Categories: Amakuru ya RCS

Abacungagereza bahagurukiye kurwanya ibyaha bikorerwa muri gereza

Abayobozi batandukanye b’amagereza ndetse nab’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe imfungwa n’Abagororwa RCS bari mu Ishuri ryigisha amategeko I Nyanza aho barimo guhabwa ubumenyi ku buryo bwo kurwanya ibyaha bikorerwa muri gereza. Nkuko byatangajwe na Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS DCGP Mary Gahonzire ubwo yatangizaga ayo mahugurwa ku mugaragaro abacungagereza bagomba guhabwa ubumenyi butandukanye bwo gukusanya amakuru y’uko imfungwa n’abagororwa babayeho muri gereza kuko ahateraniye abantu benshi bashobora kuba abakora ibyaha. DCGP Mary Gahonzire aganira n’abacungagereza bitabiriye aya mahugurwa yabasobanuriye ko abacungagereza bose bagomba kubona aya mahugurwa yo gukusanya amakuru ajyanye n’umutekano wa gereza. Ni muri urwo rwego yasahaye ishingano abo bitabiriye ayo masomo kuzahugura abandi bacungereza.  Amahugurwa nkaya akaba ari ayo gukumira ko hari icyaha cyakorerwa muri gereza.

 Aya masomo ajyanye n’umutekano arimo kwigishwa abacungagereza muri ILPD, aratangwa n’impuguke y’umunyaisraheli ZUR KREDO. Ubuyobozi bw’ishuri ry’amategeko ry’I Nyanza ILPD mu izina rya NDAYISABA Emmanuel atangaza ko kuba RCS itegurira abacungagereza amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru ajyanye n’ubutabera ndetse n’umutekano bijyanye  no kunoza umwuga wo kurinda gereza  bituma umuryango mpuzamahanga ugirira ikizere u Rwanda, ukarusaba abacungagereza bajya kubungabunga amahoro mu bihugu bitandukanye. Umuyobozi wa gereza yemerewe kugenza icyaha cyabereye muri gereza, umugororwa wagikoze akaba yamukorera dosiye ishyikirizwa urukiko rukakimukurikiranaho. Aya mahugurwa azamara iminsi 15 yitabiriwe n’abacungagereza 30 .

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.