Categories: Amakuru ya RCS

Abacungagereza 25 bo kuri Gereza ya Nyamagabe bahawe amahugurwa yo gufasha uwahuye n’ihungabana

kuri  Gereza ya Nyamagabe uyu munsi kuwa 08 Gashyantare 2022, bahawe amahugurwa y’umunsi umwe yahawe abacungagereza, ajyanye no kwita ku muntu wahuye n’ihungabana hagamijwe kwita ku buzima bwo mu mutwe igihe umuntu yahuye nicyo kibazo.

Ni amahugurwa yatanzwe n’Umuryango utegamiye kuri Leta “Goodnewsrwanda” ku bufatanye na RCS, icyari kigambiriwe muri ayo mahugurwa ni uguha ubumenyi abacungagereza bujyanye no kwita ku wahuye n’ihungabana cyane ku mfungwa n’Abagororwa mu gihe bari muri Gereza hagamijwe kubungabunga no kwita ku buzima bwo mumutwe, kuko uwo muryango ufite inshingano zo kwita ku bana bo ku muhanda, kurwanya ubukene, guharanira amahoro ndetse no kurengera uburenganzira bw’ikiremwa-muntu.

Umuyobozi wa Gereza ya Nyamagabe, SSP Marie Grace Ndwanyi, ni we wafunguye aya mahugurwa, aha ikaze abaje kuyatanga anasaba abayitabiriye kuyakurikirana neza, kuko ari amahirwe bagize.

Yagize:” Tubahaye ikaze kuri gereza ya Nyamagabe tubashimira n’umwanya wanyu wo kuza kuduhugura, ku bijyanjye no kwita ku bahungabanye ndetse nasaba abitabiriye aya mahugurwa kuyaha agaciro, kuko aya ari amahirwe mubonye ndetse nkaba mbashishikariza kuzasangiza ubumenyi muri bukuremo abatabashije kuyitabira.”

Umuyobozi w’uwo muryango Pius Nyakayiro ari kumwe na Hamne Gunilla, ni bo batanze amahugurwa kuri abo bacungagereza bagera kuri 25, bashobora gufasha abantu bahuye n’ikibazo cy’ihungabana hagamijwe kubungabunga no kwita ku buzima bwo mu mutwe.

Aya mahugurwa biteganyijwe ko ku munsi w’ejo azakomeza aho azahabwa Imfungwa n’Abagororwa bagera kuri 50 bazafasha abandi batazabasha kuyitabira.

rcspet

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

7 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.