Categories: Amakuru ya RCS

Bwambere Imfungwa n’Abagororwa bagiye gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’ayisumbuye mu Rwanda

Gereza y’abana ya Nyagatare yatangiye kugororerwamo 2004 igirwa iy’abana kuva mu 2009, iyi gereza ifite ubutaka bungana na 6Ha, imyubako zikaba ziri uri 1Ha, ifungiyemo abana bose hamwe 295, barimo abakobwa 22 n’abasore 273 bakoze ibyaha bitandukanye birimo nk’ubujura, gusambanya abandi bana ku ngufu, ubwicanyi n’ibindi.

Muri iyi gereza bafite uburenganzira busesuye ku imikino inyuranye, imyitozo ngororamubiri, amasomo yokugorora , y’uburerembonera gihugu, kwihangira imirimo, ndetse n’amasomo asanzwe aho mu mashuri abanza higa abana 186, mu yisumbuye ubu higa 14 naho mu myuga hakiga 96.

N’ubwambere aba bana baba bagiye gukora ikizamini cya Leta mubyiciro bitandukanye hari Abana batanu (5) bari kwitegura gukora ikizamini gisoza ikiciro rusange cy’amashuri yisumbuye (Tronc Commun) naho 11 bari kwitegura gukora ikizamini gisoza amashuri abanza. Aba bana bakaba bafungiye ibyaha binyuranye.

Kuri uyu wa kabiri basuwe na Komiseri mukuru  wa RCS CGP George Rwigamba, yasuye iyi gereza  murwego we yise “gutera akanyabugabo” abo bana b’abanyeshuri bagiye gukora ikizamini za cya Leta bwa mbere mumagereza y’u Rwanda.

Komiseri mukuru  wa RCS CGP George Rwigamba yavuze ko iki ari igikorwa cyiza kandi kibayeho bwa mbere, ngo yizeye ko kizakomeza kikaba buri mwaka kuko aba bana bafite amahirwe yo kwiga nubwo bafunze.

Abandi bana basigaye bagera ku 186 bafungiye kuri gereza ya Nyagatare biga imyuga, bo bazajya bakora ibizamini babifashijwemo na  WDA.

rcspet

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

23 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.