Muri iki gikorwa, abakozi b’imiryango ya DiDe,HAGURUKA na Prison fellowship Rwanda bitabiriye iki gikorwa cyo gusuzuma urwego n’umusaruro w’ibiganiro bya mvurankuvure muri ayo magororero, aho abagororwa b’abayoborabiganiro banabihuguriwe bagaragaje ko inyigisho za Mvurankuvure zikomeje kubohora imitima yabo.
Nyiransabimana Josiane ugororerwa mu igororero ry’abagore rya Ngoma akaba n’umuyoborabiganiro wabihuguriwe, avuga ko ibiganiro bya mvurankuvure byafashije cyane mu gukora ku Mutima y’abantu bafunzwe kibageza ku kwihana no gusaba imbabazi ikintu giteza imbere ubumwe n’ubwiyunge.
Kayisire Benigne Umufashamyumvire n’umwarimu wahuguye aba bagororwa yavuze ko “Amasomo yatanzwe mu rwego rwo gufasha abagororwa kongera kwiyubaka kugira ngo na nyuma yo gusoza ibihano byabo bazabe barahindutse kdi bashobora kubana neza n’abandi no kwiyubaka muri rusange
Yagize ati” Amasomo twatanze ni afasha mu gukira ibikomere by’umutima, kugira ubushobozi bushingiye ku bumenyi bigafasha kandi abagororwa kwiyubaka kugira ngo na nyuma yo gusubira mu miryango yabo bazabane neza n’abandi, kwiteza imbere, guteza imbere imiryango yabo n’Igihugu Muri Rusange”
Umuyobozi w’Igororero rya Ngoma SP Roselyne Uwamahoro Magera,avuga ko izi nyigisho zifasha mu rwego rwo kugorora no guhashya Isubiracyaha.
Yagize ati” Izi nyigisho za Mvurankuvure zifasha abagororwa n’abantu bafunzwe kugororoka kuko zituma barushaho kongera gutecyereza ku byaha bakoze,hanyuma bigatuma bicuza bakanafata umwanzuro wo kutazongera kwishora mu byabatera isubiracyaha.”
Iki gikorwa kizamara imyaka ibiri aho hamaze guhugurwa abasaga 360 mu magororero ya Musanze,Ngoma,Nyagatare na Nyamagabe.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.