Categories: Amakuru ya RCS

Abacungagereza 25 bo kuri Gereza ya Nyamagabe bahawe amahugurwa yo gufasha uwahuye n’ihungabana

kuri  Gereza ya Nyamagabe uyu munsi kuwa 08 Gashyantare 2022, bahawe amahugurwa y’umunsi umwe yahawe abacungagereza, ajyanye no kwita ku muntu wahuye n’ihungabana hagamijwe kwita ku buzima bwo mu mutwe igihe umuntu yahuye nicyo kibazo.

Ni amahugurwa yatanzwe n’Umuryango utegamiye kuri Leta “Goodnewsrwanda” ku bufatanye na RCS, icyari kigambiriwe muri ayo mahugurwa ni uguha ubumenyi abacungagereza bujyanye no kwita ku wahuye n’ihungabana cyane ku mfungwa n’Abagororwa mu gihe bari muri Gereza hagamijwe kubungabunga no kwita ku buzima bwo mumutwe, kuko uwo muryango ufite inshingano zo kwita ku bana bo ku muhanda, kurwanya ubukene, guharanira amahoro ndetse no kurengera uburenganzira bw’ikiremwa-muntu.

Umuyobozi wa Gereza ya Nyamagabe, SSP Marie Grace Ndwanyi, ni we wafunguye aya mahugurwa, aha ikaze abaje kuyatanga anasaba abayitabiriye kuyakurikirana neza, kuko ari amahirwe bagize.

Yagize:” Tubahaye ikaze kuri gereza ya Nyamagabe tubashimira n’umwanya wanyu wo kuza kuduhugura, ku bijyanjye no kwita ku bahungabanye ndetse nasaba abitabiriye aya mahugurwa kuyaha agaciro, kuko aya ari amahirwe mubonye ndetse nkaba mbashishikariza kuzasangiza ubumenyi muri bukuremo abatabashije kuyitabira.”

Umuyobozi w’uwo muryango Pius Nyakayiro ari kumwe na Hamne Gunilla, ni bo batanze amahugurwa kuri abo bacungagereza bagera kuri 25, bashobora gufasha abantu bahuye n’ikibazo cy’ihungabana hagamijwe kubungabunga no kwita ku buzima bwo mu mutwe.

Aya mahugurwa biteganyijwe ko ku munsi w’ejo azakomeza aho azahabwa Imfungwa n’Abagororwa bagera kuri 50 bazafasha abandi batazabasha kuyitabira.

rcspet

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

24 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.