Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abagororwa bahamya ko inyigisho za mvurankuvure zabafashije kubohoka imitima

Muri iki gikorwa, abakozi b’imiryango ya DiDe,HAGURUKA na Prison fellowship Rwanda bitabiriye iki gikorwa cyo gusuzuma urwego n’umusaruro w’ibiganiro bya mvurankuvure muri ayo magororero, aho abagororwa b’abayoborabiganiro banabihuguriwe bagaragaje ko inyigisho za Mvurankuvure zikomeje kubohora imitima yabo.

Nyiransabimana Josiane ugororerwa mu igororero ry’abagore rya Ngoma akaba n’umuyoborabiganiro wabihuguriwe, avuga ko ibiganiro bya mvurankuvure byafashije cyane mu gukora ku Mutima y’abantu bafunzwe kibageza ku kwihana no gusaba imbabazi ikintu giteza imbere ubumwe n’ubwiyunge.

Kayisire Benigne Umufashamyumvire n’umwarimu wahuguye aba bagororwa yavuze ko “Amasomo yatanzwe mu rwego rwo gufasha abagororwa kongera kwiyubaka kugira ngo na nyuma yo gusoza ibihano byabo bazabe barahindutse kdi bashobora kubana neza n’abandi no kwiyubaka muri rusange

Yagize ati” Amasomo twatanze ni afasha mu gukira ibikomere by’umutima, kugira ubushobozi bushingiye ku bumenyi bigafasha kandi abagororwa kwiyubaka kugira ngo na nyuma yo gusubira mu miryango yabo bazabane neza n’abandi, kwiteza imbere, guteza imbere imiryango yabo n’Igihugu Muri Rusange”

Umuyobozi w’Igororero rya Ngoma SP Roselyne Uwamahoro Magera,avuga ko izi nyigisho zifasha mu rwego rwo kugorora no guhashya Isubiracyaha.

Yagize ati” Izi nyigisho za Mvurankuvure zifasha abagororwa n’abantu bafunzwe kugororoka kuko zituma barushaho kongera gutecyereza ku byaha bakoze,hanyuma bigatuma bicuza bakanafata umwanzuro wo kutazongera kwishora mu byabatera isubiracyaha.”

Iki gikorwa kizamara imyaka ibiri aho hamaze guhugurwa abasaga 360 mu magororero ya Musanze,Ngoma,Nyagatare na Nyamagabe.

 

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

17 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.