Amahugurwa yo kwita kuri Biogaz, ingufu zituruka mu myanda zikifashisha mu bikorwa bitandukanye harimo guteka ndetse no kubona umuriro yaberaga kuri Gereza ya Nyarugenge yasojwe uy umunsi.
Ni amahugurwa yahabwaga abacungagereza baturutse kuri Gereza zitandukanye mu Rwanda uko ari 13, bita ku ngufu zituruka ku myanda (Biogaz) zikifashishwa mu bikorwa bitandukanye nko guteka byakabaye bikoresha inkwi mu gutunganya ibiryo by’Imfungwa n’Abagororwa.
Abahuguwe basobanuriwe bihagije imikorere ya Biogaz ndetse n’akamaro kayo muri iki gihe isi iri mu nkundura yo kurengera ibidukikije kuko itangiza ibidukikije ugereranyije no gukoresha inkwi kuko idasohora umwotsi nka kimwe mu bintu bikunda kugarukwaho mu byangiza akayunguruzo k’izuba kandi ikaba ifasha mu kwimakaza isuku muri rusange.
Abasoje amahugurwa bishimiye amasomo bahungukiye ndetse biyemeza kuzayashyira mu bikorwa kuri za Gereza aho bakorera.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
This website uses cookies.