasaga 360 mu magororero ya Musanze,Ngoma,Nyagatare na Nyamagabe.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
This website uses cookies.