Categories: Amakuru ya RCS

Abacungagereza 25 bo kuri Gereza ya Nyamagabe bahawe amahugurwa yo gufasha uwahuye n’ihungabana

kuri  Gereza ya Nyamagabe uyu munsi kuwa 08 Gashyantare 2022, bahawe amahugurwa y’umunsi umwe yahawe abacungagereza, ajyanye no kwita ku muntu wahuye n’ihungabana hagamijwe kwita ku buzima bwo mu mutwe igihe umuntu yahuye nicyo kibazo.

Ni amahugurwa yatanzwe n’Umuryango utegamiye kuri Leta “Goodnewsrwanda” ku bufatanye na RCS, icyari kigambiriwe muri ayo mahugurwa ni uguha ubumenyi abacungagereza bujyanye no kwita ku wahuye n’ihungabana cyane ku mfungwa n’Abagororwa mu gihe bari muri Gereza hagamijwe kubungabunga no kwita ku buzima bwo mumutwe, kuko uwo muryango ufite inshingano zo kwita ku bana bo ku muhanda, kurwanya ubukene, guharanira amahoro ndetse no kurengera uburenganzira bw’ikiremwa-muntu.

Umuyobozi wa Gereza ya Nyamagabe, SSP Marie Grace Ndwanyi, ni we wafunguye aya mahugurwa, aha ikaze abaje kuyatanga anasaba abayitabiriye kuyakurikirana neza, kuko ari amahirwe bagize.

Yagize:” Tubahaye ikaze kuri gereza ya Nyamagabe tubashimira n’umwanya wanyu wo kuza kuduhugura, ku bijyanjye no kwita ku bahungabanye ndetse nasaba abitabiriye aya mahugurwa kuyaha agaciro, kuko aya ari amahirwe mubonye ndetse nkaba mbashishikariza kuzasangiza ubumenyi muri bukuremo abatabashije kuyitabira.”

Umuyobozi w’uwo muryango Pius Nyakayiro ari kumwe na Hamne Gunilla, ni bo batanze amahugurwa kuri abo bacungagereza bagera kuri 25, bashobora gufasha abantu bahuye n’ikibazo cy’ihungabana hagamijwe kubungabunga no kwita ku buzima bwo mu mutwe.

Aya mahugurwa biteganyijwe ko ku munsi w’ejo azakomeza aho azahabwa Imfungwa n’Abagororwa bagera kuri 50 bazafasha abandi batazabasha kuyitabira.

rcspet

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

9 hours ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

1 week ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

This website uses cookies.